MUJAWAMARIYA v NIRERE N’UNDI
The Court of Appeal held that the delay in Mujawamariya Vestine's appeal was justified as it resulted from the need to correct a clerical error made by the lower court, not from her own inaction. The court found that documentary evidence established Mujawamariya Vestine's lawful purchase of the property from Nikuze...
Source-derived case information.
- Citation
- RCAA 00007/2021/CA
- Parties
- Appellant: Mujawamariya Vestine; Respondent: Nirere Sarah; Interested Party: Nikuze Marie
- Court
- Court of Appeal
- Jurisdiction
- Rwanda
- Judgment Date
- 11 November 2022
- Case Number
- RCAA 00007/2021/CA
- Procedural Posture
- Civil Appeal / Court of Appeal Final Judgment
- Outcome
- appeal allowed in part
- Legal Topics
- Land Ownership, Sale of Immovable Property, Appeal Procedure, Rectification of Judgments, Burden of Proof, Compensation and Costs
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Mujawamariya Vestine
Appellant
Nirere Sarah
Respondent
Nikuze Marie
Interested Party
Procedural Posture
Civil Appeal / Court of Appeal Final Judgment
Legal Issues
- 1 Whether the appeal by Mujawamariya Vestine was filed out of time
- 2 Whether the High Court ignored evidence presented by Mujawamariya Vestine regarding the purchase of the disputed property
- 3 Whether Mujawamariya Vestine should have been ordered to pay damages and costs to Nirere Sarah
Ratio Decidendi
The Court of Appeal held that the delay in Mujawamariya Vestine's appeal was justified as it resulted from the need to correct a clerical error made by the lower court, not from her own inaction. The court found that documentary evidence established Mujawamariya Vestine's lawful purchase of the property from Nikuze Marie, who had authority from Bideri Aaron, and that the High Court erred in disregarding this evidence. The court reversed the High Court's decision as it pertained to Mujawamariya Vestine and ordered Nirere Sarah to pay her costs and compensation.
Court Disposition
appeal allowed in part
Orders
- The appeal by Mujawamariya Vestine is allowed as to her claims.
- The High Court judgment RCA00241/2019/HC/KIG as rectified by RS/RECT/RC 00024/2021/HC/KIG is reversed as to Mujawamariya Vestine.
Full Case Text
Judgment text and source record
38 paragraphs
# MUJAWAMARIYA v NIRERE N’UNDI
- Source: Amategeko - Section: Decisions (Judgements) - Date: 2022-11-11 - Case/document no.: RCAA 00007/2021/CA - Collection: Court of Appeal
## Text
## Page 1
MUJAWAMARIYA v NIRERE N’UNDI [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RCAA 00007/2021/CA (Munyangeri P.J) 11 Ugushyingo 2022] Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza mbonezamubano – uburire – gutinda kujurira – gutinda kujurira kwatewe no gukosoza urubanza – Ntabwo byakwitwa gutinda kujuririra urubanza mu gihe ugutinda kwatewe n’ikosa ry’Urukiko rwaruciye mbere rikosorwa no kongera kurutangamo ikirego cyo gukosoza urubanza, Kandi ikosa ry’imyandikire rikosorwa n’Urukiko rwajuririwe. Incamake y’kibazo: Uru rubanza rwatangiye Mujawamariya arega mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu buryo bw’inyandiko nsobanurakirego itanzwe n’umuburanyi umwe, asaba Urukiko gutegeka ko ubutaka bubaruye kuri UPI: 1/01/09/04/232 bumwandikwaho kuko yagiranye amasezerano na Bideri ahagarariwe n’umwana we Nikuze y’ubugure bw'inzu iri mu kibanza kiburanwa ariko mu gihe bagakoze ihererekanya ry'ubutaka, Bideri yitaba Imana bitarakorwa. Mu rubanza RC00920/2018/TGI/NYGE rwaciwe ku wa 05/11/2018, Urukiko rwemeje ko ikirego cye nta shingiro gifite, ko ubutaka bwanditse kuri UPI: 1/01/09/04/232 butagomba kumwandikwaho. Mujawamariya yajuririye icyo cyemezo mu Rukiko Rukuru, avuga ko yasobanuriye Urukiko Rwisumbuye ko abana na Rutaremara nk’umugabo n’umugore nubwo batasezeranye mu buryo bwemewe n’Amategeko, kandi ko Rutaremara yemera ko ari Mujawamariya waguze, ko kwandika ko ari Rutaremara waguze umutungo uburanwa yagendeye ku kuba yari umugabo we, kandi ko hari inyandiko y’amasezerano yasinyweho n’ubuyobozi ko Mujawamariya ari we waguze, ariko Urukiko ntirubihe agaciro. Urukiko Rukuru mu rubanza RCA00379/2018/HC/KIG rwemeje ko ubujurire bwatanzwe na Mujawamariya Vestine bufite ishingiro, ko urubanza RC00920/2018/TGI/NYGE ruhindutse kuri byose, ko ikibanza kiburanwa cyandikwa kuri Mujawamariya. Nyuma yaha Nirere yaregeye Urukiko Rukuru, atambamira imikirize y’urubanza RCA00379/2018/HC/KIG arega Mujawamariya, avuga ko Nikuze yagurishije umutungo wa se Bideri atabifitiye ububasha, asaba ko ubwo bugure buteshwa agaciro, anasaba ko Nikuze agobokeshwa ku gahato, maze Urukiko rwemeza ko Nikuze agobokeshwa mu rubanza. Urukiko Rukuru mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwemeje ko ikirego cyo gutambamira urwo rubanza gifite ishingiro, ko nta masezerano y’ubugure bw’umutungo ubaruye kuri UPI:1/01/09/04/232 yabayeho, rutegeka ko yaba Mujawamariya, yaba Rutaremara batagomba kwandikwaho uwo mutungo. Mujawamariya yongeye gutanga ikirego mu Rukiko Rukuru, asaba ko amakosa agaragara mu myandikire y’urubanza RCA00241/2019/HC/KIG, avuga ko hakozwemo amakosa y’imyandikire, aho urubanza rwahawe nomero RCA kandi atari urubanza rw’ubujurire, ko rwagombaga guhabwa nomero RC, Yavuze kandi ko ku mutwe w’urubanza ahabanza, hakosorwa hakandikwa ko “ruciye urubanza ku kirego cyo gutambamira urubanza cyatanzwe ku rwego rwa mbere na Nirere. Urukiko Rukuru mu rubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG, rwemeje ko ikirego cyatanzwe na Mujawamariya gifite ishingiro kuri bimwe, rutegeka ko muri matolewa y’urubanza RCA 00241/2019/HC/KIG, ku mutwe wayo ahanditse ‘’URUKIKO RUKURU RURI I KIGALI KU CYICARO CYARWO,
## Page 2
RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’IMBONEZAMUBANO KU RWEGO RW’UBUJURIR hahindutse: URUKIKO RUKURU RURI I KIGALI KU CYICARO CYARWO, RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’IMBONEZAMUBANO KU RWEGO RWA MBERE. Mujawamariya yajuririye urubanza RCA 00241/2019/HC/KIG rwakosowe hamwe n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG mu Rukiko rw’Ubujurire, avuga ko Urukiko Rukuru rwirengagije nkana ibimenyetso yarushyikirije bigaragaza ko inzu n’ikibanza yubatsemo yabiguze mu buryo no mu nzira zikurikije amategeko, ko rwirengagije nkana ko Bideri mu guha umwana we Nikuze uburenganzira bwo kumugurishiriza inzu yari abifitiye ububasha n’uburenganzira, ko rwahaye agaciro imvugo ya Nirere itavugisha ukuri yahimbye nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we. Urukiko rwasuzumye inzitizi yo kutakira ikirego yatanzwe na Nirere avuga ko Mujawamariya yatanze ikirego cy’ubujurire akererewe bisumirwa rimwe n’urubanza mu mizi. Uhagarariye Nirere Sarah asobanura ko ku wa 10/03/2021 Mujawamariya yajuririye urubanza rw’iremezo RCA00241/2019/HC/KIG hamwe n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021 rurukosora, kandi urubanza RCA00241/2019/HC/KIG yararumenye ku wa 08/05/2020 rugisomwa, kuko ababuranyi bose baburanye bahari, ko rero yarengeje igihe cy’ukwezi kumwe guteganywa n’Itegeko , akaba abona Mujawamariya Vestine adakwiye kujuririra urubanza rw’iremezo kubera ko igihe cyo kurujuririra cyarangiye mu gihe yarimo akosoza. Uwunganira Mujawamariya avuga ko uwo yunganira yajuririye urubanza rw’iremezo ku gihe, Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko rudafite ububasha ajya kurukosoza, nyuma yo gukosoza aba ari bwo Urukiko rwemeza ko rufite ububasha, akaba asanga Urukiko rw’Ubujurire rutari rukwiye kuvuga mbere ko rudafite ububasha kubera ikibazo cy’ikosa ry’imyandikire y’urubanza rwajuririrwaga, ko ahubwo rwari kwakira ubwo bujurire, rukazakosora iryo kosa ry’imyandikire ryari ryakorewe mu Rukiko Rukuru, kuba Mujawamariya yaragiye gukosoza urubanza bikaba bitafatwa nk’aho ari we watinze kujurira. Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko kuba Mujawamariya yarajuririye urubanza rw’iremezo hamwe n’urubanza rurukosora, nubwo yarengeje igihe cy’ukwezi kumwe guteganywa n’Itegeko ku bireba urubanza rw’iremezo, nta cyamubuza kurujuririra kubera ko igihe cyo kurujuririra cyarangiye mu gihe yarimo arukosoza, kandi ikosa ryakosorwaga ryarakozwe n’urukiko ryaje no gukosorwa koko hakemezwa ko ubujurire bwe bugomba kwandikwa. Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko Mujawamariya atakererewe kujuririra urubanza n˚ RCA 00241/2019/HC/KIG kuko haba ku bujurire bwa mbere butanditswe kandi bwaragombaga kwandikwa, hagaragajwe ko bwari bwaratangiwe ku gihe ndetse na nyuma yo gukosora urubanza yashakaga kujurira, ubujurire bwatangiwe ku gihe. Ku bijyane no kumenya niba Urukiko Rukuru rwarirengagije ibimenyetso byatanzwe na Mujawamariya, uhagarariye Mujawamariya avuga ko mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwakosowe n’urubanza n° RS/RECT/RC00024/2020/HC/KIG, Urukiko Rukuru rwirengagije ibimenyetso bidashidikanywaho yarushyikirije, bigaragaza ko inzu n’ikibanza yubatsemo yabiguze mu buryo no mu nzira bikurikije amategeko, bigizwe n’amasezerano y’ubuguree hagati ye na Nikuze, inyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri yakoreye imbere y’ubuyobozi bw’Akagari ka Kirwa, yemeza ko yahaye umukobwa we witwa Nikuze uburenganzira bwo kumugurishiriza inzu ye iri mu Rwampara, n’inyandiko yo ku wa 07/12/2011 yanditswe na Bideri, yemeza ko yagurishije Rutaremara
## Page 3
inzu ye iri mu Rwampara, akaba agomba kuyandikwaho kuko ari iye, avuga kandi ko Urukiko rutitaye ku bisobanuro yatanze by’uko yabanaga na Rutaremara nk’umugore n’umugabo mu buryo butemewe n’amategeko, bakaba basangiye umutungo baguze kuko ari uw’umuryango. Nikuze avuga ko umubyeyi we Bideri yamutumye, amuha ibyangombwa byose amugurishiriza uwo mutungo wari mu Rwampara, ko atari kumwe n’abaza kunyaga ibyagurishijwe ku mugaragaro kandi bikagurishwa nyirabyo ahibereye, akaba asanga we n’abavandimwe be nta n’uburenganzira bafite bwo kuburana ibintu bitakiri ibyabo. Uhagarariye Nirere asobanura ko uwagurishije yabikoze nta butumwa afite yahawe na nyir’umutungo ndetse n’uwaguze yabikoze nta burenganzira asabye, avuga ko atumva ukuntu Gitifu w’Akagari ka Kirwa yemeye gushyira umukono kuri iyo nyandiko nyamara nyir’umutungo we atayishyizeho umukono. Avuga ko mu nyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri yemeje ko yahaye umukobwa we Nikuze uburenganzira bwo kumugurishiriza umutungo we nyamara ngo muri iyo nyandiko ntiyagaragaje uwayiguze, niba ari Rutaremara cyangwa ari Mujawamariya. Asaba ko hagumaho imikirize y’urubanza rujuririrwa. Urukiko rw’ubujurire mu rubanza RCAA 00007/2021/CA, rwemeje ko ibimenyetso by’inyandiko byatanzwe na Mujawamariya bigaragaza neza ko Nikuze yamugurishije inzu ya Bideri afite uburenganzira butanditse, byaje kwemezwa na Bideri ko koko yari yamuhaye uburenganzira bwo kumugurishiriza, Urukiko rwashingiye ku biteganywa n’amategeko ndetse no ku isesengura ry’ibimenyetso rwakoze. bityo, rwemeza ko ubujurire ya Mujawamariya bufite ishingiro. Naho Ku birebana nibyo Nirere yifuza ko Mujawamariya amusubiza amafaranga y’ingurane yahawe isimbura umutungo uburanwa kubera ko utagihari, Urukiko rwemeje ko icyo kibazo kitagomba gusuzumwa, kuko hagaragajwe ko Mujawamariya atsinze. Incamake y’icyemezo: 1. Ntabwo byakwitwa gutinda kujuririra urubanza mu gihe ugutinda kwatewe n’ikosa ry’Urukiko rwaruciye mbere rikosorwa no kongera kurutangamo ikirego cyo gukosoza urubanza, Kandi ikosa ry’imyandikire rikosorwa n’Urukiko rwajuririwe niyo bwaba ubujurire bwa kabiri. Bityo Urukiko rw’Ubujurire rwagombaga kwakira ubujurire bugakosora amakosa y’imyandikire, kuko haba ku bujurire bwa mbere butanditswe kandi bwaragombaga kwandikwa, bwari bwaratangiwe ku gihe ndetse na nyuma yo gukosoza urubanza ubujurire bwatangiwe ku gihe. 2.Inyandiko mpeshabubasha ishobora gutangwa mu mvugo kandi igahabwa agaciro mu rwego rw’Amategeko iyo nyirukuyitanga yabyemeje nyuma mu nyandiko ndetse hari n’abatangabuhamya. Bityo ibimenyetso bigaragaza ko habayeho gutanga Inyandiko mpeshabubasha bisuzumwa mu bushobozi bw’Urukiko. Ubujurire bufite ishingiro. Amategeko yashingiweho: Itegeko N˚ 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, Ingingo ya 148,111
## Page 4
Itegeko N˚ 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo, Ingingo ya 3,65,108 Nta manza zifashishijwe Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Mujawamariya Vestine avuga ko ku wa 07/11/2010 yagiranye na Bideri Aaron ahagarariwe n’umwana Nikuze Marie amasezerano y’ubugure bw'inzu iri mu kibanza UPI : 1/01/09/04/232, giherereye mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Rwampara, Umurenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge, akishyura amafaranga angana na miliyoni ebyiri n'ibihumbi magana atanu (2.500.000Frw), mu gihe bagakoze ihererekanya ry'ubutaka, Bideri Aaron yitaba Imana mu mwaka wa 2012. [2] Mujawamariya Vestine yaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu buryo bw’inyandiko nsobanurakirego itanzwe n’umuburanyi umwe, asaba Urukiko gutegeka ko ubutaka bubaruye kuri n° UPI : 1/01/09/04/232 bumwandikwaho. Mu rubanza RC00920/2018/TGI/NYGE rwaciwe ku wa 05/11/2018, Urukiko rwemeje ko ikirego cyatanzwe na Mujawamariya Vestine nta shingiro gifite, ko ubutaka bwanditse kuri UPI : 1/01/09/04/232 butagomba kumwandikwaho, rutegeka ko 20.000Frw y’amagarama y’urubanza yatanze arega, ahwanye n’ibyakozwe muri urwo rubanza. [3] Mujawamariya Vestine yajuririye icyo cyemezo mu Rukiko Rukuru, avuga ko yasobanuriye Urukiko Rwisumbuye ko abana na Rutaremara Tharcisse nk’umugabo n’umugore mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kandi ko Rutaremara Tharcisse yemera ko ari Mujawamariya Vestine waguze, ko kwandika ko ari Rutaremara Tharcisse waguze umutungo uburanwa hashingiwe ku kuba yari umugabo we, kandi ko hari inyandiko y’amasezerano yasinyweho n’ubuyobozi ko Mujawamariya Vestine ari we waguze, ariko ntirubihe agaciro. [4] Mu rubanza RCA00379/2018/HC/KIG rwaciwe ku wa 27/11/2018, Urukiko Rukuru rwemeje ko ubujurire bwatanzwe na Mujawamariya Vestine bufite ishingiro, ko urubanza RC00920/2018/TGI/NYGE ruhindutse kuri byose, ko ikibanza gifite nº UPI : 1/01/09/04/232 giherereye mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Rwampara, Umurenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge cyandikwa kuri Mujawamariya Vestine, ko kandi amagarama yatanzwe ahwanye n’ibyakozwe mu rubanza. [5] Ku wa 30/04/2019, Nirere Sarah yaregeye Urukiko Rukuru, atambamira imikirize y’urubanza RCA00379/2018/HC/KIG arega Mujawamariya Vestine, avuga ko Nikuze Marie yagurishije umutungo wa se Bideri Aaron atabifitiye ububasha, asaba ko ubwo bugure buteshwa agaciro, anasaba ko Nikuze Marie agobokeshwa ku gahato, maze Urukiko rwemeza ko Nikuze Marie agobokeshwa mu rubanza.
## Page 5
[6] Mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwaciwe ku wa 08/05/2020, Urukiko Rukuru rwemeje ko ikirego cyo gutambamira urubanza RCA00379/2018/HC/KIG cyatanzwe na Nirere Sarah gifite ishingiro, ko nta masezerano y’ubugure bw’umutungo ubaruye kuri UPI: 1/01/09/04/232 yabayeho, rutegeka ko yaba Mujawamariya Vestine, yaba Rutaremara Tharcisse batagomba kwandikwaho umutungo ubaruye kuri UPI: 1/01/09/04/232, ko urubanza RCA00379/2018/HC/KIG ruteshwa agaciro mu ngingo zarwo zose, rutegeka ko Mujawamariya Vestine na Nikuze Marie bafatanya guha Nirere Sarah 800.000Frw y’indishyi z’ibyo yatanze kuri urwo rubanza, no kumusubiza amafaranga y’igarama yishyuye atanga ikirego. [7] Ku wa 16/11/2020, Mujawamariya Vestine yatanze ikirego mu Rukiko Rukuru, akosoza amakosa agaragara mu myandikire y’urubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwaciwe ku wa 08/05/2020, cyandikwa kuri RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG, avuga ko hakozwemo amakosa y’imyandikire, aho urubanza rwahawe nomero RCA kandi atari urubanza rw’ubujurire, ko rwagombaga guhabwa nomero RC, asaba ko iryo kosa rikosorwa. Yavuze kandi ko mu gufata icyemezo, Urukiko rwavuze ko ruciye urubanza ku rwego rw’Ubujurire kandi nyamara atari kuri urwo rwego, asaba ko urubanza RCA00241/2019/HC/KIG rukosorwa rugahabwa RC aho guhabwa RCA, na ho ku mutwe w’urubanza ahabanza, hakandikwa “ruciye urubanza ku kirego cyo gutambamira urubanza cyatanzwe ku rwego rwa mbere na Nirere Sarah”. [8] Ku wa 21/01/2021, Urukiko Rukuru rwaciye urwo rubanza, rwemeza ko ikirego cyatanzwe na Mujawamariya Vestine gifite ishingiro kuri bimwe, rutegeka ko muri matolewa y’urubanza RCA00241/2019/HC/KIG, ku mutwe wayo ahanditse ‘’URUKIKO RUKURU RURI I KIGALI KU CYICARO CYARWO, RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’IMBONEZAMUBANO KU RWEGO RW’UBUJURIR hahindutse : URUKIKO RUKURU RURI I KIGALI KU CYICARO CYARWO, RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’IMBONEZAMUBANO KU RWEGO RWA MBERE…’’. [9] Mujawamariya Vestine yajuririye urubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwakosowe n’urubanza n° RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021 mu Rukiko rw’Ubujurire, ubujurire bwe bwandikwa kuri RCAA00007/2021/CA, avuga ko Urukiko Rukuru rwirengagije nkana ibimenyetso yarushyikirije bigaragaza ko inzu n’ikibanza yubatsemo yabiguze mu buryo no mu nzira zikurikije amategeko, ko rwirengagije nkana ko Bideri Aaron mu guha umwana we Nikuze Marie uburenganzira bwo kumugurishiriza inzu yari abifitiye ububasha n’uburenganzira, ko rwahaye agaciro imvugo ya Nirere Sarah itavugisha ukuri yahimbye nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we Bideri Aaron, agamije kumuhuguza umutungo yamugurishije akiriho, yinubira indishyi yategetswe gutanga, no gusubiza ingwate y’amagarama kandi ari we washowe mu manza kuko yaguze n’uwabiherewe ububasha mu buryo bukurikije amategeko, anasaba indishyi kuri uru rwego rw’ubujurire. [10] Iburanisha ry’urubanza ryashyizwe ku wa 05/01/2022, rigenda ryimurirwa ku matariki atandukanye bitewe n’impamvu zinyuranye, ruburanishwa mu ruhame ku wa 25/10/2022, Mujawamariya Vestine yunganiwe na Me Nkurunziza Jean Damascēne, Nirere Sarah ahagarariwe na Me Kabasenga Berthilde, Nikuze Marie yunganiwe na Me Kagame Kimonyo Alexis, hari n’abatangabuhamya Kajyambere Bernard na Muyoboke Thomas. Uruhande rwa Nirere Sarah rwatanze inzitizi yo kutakira ubujurire bwa Mujawamariya Vestine, Urukiko rufata cyemezo cyo kuzasuzuma iyi nzitizi hamwe n’urubanza mu mizi.
## Page 6
II. IBIBAZO BIGIZE URUBANZA N’ISESENGURA RYABYO 1.Kumenya niba ubujurire bwa Mujawamariya Vestine bwaratanzwe bukerewe [11] Me Kabasenga Berthilde uhagarariye Nirere Sarah avuga ko asanga ubujurire bwatanzwe na Mujawamariya Vestine butagomba kwakirwa, kubera ko yabutanze akererewe. Asobanura ko ku wa 10/03/2021 Mujawamariya Vestine yajuririye urubanza rw’iremezo RCA00241/2019/HC/KIG hamwe n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021 rurukosora, kandi urubanza RCA00241/2019/HC/KIG yararumenye ku wa 08/05/2020 rugisomwa, kuko ababuranyi bose baburanye bahari, ko rero yarengeje igihe cy’ukwezi kumwe guteganywa n’ingingo ya 140 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, akaba abona Mujawamariya Vestine adakwiye kujuririra urubanza rw’iremezo kubera ko igihe cyarwo cyo kurujuririra cyarangiye mu gihe yarimo akosoza, akaba asanga ibihe byaba byarubahirijwe mu gihe yaba yarajuririye urubanza RS/RECT/RC 00004/2020/HC/KIG. [12] Me Nkurunziza Jean Damascēne wunganira Mujawamariya Vestine avuga ko uwo yunganira yajuririye urubanza rw’iremezo ku gihe, Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko rudafite ububasha ajya kurukosoza, nyuma yo gukosoza aba ari bwo Urukiko rwemeza ko rufite ububasha, akaba asanga Urukiko rw’Ubujurire rutari rukwiye kuvuga mbere ko rudafite ububasha kubera ikibazo cy’ikosa ry’imyandikire y’urubanza rwajuririrwaga, ko ahubwo rwari kwakira ubwo bujurire, rukazakosora iryo kosa ry’imyandikire ryari ryakorewe mu Rukiko Rukuru, kuba Mujawamariya Vestine yaragiye gukosoza urubanza bikaba bitafatwa nk’aho ari we watinze kujurira. Uko Urukiko rubibona [13] Ingingo ya 148, igika cya mbere y’itegeko N˚ 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi iteganya ko” Igihe ntarengwa cyo kujurira ni ukwezi kumwe (1) gitangira kubarwa kuva ku munsi umuburanyi yamenyeyeho ko urubanza rwasomwe”. Na ho ingingo ya 140, igika cya kabiri y’iryo tegeko igateganya ko” Urubanza rusobanura cyangwa rukosora urundi rwuzuza urubanza rwasabiwe gusobanurwa cyangwa gukosorwa. Rushobora kujuririrwa rwonyine cyangwa hamwe n’urubanza rw’iremezo mu gihe imanza zombi zishobora kujuririrwa”. [14] Nk’uko byagaragajwe mu miterere y’uru rubanza, urubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwajuririwe mu Rukiko rw’Ubujurire ku wa 29/05/2020, ubwo bujurire ntibwakirwa hashingiwe ku mpamvu yo kuba urubanza rwatambamirwaga rudashobora kujuririrwa ku nshuro ya kabiri, bituma Mujawamariya Vestine ajya mu nzira zo gukosoza urubanza kugira ngo hagaragazwe ko rutaciwe ku rwego rw’ubujurire, ahubwo ko rwari ku rwego rwa mbere, ibyo bimaze gukosorwa koko mu rubanza RS/RECT/RC00024/2019/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021, yongera kujuririra urubanza rutari rwanditswe mbere. [15] Urukiko rurasanga, ku wa 10/03/2021 Mujawamariya Vestine yarajuririye urubanza rw’iremezo RCA 00241/2019/HC/KIG hamwe n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021 rurukosora, kandi urubanza RCA00241/2019/HC/KIG yararumenye ku wa 08/05/2020 rugisomwa, kuko ababuranyi bose baburanye bahari, nubwo yarengeje igihe cy’ukwezi
## Page 7
kumwe guteganywa n’ingingo ya 140 y’itegeko ryavuzwe, nta cyamubuza kujuririra urubanza rw’iremezo kubera ko igihe cyarwo cyo kurujuririra cyarangiye mu gihe yarimo akosoza cyatewe n’ikosa ryakozwe n’urukiko ryaje gukosorwa koko hakemezwa ko ubujurire bwe bugomba kwandikwa. [16] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga Mujawamariya Vestine atarakererewe kujuririra urubanza n˚ RCA 00241/2019/HC/KIG kuko haba ku bujurire bwa mbere butanditswe kandi bwaragombaga kwandikwa, hagaragajwe ko bwari bwaratangiwe ku gihe ndetse na nyuma yo gukosora urubanza yashakaga kujurira, ubujurire bwatangiwe ku gihe, bityo, inzitizi yo kutakira ubujurire bwa Mujawamariya Vestine yabyukijwe na Nirere Sarah, ikaba nta shingiro ihawe. 2.Kumenya niba Urukiko Rukuru rwarirengagije ibimenyetso byatanzwe na Mujawamariya Vestine [17] Me Nkurunziza Jean Damascēne wunganira Mujawamariya Vestine asobanura ko Bideri Aaron yahaye Nikuze Marie uburenganzira butanditse bwo kumugurishiriza umutungo wari mu Rwampara, umutungo uragurishwa, nyuma ku wa 12/12/2011, Bideri Aaron yandika inyandiko yemeza ko yari yahaye Nikuze Marie ubwo burenganzira, ko ibyo byakorewe imbere y’umuhesha w’Inkiko utari uw’umwuga (Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari), ko kuba Bideri Aaron atarayishyizeho umukono, bidakuraho imvugo yavugiye imbere y’umuhesha w’Inkiko, akaba asanga nta we ufite uburenganzira bwo guhakana inyandiko yanditswe Bideri Aaron akiriho, ndetse ko nta n’ufite uburenganzira bwo kuregera umutungo Bideri Aaron yiyemereye ko yagurishije kandi ko ari Rutaremara Tharcisse, ari Mujawamariya Vestine, bombi banganya uburenganzira kuri uwo mutungo. [18] Akomeza avuga ko mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwakosowe n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/01/2021 rujuririrwa, Urukiko Rukuru rwirengagije ibimenyetso bidashidikanywaho yarushyikirije, bigaragaza ko inzu n’ikibanza yubatsemo yabiguze mu buryo no mu nzira bikurikije amategeko, bigizwe n’amasezerano y’ubugure yo ku wa 07/11/2010 yabaye hagati ye na Nikuze Marie, inyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri Aaron yakoreye imbere y’ubuyobozi bw’Akagari ka Kirwa, yemeza ko yahaye umukobwa we witwa Nikuze Marie uburenganzira bwo kumugurishiriza inzu ye iri mu Rwampara, n’inyandiko yo ku wa 07/12/2011 yanditswe na Bideri Aaron, yemeza ko yagurishije Rutaremara Tharcisse inzu ye iri mu Rwampara, akaba agomba kuyandikwaho kuko ari iye, ko kandi rutitaye ku bisobanuro yatanze by’uko yabanaga na Rutaremara Tharcisse nk’umugore n’umugabo mu buryo butemewe n’amategeko, bakaba basangiye umutungo baguze kuko ari uw’umuryango. [19] Asobanura na none ko ibyo bimenyetso ari ari na byo byashingiweho n’Urukiko Rukuru mu kwemeza ko Mujawamariya Vestine yandikwaho ikibanza gifite UPI: 1/01/09/04/232 mu rubanza n° RCA00379/2018/HC/KIG rwamaze kuba itegeko, ndetse ko ari na rwo rwashingiweho hakorwa ihererekanyamutungo, icyo kibanza gikurwa ku mazina ya Bideri Aaron cyandikwa kuri Mujawamariya Vestine, ko ibikorwa byose byakozwe Bideri Aaron akiriho, inyandiko yo ku wa 12/12/2011 ikaba itarakozwe hagamijwe gusubiza ibintu inyuma, ahubwo ko yakozwe Bideri Aaron agamije kwemeza ibyakozwe (confirmation). Asaba Urukiko rw’Ubujurire gukosora ayo makosa, maze rukemeza ko Mujawamariya Vestine yaguze mu buryo bukurikije amategeko, kandi ko amasezerano y’ubugure yabaye hagati ye na Nikuze Marie agumanye agaciro kayo, ko n’urubanza RCA00379/2018/HC/KIG rugumanye agaciro karwo.
## Page 8
[20] Mujawamariya Vestine asobanura ko Bideri Aaron yahaye Nikuze Marie uburenganzira bwo kugurisha umutungo uri mu Rwampara, arawumugurira kandi ko uwamugurishije abyemera, ko ibyanditswe inyuma y’imikono yo ku nyandiko yo ku wa 12/11/2013 bitabayeho, kubera ko mu byanditswe mbere hatigeze havugwamo ko hari umutungo abagize umuryango wa Bideri Aaron bafite i Kigali, ndetse umutungo uregerwa kugeza ubu ukaba utakiriho kuko aho wari uri hanyujijwe umuhanda. [21] Nikuze Marie avuga ko umubyeyi we Bideri Aaron yamutumye, amuha ibyangombwa byose amugurishiriza uwo mutungo wari mu Rwampara, ko atari kumwe n’abaza kunyaga ibyagurishijwe ku mugaragaro kandi bikagurishwa nyirabyo ahibereye, akaba asanga we n’abavandimwe be nta n’uburenganzira bafite bwo kuburana ibintu bitakiri ibyabo. [22] Me Kagame Kimonyo Alexis wunganira Nikuze Marie avuga ko ibivugwa na Mujawamariya Vestine kuri iyi ngingo bifite ishingiro, kubera ko yaguze mu buryo bukurikije amategeko, ariko Urukiko rukaba rwarirengagije ibimenyetso bigizwe n’amasezerano y’ubugure yakozwe ku wa 07/11/2010 bagiranye n’uwo yunganira nyuma yo kubihererwa ububasha n’uburenganzira n’umubyeyi we Bideri Aaron, kandi ko mu nyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri Aaron yakoreye imbere y’ubuyobozi bw’Akagari ka Kirwa, yemeje ko yamuhaye uburenganzira bwo kumugurishiriza inzu ye iri mu Rwampara, hakaba kandi hari inyandiko yo ku wa 07/12/2011 yanditswe na Bideri Aaron, yemeza ko yagurishije inzu ye iri mu Rwampara, ikaba yaraguzwe na Rutaremara Tharcisse, asaba ko yayibarurwaho kuko ari iye, kandi ko uwo Rutaremara Thacisse yari umugabo wa Mujawamariya Vestine nk’uko byasobanuriwe Urukiko mu rubanza RCA00379/2019/HC/KIG bombi bahari, nyuma yo kubisuzuma Urukiko rukemeza ko bandikwaho uwo mutungo. [23] Akomeza avuga ko nta mpamvu n’imwe yatuma abaguze bavutswa uburenganzira ku mutungo wabo na cyane ko bahawe n’ibyangombwa byawo, bikaba bitanumvikana ukuntu Nirere Sarah asaba ko amasezerano y’ubugure ateshwa agaciro, ari uko abonye BIDERI Aaron amaze kwitaba Imana kandi ubwo bugure bwarabaye abizi, akaba yibaza aho umucamanza yahereye adaha agaciro ibimenyetso byatanzwe na Mujawamariya Vestine, nyamara inyandiko z’umuhesha w’Inkiko zigomba kwizerwa (Actes de l’Huissier fait foi). [24] Kuri iyi ngingo y’ubujurire, Me Kabasenga Berthilde uhagarariye Nirere Sarah avuga ko nta shingiro ikwiye guhabwa, kubera ko Urukiko Rukuru rwasuzumye neza ibimenyetso Mujawamariya Vestine yarushyikirije, rusanga bifite inenge zikabije zo gutera urujijo rukomeye, ku buryo bitagombaga gushingirwaho. [25] Akomeza asobanura ko uwagurishije yabikoze nta butumwa afite yahawe na nyir’umutungo ndetse n’uwaguze yabikoze nta burenganzira asabye, ku wa 07/12/2011 aba ari bwo Bideri Aaron yemeza ko inzu ye yari mu Rwamapala yayigurishije Rutaremara Tharcisse, akaba yibaza ukuntu Gitifu w’Akagari ka Kirwa yemeye gushyira umukono kuri iyo nyandiko nyamara nyir’ubwite we atayishyizeho umukono cyangwa ngo abe yarabikoze amureba imbere ye. Avuga ko mu nyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri Aaron yemeje ko yahaye umukobwa we Nikuze Marie uburenganzira bwo kumugurishiriza umutungo we wari mu Rwamapala, asaba ko yandikwa ku wayiguze, akaba yibaza impamvu muri iyo nyandiko atagaragaje uwayiguze, niba ari Rutaremara Tharcisse cyangwa ari Mujawamariya Vestine, ko ibi bibazo byose ari byo Urukiko Rukuru rwashingiyeho rwemeza koi zo nyandiko ziteye urujijo. Asaba ko hagumaho imikirize y’urubanza rujuririrwa, hakemezwa ko
## Page 9
ibimenyetso byatanzwe nta shingiro bifite, hagashingirwa ku ikayi bashyikirije Urukiko igaragaza ko abagize umuryango wa Bideri Aaron bose bashyizeho imikono yabo. [26] Umutangabuhamya Kajyambere Bernard avuga ko yabaye umuyobozi w’Umudugudu kandi ko yagize uruhare mu igabana ry’umutungo w’abagize umuryango wa Bideri Aaron. Asobanura ko igihe abagize uwo muryango bagabanaga umutungo wasizwe n’ababyeyi babo, yabyanditse mu ikayi, arangije ayishyira umuyobozi w’Akagari ateraho kashi, asubirana iyo kayi ajya kuyibika, ko hashize iminsi ubuyobozi bw’Umurenge bugatumaho iyo kayi, ayiha uwitwa Charlotte wo kwa Bideri Aaron aba ari we uyijyana ku Murenge. Asobanura kandi ko umugore wa Bideri Aaron witwaga Mukarubuga Elida amaze kwitaba Imana, Bideri Aaron yashatse undi mugore, Bideri Aaron amaze kwitaba Imana bakoresha izungura ku bana yabyaranye n’umugore wa mbere kugira ngo bazungure uruhare rwa nyina, nyuma bagabanya abana bose ba Bideri Aaron yabyaranye n’abagore bombi, bazungura uruhare rwa se, hanyuma kuri 12/11/2013 hakorwa inyandiko ebyiri zirebana n’iryo gabana harimo iri mu ikayi akibitse n’iyashyizweho urujijo yatanzwe mu Rukiko. [27] Asobanura kandi ko bakoze inyandiko ebyiri kugira ngo bahuze igabana ry’abana ba Mukarubuga Elida n’iry’abagize umuryango wose mu rwego rwo kwanga ko zitatana, kandi ko inyandiko yandikiye imbere ya Noteri yemeza ko amagambo yanditse inyuma ya kashi y’inyandiko yo ku wa 12/11/2013 atari we wayanditse, yanditswe abisabwe na Avoka w’umwe mu baburanyi, ndetse ko ari we wanditse inyandiko iri ku mpapuro zaciwe mu ikayi ari na yo yatanzwe mu Rukiko, akaba yaranditse ibibanziriza kashi byose, na ho ibyanditswe inyuma ya kashi akaba atazi uwabyanditse ndetse n’igihe byandikiwe. [28] Umutangabuhamya Muyoboke Ruganzu Thomas avuga ko mu gihe cy’igabana ry’abagize umuryango wa Bideri Aaron ryabaye ku wa 12/11/2013 yari ahari kuko yari umuyobozi w’Akagari ka Kirwa kandi n’umutungo wagabanwaga ari ho uherereye, ko abagize uwo muryango bari bamusabye kubafasha kugisoza kubera ko abayobozi bari baramubanjirije bari baragiye batarangije igikorwa cyo kubagabanya. Akomeza avuga ko amagambo yanditse inyuma ya kashi y’Akagari yatewe ku nyandiko yo ku wa 12/11/2013 ateye atya “Ibi tubagabanyije ni umutungo uri mu ifasi yacu indi mitungo irahandi nayo bazayigabana k’uburyo bungana (amafaranga n’inzu iri Kigali)” ari we wayanditse kandi ko yayanditse abagize umuryango wa Bideri Aaron bose bahari, akaba yaranditse ayo magambo kubera ko bari banze gufata inyandiko y’igabana ryo ku wa 12/11/2013 bavuga ko hari indi mitungo isigaye itagabanyije, abyanditse babona kwemera kuyifata, kandi ko kuba baremeye ibyakozwe n’ibyabaye, ari yo mpamvu bemeye gutwara inyandiko zakozwe, akaba yaravuye ku buyobozi buri wese mu bagize umuryango acunga aho yahawe mu gihe cy’igabana, gusa nta bwo yibuka amazina y’abagize umuryango yahaye izo nyandiko. [29] Muyoboke Ruganze Alexis avuga kandi ko ibyanditse ku mpapuro zakuwe mu ikayi byose ari we wabyanditse kuri izo mpapuro, yandukura ibyari bikubiye mu ikayi yatanzwe n’uwari umuyobozi w’Umudugudu, ko amazina amwe ari yo yanditswe n’abari bashoboye kwiyandikira, abatabishoboye aba ari we uyabandikira, ko mu kwandika amagambo avuga ko hari umutungo utaragabanywa uri i Kigali, yabyanditse ababimusabye atababajije ikimenyetso cyemeza ko uhari koko, ko atitaye kubibaza kubera ko uwo mutungo utari mu ifasi ye. Uko Urukiko rubibona
## Page 10
[30] Ingingo ya 3 y’itegeko N˚ 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo iteganya ko “Buri muburanyi agomba kugaragaza ibimenyetso by’ibyo aregera. Umucamanza ashobora nyamara gutegeka umuburanyi wese gutanga gihamya y’ibimenyetso afite”. [31] Ingingo ya 65 y’itegeko rimaze kuvugwa iteganya ko” Urukiko ni rwo rwonyine rupima ko imikirize y’abatangabuhamya ihuye n’ikiburanwa, ifite ingingo zikiranuye kandi ikaba ikwiye kwemerwa cyangwa guhakanwa. Ntirwitsitsa ku mubare w’abatangabuhamya. Rwita cyane cyane ku bumenyi bw’abo bw’ibyabaye, no ku buryo babivuga uko byagenze nta cyo bihimbira”. [32] Ingingo ya 108 y’iryo tegeko iteganya ko” Ibimenyetso bicukumbuwe no gusesengura urubanza ni ibimenyetso bitacukumbuwe n’amategeko, bicukumburwa n’ubwenge n’ubushishozi bw’abacamanza. Abacamanza bagomba kwemera gusa ibyo bimenyetso iyo bikomeye, bisobanuye kandi bihuje”. [33] Dosiye y’urubanza igaragaza inyandiko yo ku wa 07/11/2010, ahanditsemo ko Nikuze Maria nk’umwana uhagarariye Aaron Bideri ku nzu afite mu Rwampara, yamuhaye uburenganzira bwo kuyigurisha ku mafaranga miliyoni ebyiri n’igice (2.500.000Frw), ikaba iguzwe na Mujawamariya Vestine. Kuri iyo nyandiko, Nikuze Maria yashyizeho umukono nk’uwakiriye ikiguzi cy’inzu, ashyiraho undi mukono nk’ugurishije, Mujawamariya Vestine uguze na we ashyiraho umukono n’abatangabuhamya bari bahari, umuyobozi w’Akagari ka Rwampara na we ashyira umukono na kasha kuri iyo nyandiko. [34] Hari inyandiko yo ku wa 07/12/2011, aho Bideri Aaron yemeza ko yagurishije inzu ye iri mu Rwampara, ko yaguzwe na Rutaremara Tharcisse, akaba yayibarurwaho kuko ari iye (iyi nyandiko yasinyweho n’umuyobozi w’Akagari ka Kirwa Bideri Aaron yari atuyemo, anateraho kashi). [35] Inyandiko yo ku wa 12/12/2011, Bideri Aaron yemeza ko yahaye uburenganzira umukobwa we Nikuze Maria bwo kumugurishiriza inzu ye iri mu Rwampara, ko uwayiguze agomba kuyibaruzaho kuko ari iye. [36] Hari na none inyandiko yanditswe mu mpapuro zakuwe mu ikayi ifite umutwe ugira uti” Inyandikomvugo Y’igabana Ry’isambu Ya Bideri Aroni, wo mu Mudugudu wa Muyange, ku wa 12/11/2013”. Iyi nyandikomvugo yashyizweho umukono n’abagize umuryango wa Bideri Aaron bagizwe na Mukakigeri Spéciose, Nikuze Marie, Dufitumukiza Jean, Nirere Sarah, Mukaminega Charlotte, Mutarambirwa Benjamin na Uwingeneye Marthe. Hari kandi abaturage bari bahari bagizwe na : Minega André, Karasira Eliab, Hategekimana Petero, Ndayishimye François, Ntwari David, Mivumbi Jean na Sibomana Aphrodis, abagize komite y’Umudugudu harimo uwitwa Kasine Athalie ushinzwe iterambere, Ndahimana Agape ushinzwe amakuru, Uwineza François ushinzwe umutekano, Ntakirutimana Anastasie ushinzwe imibereho myiza, Kajyambere Bernard umuyobozi w’Umudugudu wa Muyange n’umuyobozi w’Akagari ka Kirwa witwa Muyoboke Thomas wanateyeho kashi y’Akagari. Inyuma y’iyo kashi yasozaga ibikubiye muri iyo nyandiko, ni ho handitswe amagambo y’inyongera yavuzwe haruguru. [37] Hari kandi ikayi ikubiyemo iby’igabana ry’isambu ya Bideri Aaron ryo ku wa 12/11/2013 umutangabuhamya Kajyambere Bernard yashyikirije Urukiko ubwo yarwitabaga mu iburanisha ryo ku wa 25/10/2022, ikigaragara ni uko hari ibintu bimwe biyirimo bitandukanye n’ibyanditswe ku
## Page 11
mpapuro zavanywe mu ikayi zisanzwe muri dosiye y’urubanza, nk’aho muri iyo kayi abagize umuryango bayishyize umukono kuri iyo nyandiko uwitwa Uwingeneye Marthe atariho, mu bayobozi b’Umudugudu hakabamo Kajyambere Bernard wenyine, atari abagize komite y’Umugudugu bose nk’uko bagaragara mu nyandikomvugo y’igabana isanzwe muri dosiye. [38] Bigaragara kandi ko ibirebana n’ingarigari zagenewe Mukakigeri Spéciose n’itangwa ry’umugabane wa Uwingeneye Marthe (umwana wa Mukakigeri Spéciose na Bideri Aaron) na byo bitari mu ikayi Kajyambere Bernard yashyikirije Urukiko ndetse n’ibivugwa mu mpapuro ko abana 8 basigaye ba Mukarubuga Elida na Bideri Aaron, bazagabana igipande cy’umubyeyi wabo, aho basabwaga kuboneka kuri 29/09/2014 na byo nta biri muri iyo kayi. Muri iyo kayi kandi nyuma y’umukono wa Gitifu w’Akagari ka Kirwa, hatewe kashi y’Akagari, akaba nta yandi magambo yanditswe inyuma y’iyo kashi nk’uko bimeze mu nyandikomvugo y’igabana isanzwe muri dosiye (kuba ibikubiye mu nyandiko zisanzwe muri dosiye bidahura byose n’ibikubiye mu ikayi yatanzwe na Kajyambere Bernard, birahuzwa no kuba yarasobanuye ko kuri 12/11/2013 hakozwe inyandiko ebyiri, hagamijwe guhuza inyandiko zose harimo iy’abana ba Mukarubuga Elida n’iy’umuryango wose). [39] Mu rubanza RCA00379/2018/HC/KIG, Urukiko Rukuru rwasanze kuba Rutaremara Tharcisse yaravugiye imbere yarwo ko ari Mujawamariya Vestine waguze, ibyo avuga bikwiye gufatwa nk’ukuri nk’uko biteganywa n’ingingo ya 65 y’itegeko N° 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo, iteganya ko "Urukiko ruha agaciro imvugo z’abatangabuhamya iyo rusanze zifite ishingiro" ko kuba Rutaremara Tharcisse nta gahato yashizweho mu kuvuga ko ari Mujawamariya Vestine waguze ikibanza, nta cyabuza ko byemerwa. [40] Urukiko Rukuru rwasanze kandi hari inyandiko yo ku wa 12/12/2011 Bideri Aaron yakoreye imbere y’Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Akagari ka Kirwa, Bideri Aaron aha umwana we Nikuze Marie uburenganzira bwo kumugurishiriza ikibanza cye kirimo inzu kiri Rwampara, ko kandi imbere y’Ubuyobozi bw’Akagari ka Rwampara Nikuze Marie yakoze amasezerano ko agurishije inzu na Mujawamariya Vestine, akaba nta mpamvu yo kuvuga ko hari undi waguze atari Mujawamariya Vestine. [41] Urukiko Rukuru rwashingiye kandi ku biteganywa n’ingingo ya 189 y’itegeko Nº 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, ivuga ko" inyandiko nsobanurakirego itanzwe n’umuburanyi umwe ari uburyo budasanzwe bwo kuregera umucamanza umusaba kugira ibyo aramira mu buryo bwihuse, ko ibikubiye muri iyo nyandiko bigomba kandi kuba ari ibibazo bigaragara ko nta mpaka biteye ku buryo byaba ngombwa ko undi muburanyi ahamagarwa, ko inyandiko nsobanurakirego itanzwe n’umuburanyi umwe ishobora gukoreshwa mu bibazo byose bisaba ko hafatwa icyemezo cyihuse bitari ngombwa ko habanza gutangwa ikirego cy’iremezo’’, ruvuga ko bikwiye ko hemezwa ko ikibanza UPI: 1/01/09/04/232 giherereye mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Rwampara, Umurenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge cyandikwa kuri Mujawamariya Vestine. [42] Mu
rubanza
RCA00241/2019/HC/KIG
rutambamira
imikirize
y’urubanza RCA00379/2018/HC/KIG, ku kibazo cyo kumenya agaciro k’ibimenyetso byashingiweho, Urukiko Rukuru rwasanze ubugure bw’umutungo uvugwa burimo inenge zikabije zituma habaho urujijo ku bijyanye n’agaciro k’ibimenyetso byatanzwe, rusanga bitumvikana ukuntu Nikuze Marie yavuga ko amasezerano y’ubugure yagiranye na Mujawamariya Vestine ku wa 07/11/2010 amugurishije
## Page 12
umutungo ubaruye kuri UPI:1/01/09/04/232 yari yabiherewe ububasha na se Bideri Aaron, ariko atagaragaza inyandiko ikubiyemo ubwo bubasha, ahubwo akaba agaragaza procuration yakozwe nyuma y’umwaka ubwo bugure bubaye. [43] Urukiko Rukuru rwasanze urwo rujijo rutewe n’ukuntu nyuma y’umwaka umwe habaye amasezerano yo ku wa 07/11/2010, ku wa 12/12/2011 hagakorwa andi, Bideri Aaron avuga ubwe ko umutungo ubaruye kuri UPI : 1/01/09/04/232 awugurishije Rutaremara Tharcisse ariko ntashyire umukono kuri iyo nyandiko, ko rero ibyo bituma iyo nyandiko y’ubugure nta gaciro yahabwa. [44] Urukiko Rukuru rwasanze na none mu nyandiko y’igabana ry’imitungo yasizwe na Bideri Aaron harimo n’umutungo uburanwa, Nirere Sarah yitwaza nk’ikimenyetso cy’uko utagurishijwe, Urukiko rusanga nta gaciro rwayiha, kubera ko iriho gusa imikono y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abagize umuryango wa Bideri Aaron bakaba batarayishyizeho umukono. Urukiko rwasanze nta kimenyetso Mujawamariya Vestine agaragaza cyemeza ukuri kw’amasezerano y’ubugure bw’umutungo uburanwa, rutesha agaciro icyemezo cyafashwe mu rubanza RCA00379/2018/HC/KIG. [45] Ku birebana n’ibivugwa na Nirere Sarah ko Nikuze Marie yagurishije inzu ya Bideri Aaron nta burenganzira yabiherewe, Urukiko rw’Ubujurire rurasnga nta shingiro bikwiye guhabwa kuko Nikuze Marie yemeza ko yabuhawe mu magambo, kandi ubwo butumwa bukaba bwaraje gushimangirwa n’inyandiko za Bideri Aaron zemejwe n’Ubuyobozi bw’Akagari ka Kirwa zirimo iyo ku wa 07/12/2011 n’iyo ku wa 12/12/2011, aho Bideri Aaron yemeje ko yagurishije inzu ye yari mu Rwampara n’iyemeza ko yahaye umukobwa we uburenganzira bwo kumugurishiriza iyo nzu, abanenga izo nyandiko bakaba batabasha kugaragaza ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kirwa washyizeho umukono akanateraho kashi y’ako Kagari, yaba yarabikoze mu buryo bw’uburiganya. [46] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga kandi ibivugwa na Nirere Sarah ko Bideri Aaron yapfuye atagurishije inzu ye yari mu Rwampara, uretse kubivuga mu magambo gusa, nta kimenyetso yashyikirije Urukiko kibishyigikira kigaragaza ko nyuma y’itariki ya 07/11/2010, iyo nzu yari ikiri mu maboko ya Bideri Aaron, nko kuba yarakiraga amafaranga y’ubukode, kuyisana cyangwa ikindi gikorwa cyose yaba yarakoze nyuma y’itariki iyo nzu yagurishirijweho, cyaherwaho hemezwa ko iyo nzu yari ikiri iya Bideri Aaron mbere y’urupfu rwe. [47] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga, nk’uko n’Urukiko Rukuru rwabibonye, amagambo yanditswe inyuma ya kashi y’Akagari ka Kirwa avuga ko amafaranga n’inzu iri i Kigali abagize umuryango bazabigabana ku buryo bungana nta gaciro akwiye guhabwa, kubera ko Muyoboke Ruganzu wemera ko yayanditse, atagaragaza abagize umuryango bamusabye kubyandika mu gihe yabyanditse inyandikomvugo y’igabana yari yarangije gukorwa n’abo bireba barangije kuyishyiraho imikono yabo.Rurasanga kuba rero yari yongereyeho ayo magambo, bidakuraho ukuri kw’ibikubiye mu nyandiko zavuzwe haruguru zanditswe Bideri Aaron akiriho, zigaragaza ko yari yaragurishije inzu yo mu Rwampara. [48] Ku birebana no kuba inyandiko zanditswe na Bideri Aaron zikemangwa hashingiwe ku kuba hamwe uwaguze inzu iburanwa ari Rutaremara Tharcisse, ahandi uwayiguze ntibivugwe niba ari Rutaremara Tharcisse cyangwa ari Mujawamariya Vestine, Urukiko rurasanga kuba uwagurishije yavuga Rutaremara Tharcisse nk’umugabo wa Mujawamariya Vestine cyangwa ntagire uwo avuga nta
## Page 13
kibazo kirimo, kuko amazina y’uguze agaragara mu masezerano y’ubugure bwo ku wa 07/11/2010, cyane ko nta mpaka zirebana n’uwaguze inzu ziri hagati ya Mujawamariya Vestine na Rutaremara Tharcisse, basobanuye ko inzu yaguzwe babana nk’umugabo n’umugore batashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko. [49] Urukiko rushingiye ku biteganywa n’amategeko ndetse no ku bisobanuro bitanzwe, rurasanga ibimenyetso by’inyandiko byatanzwe na Mujawamariya Vestine bigaragaza neza ko Nikuze Marie yamugurishije inzu ya Bideri Aaron afite uburenganzira butanditse, byaje kwemezwa n’uwo mubyeyi ko koko yari yamuhaye uburenganzira bwo kumugurishiriza, bityo, ingingo y’ubujurire ya Mujawamariya Vestine ikaba ifite ishingiro. [50] Ku birebana no kuba Nirere Sarah yifuza ko Mujawamariya Vestine amusubiza amafaranga y’ingurane yahawe isimbura umutungo uburanwa kubera ko utagihari, Urukiko rurasanga iki kibazo kitagomba gusuzumwa, kuko hagaragajwe ko Mujawamariya Vestine atsindiye ko yaguze inzu ya Bideri Aaron yari iherereye mu Rwamapala. 3.Kumenya niba Mujawamariya Vestine ataragombaga gutegekwa gutanga indishyi no gusubiza amagarama y’urubanza [51] Mujawamariya Vestine avuga ko mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG, Urukiko Rukuru rwamutegetse gufatanya na Nikuze Marie guha Nirere Sarah 800.000Frw y’indishyi, no kumusubiza amafaranga yatanzeho ingwate y’amagarama, akaba asanga bitari bikwiye kandi rumaze kumunyaga umutungo we, akabona ahubwo indishyi zagenewe Nirere Sarah, ari we zagombaga kugenerwa, kubera ko ari we washowe mu manza ku maherere. [52] Me Kabasenga Berthilde avuga ko indishyi zagenwe n’Urukiko zifite ishingiro, kubera ko izi manza zose zashojwe na Mujawamariya Vestine ubwe, aho yagiye kugura umutungo uburanwa ateretswe uburenganzira bwatanzwe na Bideri Aaron, kandi mu masezerano yagiranye na Nikuze Marie baranditsemo ko ahagarariye umubyeyi we, nyuma y’aho bakavuga ko Bideri Aaron yasinyiye ko uwaguze umutungo ari Rutaremara Tharcisse akaba agomba kuwandikwaho, byabayobera bakavuga ko Bideri Aaron yanditse yemeza ko yari yarahaye Nikuze Marie uburenganzira bwo kumugurishiriza, kandi kuri izo nyandiko nta mukono we uriho. [53] Nikuze Marie avuga ko indishyi zingana na 800.000Frw zategetswe n’Urukiko Rukuru mu rubanza RCA00241/2019/HC/KIG, ko afatanya na Mujawamariya Vestine guha Nirere Sarah nta shingiro zifite, kubera ko kuba yarishoye mu manza agamije guhuguza umutungo umubyeyi we yagurishije, atabyuririraho asaba ko abo yashoye mu manza babimuhera indishyi kandi nta cyo bamwangirije. Uko Urukiko rubibona [54] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga kuba Urukiko Rukuru rwari rwemeje ko Mujawamariya Vestine na Nikuze Marie nta kuri bafite mu rubanza rwaburanishaga, nta kosa rwakoze mu kubategeka gutanga ariya mafaranga. 4.Ku byerekeye indishyi zisabwa na Nirere Sarah na Mujawamariya Vestine
## Page 14
[55] Me Kabasenga Berthilde asaba Urukiko rw’Ubujurire gutegeka Mujawamariya Vestine guha uwo ahagarariye indishyi zingana na 1.000.000Frw ziyongera ku zategetswe mu rubanza rujuririrwa, kubera ko akomeje kumushora mu manza kandi akaba yarajuriye nta mpamvu, ko Nikuze Marie we yemeye ko atsinzwe ntajurire. Avuga ko nta ndishyi Mujawamariya Vestine akwiye guhabwa, kubera ko ari we wikururiye imanza, ubwo yemeraga kugura umutungo n'utari nyira wo, atanamweretse uburenganzira yahawe. [56] Mujawamariya Vestine avuga ko indishyi zisabwa na Nirere Sarah nta gaciro zahabwa, kubera ko yajuriye agamije kurengera uburenganzira bwe ku mutungo we. Avuga ko ku bijyaye no kuba Nikuze Marie atarajuriye, bishoboka ko yaba yarabitewe no kuba atari yamenyeshejwe imikirize y’urubanza, kandi ko atari we ugomba gusobanura impamvu zatumye atajurira, kubera ko kujurira ari uburenganzira bw’umuburanyi ku giti cye, akaba ari na we ushobora kugaragaza impamvu zatumye ajurira cyangwa atajurira. Asaba Urukiko rw’Ubujurire gutegeka Nirere Sarah kumuha indishyi z’akababaro zo gushorwa mu manza zingana na 2.000.000Frw. [57] Nikuze Marie avuga ko gusaba Urukiko gutegeka Mujawamariya Vestine guha Nirere Sarah 1.000.000Frw yo kumushora mu manza asanga ari ukumuhohotera, kuko yaguze mu buryo bukurikije amategeko, ko ahubwo Nirere Sarah ari we umushora mu manza agamije kumuhuguza, akaba atakuririra ku mugambi we w’ubuhemu ngo abisabire amafaranga yatanze mu manza yishoyemo. Avuga ko kuba Nirere Sarah ari we nyirabayazana w’izi manza yashoyemo Mujawamariya Vestine ku maherere agamije indonke no kumuhuguza umutungo umubyeyi we Bideri Aaron yamugirishije abimunyujijeho, asanga indishyi Mujawamariya Vestine asaba zifite ishingiro, bityo ko Urukiko rukwiye kuzabisuzuma rukazimugerenera, hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko. Uko Urukiko rubibona [58] Ingingo ya 3 y’itegeko ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo ryavuzwe haruguru, iteganya ko” Buri muburanyi agomba kugaragaza ukuri kw’ibyo aburana”. [59] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga indishyi zisabwa na Nirere Sarah na Mujawamariya Vestine nta shingiro zifite, kubera ko batabasha gutanga ibisobanuro byumvikana byashingirwaho hatangwa izo ndishyi, cyane ko buri wese yareze aharanira uburenganzira yumvaga afite ku mutungo uburanwa. 5.Kumenya ishingiro ry’amafaranga y’ikurikiranarubanza n’igihembo cya Avoka [60] Mujawamariya Vestine asaba ko Nirere Sarah amuha 2.000.000Frw y’ikurikiranarubanza na 1.000.000 Frw y’igihembo cya Avoka ndetse akanamusubiza 50.000Frw yatanzeho ingwate y’amagarama ajuririra uru Rukiko. Avuga ko amafaranga y’igihembo cya Avoka Nirere Sarah asaba nta yo yahabwa, kubera ko ari we wishoye mu manza agamije kumuhuguza, akazishoramo n’abandi. [61] Me Kabasenga Berthilde avuga ko nta mafaranga Mujawamariya Vestine akwiye gusubizwa, kubera ko ari we wishoye mu manza, yanga gushyira mu bikorwa ibyemezo by'Urukiko kandi azi neza ko ubugure bwe butabayeho, asaba ahubwo ko Mujawamariya Vestine ategekwa guha uwo ahagarariye 700.000Frw y’igihembo cya Avoka kuri uru rwego.
## Page 15
[62] Nikuze Marie avuga ko amafaranga y’igihembo cy’Avoka Nirere Sarah asaba adakwiye kuyahabwa, kubera ko ari we wishoye mu manza zitari ngombwa, aburana amahugu. Uko Urukiko rubibona [63] Ingingo ya 111 y’itegeko N° 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi iteganya ko" Ikirego cy’amafaranga y’ikurikiranarubanza ari ikirego gishamikiye ku kirego cy’iremezo kigamije kwishyuza ibyakoreshejwe mu rubanza. Kiburanishirizwa rimwe n’ikirego cy’iremezo”. [64] Urukiko rurasanga kuba ubujurire bwatanzwe na Mujawamariya Vestine buhawe ishingiro, nta magaranga y’ibyagiye ku rubanza agomba gutegekwa guha Nirere Sarah, ahubwo mu bushishozi bwarwo, Nirere Sarah ari we ugomba guha Mujawamariya Vestine 800.000Frw akubiyemo amafaranga y’ikurikiranarubanza n’igihembo cya Avoka kuri uru rwego, kubera ko ayo yasabye ari ikirenga. III. ICYEMEZO CY’URUKIKO [65] Rwemeje ko ubujurire bwatanzwe na Mujawamariya Vestine, bufite ishingiro. [66] Rwemeje ko urubanza RCA00241/2019/HC/KIG rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 08/05/2020, rugakosorwa n’urubanza RS/RECT/RC 00024/2021/HC/KIG rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 21/01/2021, ruhindutse ku bireba Mujawamariya Vestine wajuriye. [67] Rutegetse Nirere Sarah guha Mujawamariya Vestine 800.000Frw akubiyemo amafaranga y’ikurikiranarubanza n’igihembo cya Avoka kuri uru rwego. [68] Rutegetse Nirere Sarah guha Mujawamariya Vestine 50.000Frw yatanzeho ingwate y’amagarama ajurira.