MUNYANEZA v. NTAKIRUTINKA N’UNDI
The appeal partially succeeded: evidence submitted after the hearing was not automatically inadmissible; the High Court erred in annulling the sale contract without a specific claim; property acquired during cohabitation must be divided equally based on valuation; Ntakirutinka is entitled to her share and partial...
Source-derived case information.
- Citation
- RCAA 00017/2020/CA
- Parties
- Appellant: Munyaneza Fabien; Respondent/cross Appellant: Ntakirutinka Béatrice; Interested Party/cross Appellant: Hakuzimana Jean Bosco
- Court
- Court of Appeal
- Jurisdiction
- Rwanda
- Judgment Date
- 18 June 2021
- Case Number
- RCAA 00017/2020/CA
- Procedural Posture
- Civil Appeal / Final Appellate Judgment
- Outcome
- Appeal and cross-appeals allowed in part; High Court judgment modified.
- Legal Topics
- Division of Property, Cohabitation Rights, Appeals Process, Evidence Admissibility, Contract Annulment
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Munyaneza Fabien
Appellant
Ntakirutinka Béatrice
Respondent/cross Appellant
Hakuzimana Jean Bosco
Interested Party/cross Appellant
Procedural Posture
Civil Appeal / Final Appellate Judgment
Legal Issues
- 1 Whether evidence submitted after the hearing can be considered on appeal
- 2 Whether the High Court ruled on issues not pleaded (ultra petita)
- 3 Whether property not in the parties' possession can be divided
Ratio Decidendi
The appeal partially succeeded: evidence submitted after the hearing was not automatically inadmissible; the High Court erred in annulling the sale contract without a specific claim; property acquired during cohabitation must be divided equally based on valuation; Ntakirutinka is entitled to her share and partial damages; Hakuzimana's claims for damages and reimbursement were not properly pleaded and thus denied.
Court Disposition
Appeal and cross-appeals allowed in part; High Court judgment modified.
Orders
- High Court judgment set aside regarding annulment of sale contract between Hakuzimana and Munyaneza.
- Ntakirutinka Béatrice awarded house in plot no. 723 (UPI: 4/03/08/04/723) and additional 8,060,250 Frw.
Full Case Text
Judgment text and source record
31 paragraphs
# MUNYANEZA v. NTAKIRUTINKA N’UNDI
- Source: Amategeko - Section: Decisions (Judgements) - Date: 2021-06-18 - Case/document no.: RCAA 00017/2020/CA - Collection: Court of Appeal
## Text
## Page 1
MUNYANEZA v. NTAKIRUTINKA N’UNDI. [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RCAA 00017/2020/CA (KANYANGE P.J.) 18 kamena 2021] Itegegeko ry’imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano – imiburanishirize – Kuba umuburanyi atarisobanuye ku kimenyetso cyashyizwe muri dosiye nyuma y’iburanisha ntabwo ari mpamvu yo gutesha agaciro icyo kimenyetso mu bujurire ahubwo iyo mpamvu iri mu zituma Urukiko rusuzuma ubujurire bwa kabiri, ingingo ya 150. Itegeko rikumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina –igabana ry’umutungo wababana nk’umugore n’umugabo batarasezeranye – iyo Urukiko rwemeje ko ababurana umutungo bawugabana kuko babanye nk’umugabo n’umugore ndetse bagize uruhare mu kuwushaka, bagomba kuwugabana ku buryo bungana. Iyo bidashoboka kuwugabana, umwe asubiza undi agaciro karenga kuri ½. Ingingo ya 39 y’Itegeko n 59/2008 ryo ku wa 10/09/2010 rikumira kandi rihana ihohoterwa iryo ⁰ ari ryo ryose rishingiye ku gitsina Incamake y’ikibazo: Uru rubanza rwatangiriye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze Ntakirutinka arega Munyaneza asaba ko urukiko gutegeka ko aba bombi bagabana imitungo bashakanye nk’abantu babanye nk’umugabo n’umugore kuko batandukanye. Muri uru rubanza hagobokeshejwemo Hakuzimana waguze iyo mitungo na Munyaneza, Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwemeje ko ikirego cya Ntakirutinka nta shingiro gifite, ko umutungo uburanwa nta ruhare yawugizeho ko ari uwa Munyaneza. Ntakirutinka yajuririye urwo rubanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, avuga ko Urukiko rwa mbere rutahaye agaciro ibimenyetso yatanze bigaragaza igihe yatangiye kubana na Munyaneza. Urukiko rwemeje ko ubujurire bwa Ntakirutinka bufite ishingiro, rutegeka ko ahabwa inzu imwe naho Munyaneza akagumana izindi rwemeje kandi ko amasezerano y’ubugure bw’amazu Munyaneza yagiranye na Hakuzimana nta gaciro afite. Munyaneza yajuririye urwo rubanza mu Rukiko rw’Ubujurire avuga ko Urukiko Rukuru rwakoze amakosa yo gushingira ku kimenyetso cyatanzwe nyuma y’iburanisha, ko rwaciriye urubanza ku kitararegewe, runarucira ku mutungo utari mu maboko y’abawushakanye, ko kandi rwageneye ntakirutinka indishyi bidakwiye. Ntakirutinka yatanze ubujurire bwuririye ku bundi avuga ko Urukiko Rukuru rwavanye imwe mu mitungo igomba kugabanywa ubaruwe kandi bidakwiye, ko kandi habayeho kugabanya umutungo mu buryo butangana. Hakuzimana nawe yatanze ubujurire bwuririye ku bundi avuga ko Urukiko Rukuru rwaciriye urubanza ku kitararegewe, ko kandi rutamugeneye indishyi z’akababaro yari yasabye Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko nubwo ikimenyetso cyatanzwe nyuma kitateshwa agaciro, rwemeje ko Urukiko rukuru rwaciye urubanza ku kitararegewe rwemeje kandi ko umutungo utagabanyijwe ku buryo bungana naho ubujurire bwuririye ku bundi bwa Hakuzimana rwemejeko bufie ishingiro kuri bimwe.
## Page 2
Incamake y’icyemezo: 1. Kuba umuburanyi atarisobanuye ku kimenyetso cyashyizwe muri dosiye nyuma y’iburanisha ntabwo ari mpamvu yo gutesha agaciro icyo kimenyetso mu bujurire ahubwo iyo mpamvu iri mu, zituma Urukiko rusuzuma ubujurire bwa kabiri. 2.iyo Urukiko rwemeje ko ababurana umutungo bawugabana kuko babanye nk’umugabo n’umugore ndetse bagize uruhare mu kuwushaka, bagomba kuwugabana ku buryo bungana. Iyo bidashoboka kuwugabana, umwe asubiza undi agaciro karenga ku kuri ½. 3.Ntabwo uregera kugaruza umutungo we uri mu baboko yundi muntu wawuguze nuwo arega yaregera gutesha agaciro amasezerano y’ubugure atagizemo uruhare, ikirego cyo gutesha agaciro amasezerano y’ubugure gitangwa nuwaguze. ubujurire bufite ishingiro kuri bimwe. Ubujurire bwuririye ku bundi bufite ishingiro kuri bimwe. Amategeko yashingiweho: Itegeko n 30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 rigena ububasha bw’inkiko, ingingo ya 52 ⁰ y’Itegeko n 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza ⁰ z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, ingingo ya 10,112,111,150,154 Itegeko n 59/2008 ryo ku wa 10/09/2010 rikumira kandi rihana ihohoterwa iryo ari ryo ryose ⁰ rishingiye ku gitsina, ingingo ya 39 Imanza zifashishijwe: Urubanza nº RCAA 00045/2016/SC rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 24/05/2019 hagati ya MUKARUHANGA Alexia, KOLD HANSEN na NYIRAHABIMANA Emertha Inyandiko z’abahanga zifashishijwe: Francois Terré, Droit civil, Les biens, Dalloz, 7e édition, p.406, n 521 ⁰ I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Nkuko dosiye ibigaragaza, Ntakirutinka Béatrice yashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko na Ngabonziza Valens, akavuga ko mu mwaka wa 2005 yagiye kubana rwihishwa na Munyaneza Fabien ataratandukana na Ngabonziza Valens kuko ubutane bwemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu mwaka wa 2007. Mu mwaka wa 2015, Ntakirutinka Béatrice yatandukanye na Munyaneza Fabien wahise ashaka undi mugore, Ntakirutinka Béatrice akavuga ko hari imitungo bashakanye bagomba kugabana, ariyo ntandaro y’uru rubanza. [2] Ntakirutinka Béatrice yatanze ikirego mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze asaba kugabana na Munyaneza Fabien imutungo bashakanye igizwe n’inzu ebyiri zibaruye kuri UPI : 723
## Page 3
na 724, naho Munyaneza Fabien akavuga ko nta kimenyetso yatanze kigaragaza uruhare rwe mu ishakwa ry’iyo mitungo. Muri urwo rubanza hagobokeshejwe Hakuzimana Jean Bosco waguze iyo mitungo, akavuga ko yayiguze yanditse 100% kuri Munyaneza Fabien. [3] Mu rubanza RC00126/2018/TGI/MUS rwaciwe ku wa 10/10/2019, Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwemeje ko ikirego cya Ntakirutinka Béatrice nta shingiro gifite, ko inzu ziri mu bibanza bifite n 722, 723, 6286 na 6287 nta ruhare ⁰ azifiteho, rumutegeka guha Munyaneza Fabien 500.000 Frw y’igihembo cya Avoka [4] Ntakirutinka Béatrice yajuririye urwo rubanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, avuga ko Urukiko rwa mbere rutahaye agaciro ibimenyetso yatanze bigaragaza igihe yatangiye kubana na Munyaneza Fabien, runirengagiza urubanza rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ko mu kugabana imitungo ku babanaga batarashyingiranywe hatarebwa uruhare buri wese yagize mu ishakwa ryayo ahubwo harebwa ko iyo mitungo yashatswe babana, ndetse ntirwanaha agaciro ibigaragaza ko ikibanza nº 723 cyakaswemo ibice bibatu, aribyo 723, 6286 na 6287. [5] Urwo Rukiko rwaciye urubanza RCA00097/2019/HC/MUS ku wa 13/07/2020, rwemeza ko ubujurire bwa Ntakirutinka Béatrice bufite ishingiro, rutegeka ko ahabwa inzu iri mu kibanza kibaruye kuri UPI : 4/03/08/04/723 naho Munyaneza Fabien akagumana amazu ari mu bibanza nº 722, 6286 na 6287. Rwemeje ko amasezerano y’ubugure bw’amazu Munyaneza Fabien yagiranye na Hakuzimana Jean Bosco nta gaciro afite, runategeka Munyaneza Fabien guha Ntakirutinka Béatrice indishyi zingana na 1.200.000Frw, akanishyura amagarama y’urubanza angana na 40.000 Frw. [6] Munyaneza Fabien yajuririye urwo rubanza mu Rukiko rw’Ubujurire avuga ko Urukiko Rukuru, urugereko rwa Musanze, rwakoze amakosa yo gushingira ku kimenyetso cyatanzwe nyuma y’iburanisha, ko rwaciriye urubanza ku kitararegewe, runarucira ku mutungo utari mu maboko y’abawushakanye, ko kandi rwageneye Ntakirutinka Béatrice indishyi bidakwiye. [7] Ntakirutinka Béatrice yatanze ubujurire bwuririye ku bundi avuga ko Urukiko Rukuru rwavanye mu mitungo igomba kugabanywa ubaruwe kuri n 722, bidakwiye, ⁰ ko kandi habayeho kugabanya umutungo mu buryo butangana, anasaba indishyi. [8] Hakuzimana Jean Bosco nawe yatanze ubujurire bwuririye ku bundi avuga ko Urukiko Rukuru rwaciriye urubanza ku kitararegewe, ko kandi rutamugeneye indishyi z’akababaro yari yasabye [9] Nyuma y’icyemezo cyafashwe ku bubasha bw’Urukiko rw’Ubujurire, Urubanza mu mizi rwaburanishijwe mu ruhame ku wa 10/05/2021, Munyaneza Fabien ahagarariwe na Me Kavuyekure Dieudonné, Ntakirutinka Béatrice yunganirwa na Me Mugengangabo Jean Népomuscene naho Habimana Jean Bosco ahagarariwe na Me Habimana Donat. II. IBIBAZO BIRI MU RUBANZA N’ISESENGURWA RYABYO UBUJURIRE BWA MUNYANEZA Fabien
## Page 4
Ku birebana n’uko Urukiko Rukuru rwashingiye ku kimenyetso cyatanzwe nyuma y’iburanisha [10] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko mu guca urubanza, Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, rwashingiye ku kimenyetso kigizwe n’imenyezabwishyu (reçu) y’amafaranga yishyuwe uwakoze igenagaciro ry’imitungo iburanwa, kandi yaratanzwe nyuma yo gupfundikira iburanisha, ko iyo nyemezabwishyu iriho 100.000 Frw ariko Urukiko rutegeka ko hishyurwa 150.000Frw, ko rero icyo kimenyetso cyateshwa agaciro hamwe n’inkomoko yacyo, ni ukuvuga igenagaciro, kuko uwo aburanira atakwishyura amafaranga y’igikorwa cy’igenagaciro atireguyeho. [11] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko bigaragara koko ko Urukiko rwategetse amafaranga anyuranye n’ari ku nyemezabwishyu, akaba asanga icyakorwa kuri uru rwego ari ugukosora umubare w’amafaranga yatanzwe. [12] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco nawe avuga Urukiko rwashingiye ku nyemezabwishyu yashyizwe muri dosiye nyuma y’iburanisha, agasanga byakosorwa hagatangwa amafaranga ayigaragaraho. UKO URUKIKO RUBIBONA [13] Nkuko dosiye ibigaragaza, ubujurire bwa Munyaneza Fabien bwakiriwe hashingiwe ku ngingo ya 52 y’Itegeko n⁰ 30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 rigena ububasha bw’inkiko, kuko hari ikimenyetso kigizwe n’imenyezabwishyu (reçu) cyashingiweho n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, rumutegeka kwishyura Ntakirutinka Béatrice amafaranga yakoresheje igenagaciro, hatabayeho gupfundura iburanisha. Byumvikana rero ko iyo mpamvu iri mu z’iteganywa n’ingingo imaze kuvugwa, ituma Urukiko rusuzuma ubujurire bwa kabiri, bivuze ko urubanza rwongera kuburanishwa umuburanyi agaragaza inenge ziri mu rubanza nk’uko biteganywa n’ingingo ya 150 y’Itegeko n 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ⁰ ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, ababuranyi bakaba banagira icyo bavuga ku kimenyetso cyashingiweho badahawe umwanya wo kukiburanaho. [14] Urukiko rurasanga ku birebana n’uru rubanza, Munyaneza Fabien wajuriye, nta yindi nenge yagaragaje ku birebana n’inyemezabwishyu yashingiweho usibye kuvuga ko uwo aburanira atayireguyeho nyamara yarashoboraga kubikora kuri uru rwego, akagaragaza impamvu Ntakirutinka Béatrice atagombaga kugenerwa amafaranga yatanze ku igenagaciro ry’imitungo iburanwa ryasabwe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, rukanasanga ubujurire bwe bufite ishingiro, cyangwa ngo anenge mu bundi buryo impamvu icyo kimenyetso kitashingirwaho, bityo ibyo asaba ko icyo kimenyetso n’inkomoko yacyo (igenagaciro) cyateshwa agaciro ngo kuko atakireguyeho, bikaba nta shingiro bifite. [15] Urukiko rurasanga ahubwo nk’uko abandi baburanyi babivuga n’ubwo atari bo bajuriye, cyane cyane Ntakirutinka Béatrice wagenewe amafaranga, ingano y’amafaranga Urukiko rwategetse igomba gukosorwa akagenerwa 100.000 Frw ahwanye n’ayo ku nyemezabwishyu.
## Page 5
Kumenya niba Urukiko Rukuru rwaraciriye urubanza ku kitararegewe [16] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze, haregewe kugabana umutungo Ntakirutinka Béatrice avuga ko bashakanye, nyamara Urukiko rutesha agaciro amasezerano y’ubugure yahaye hagati na Munyaneza Fabien na Hakuzimana Jean Bosco kandi ntawabiregeye, ibyo bikaba binyuranyije n’ingingo ya 10 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi. Asobanura ko mu gihe nta kirego cy’inyongera Ntakirutinka Béatrice yatanze asaba ko amasezerano amaze kuvugwa ateshwa agaciro, ntaho Urukiko rwari guhera ruyatesha agaciro, cyane cyane ko ikirego kidashobora guhinduka ku rwego rw’ubujurire. Asanga ahubwo icyari gushoboka ari uko Urukiko rutegeka ko hagabanwa amafaranga yavuyemo, ariko nabwo hakagabanwa ayasigaye nyuma yo kwishyura umwenda wa banki, nabwo kandi bikaba byari gushoboka mu gihe Ntakirutinka Béatrice yari kuba yaregeye iseswa ry’amasezerano y’ubugure ; ko rero kuba haraciriwe urubanza ku kitararegewe, urubanza rwajuririwe rugomba guteshwa agaciro. [17] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko icyaburanwe kuva mbere ari ukugabana imitungo yabonetse abana na Munyaneza Fabien, ko ubwo bari bamaze gutandukana ariko bataragabana iyo mitungo, Munyaneza Fabien yahise ayishakiramo undi mugore ndetse ayigurisha Hakuzimana Jean Bosco atabanje kumenyesha Ntakirutinka Béatrice bayihahanye, kugira ngo babanze bayigabaye; ko Ntakirutinka Béatrice amaze gutanga ikirego, yamenye ko iyo mitungo yaguzwe na Hakuzimana Jean Bosco, ariyo mpamvu yasabye ko agobokeshwa mu rubanza kugira ngo atazatambamira irangiza ryarwo, ko ari muri urwo rwego Urukiko Rukuru (igikacya 32) rwatesheje agaciro ayo masezerano y’ubugure, kuko Munyaneza Fabien yagurishije nta burenganzira yabiherewe. [18] Avuga kandi ko Munyaneza Fabien atavuga ko haciriwe urubanza ku kitararegewe mu gihe abagiranye amasezerano bari ababuranyi mu rubanza, ko kandi icyatumye Hakuzimana Jean Bosco agobokeshwa kwari ukugira ngo aburane, bityo imutungo avuga ko yaguze nisubizwa bene yo atazayitambamira, naho kuba nawe yarayigurishije uwitwa Kabera bikaba byarabaye ubwo urubanza rwarimo ruburanwa, bikagaragaza uburyarya bwe (mauvaise foi), kuko yikuyeho imitungo azi ko urubanza rurimo kuburanwa, ko kandi Ntakirutinka Béatrice amaze kumenya ko Hakuzimana Jean Bosco yagurishije imitungo iburanwa, yasabye ko iburanisha ripfundurwa kugira ngo uwayiguze agobokeshwe ariko ntibyakorwa. [19] Asobanura ko amasezerano y’ubugure yagombaga guteshwa agaciro, kuko yakozwe n’umuntu utabifitiye ubushobozi, bitewe nuko Munyaneza Fabien atari kugurisha wenyine umutungo uhuriweho, hashingiwe ku ngingo ya 7 y’Itegeko rigenga amasezerano. [20] Avuga kandi ko inyandikomvugo y’iburanisha ryo ku wa 12/09/2019 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze, Ntakirutinka Béatrice yasabye ko ibibanza 6286 na 6287(biri muri 723) bigomba kugaruzwa, bivuze ko yashakaga kuvuga ko amasezerano ateshwa agaciro, ko rero icyo kibazo cyo gusesa amasezerano cyaregewe, ko kandi nubwo atari mu bakoranye amasezerano, ashobora gusaba ko aseswa mu gihe abifitemo inyungu. [21] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco nawe avuga ko Urukiko Rukuru rwaciriye urubanza ku kitararegewe, kuko mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze haregewe kugabana imitungo Ntakirutinka Béatrice avuga ko yashakanye na Munyaneza Fabien, ko uyu yavuze ko yayigurishije,
## Page 6
maze mu gika cya 16 Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rufata icyemezo cyo kugobokesha Hakuzimana Jean Bosco kugira ngo atazatambira urubanza; ko ahubwo kuba amazu asabirwa kugabanywa yaragurishijwe, iyo biba ngombwa Munyaneza Fabien na Ntakirutinka Béatrice bari kugabana amafaranga yavuyemo. Asanga rero Urukiko Rukuru rwarakoze amakosa yo gutesha agaciro amasezerano y’ubugure kandi bitararegewe, cyane cyane ko Hakuzimana Jean Bosco yagaragaje ko imitungo atakiyifite kuko nawe yayigurishije. UKO URUKIKO RUBIBONA [22] Munyaneza Fabien avuga ko Urukiko Rukuru rwaciriye urubanza ku kitararegewe, kuko rwasheshe amasezerano y’ubugure yahaye hagati ye na Hakuzimana kandi ntawabiregeye, naho Ntakirutinka Béatrice akavuga imiburanire ye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze igaragaza ko ikibazo cyo gusesa amasezerano cyaregewe, ko kandi nubwo atari mu bakoranye ayo masezerano, ntacyamubuza gusaba ko aseswa mu gihe abifitemo inyungu. [23] Ku birebana n’ibishingirwaho mu guca urubanza, ingingo ya 10 y’Itegeko nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, iteganga ko ‘’Umucamanza aca urubanza ku cyasabwe cyose kandi kuri icyo cyonyine’’, naho iya 154 y’iryo tegeko igateganya ko ‘’ Ku rwego rw’ubujurire hadashobora gutangirwa ikirego gishya keretse kuregera guhwanya imyenda,cyangwa gutanga ikirego cyo kwiregura ku kirego cy’ibanze cyatanzwe mu rukiko rw’ubujurire’’. [24] Ku kibazo cyo kumenya niba Urukiko Rukuru rwaraciriye urubanza ku kitararegewe, Urukiko rurasanga nk’uko bigaragazwa n’ikirego cyatanzwe mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze, Ntakirutinka Béatrice yasabye kugabana na Munyaneza Fabien inzu bafatanyije gushaka mu gihe babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, zifite agaciro ka 67.832.680Frw. Nkuko byibukijwe mu miterere y’urubanza, yasabye ko Hakuzimana Jean Bosco waguze imitungo iburanwa agobokeshwa mu rubanza, kugira ngo atazatambamira imikirize yarwo mu gihe yatsindira kugabana imitungo yashakanye na Munyaneza Fabien harimo n’iyo uyu yagurishije, anavuga ko kuba bigaragara ko hari iyagurishijwe, yasabye ko ayo masezerano ateshwa agaciro kuko hagurishijwe imitungo bafatanyije. [25] Urukiko rurasanga ariko usibye kuvuga ko yasabye ko amasezerano aseswa, ntaho bigaragara ko yatanze ikirego cy’iyongera kucyo yari yatanze nkuko biteganywa n’ingingo ya 112 y’Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryavuzwe haruguru, kuko no mu bibazo yasabye ko bisuzumwa, nta kirebana n’iseswa ry’amasezerano kirimo, abubwo bigaragara ko ku kibazo cyo kumenya niba ikirego cyo kugabana umutungo cyakwakirwa mu gihe utari mu maboko y’abawuburana, Ntakirutinka Béatrice yasobanuye ko cyakwakirwa kuko yaregeye uruhare rwe ku nzu yashakanye na Munyaneza Fabien, ko kuba yarayigurishije ntamuheho ari ikibazo koko, ko ariko icy’ingenzi ari uruhare rwe ku nzu, ko kuba umutungo uri mu mabono y’undi muntu ari impamvu yo kumugobokesha ariko ko ubwabyo bitamwambura uburenganzira kuri uwo mutungo. [26] Urukiko rurasanga rero, harebwe ikirego cyatanzwe mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze n’ibisobanuro byatanzwe mu kugisobanura, nta kirego cyo gutesha agaciro amasezerano y’ubugure Ntakirutinka Béatrice yatanze mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze, kikaba rero kitarashoboraga
## Page 7
no gusuzumwa ku rwego rw’ubujurire, cyane cyane ko, usibye ko nta n’icyatangiwe kuri urwo rwego, ibirego bishya bitemewe mu bujurire nk’uko ingingo ya 154 y’Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryavuzwe haruguru ibiteganya. [27] Urukiko rusanga ariko nubwo nta kirego cyo gutesha agaciro amasezerano cyatanzwe, ntacyabuza ko Ntakirutinka Béatrice akurikirana umutungo we k’uwufite bitabaye ngombwa kubanza gusaba ko amasezerano y’ubugure yawukozweho abanza guteshwa agaciro nkuko abahanga mu mategeko babivuga1, bikanahura n’ibyasobanuwe mu rubanza RCAA00045/2016/SC rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 24/05/20192, aho rwasobanuye ko uwaguze ari we ufite ububasha bwo kuregera gutesha agaciro amasezerano y’ubugure bwakozwe ku kintu cy’undi, naho nyiri ikintu cyagurishijwe atabizi akaba ashobora kurengera inyungu ze aregera kukigaruza. [28] Urukiko rurasanga rero, kuba nyuma yo kuregera kugabana umutungo Ntakirutinka Béatrice avuga ko yashakanye na Munyaneza Fabien, yaramenye ko wagurishijwe agasaba ko Hakuzimana Jean Bosco wawuguze agobokeshwa akabyemererwa, agasobanura ko ari ukugira ngo atazatambamira imikirize y’urubanza mu gihe yatsindira kugabana imitungo yashakanye na Munyaneza Fabien harimo n’iyo uyu yagurishije, naho Hakuzimana Jean Bosco akavuga imitungo isabirwa kugabanwa yagurishijwe ko kandi itagabanwa amasezerano y’ubugure adasheshwe, ibi bikaba byumvikanisha ko usibye gusaba kugabana umutungo yashakanye na Munyaneza Fabien, Ntakirutinka Béatrice yanakurikiranye ufite imitungo iburanwa (revendication), kandi nkuko byasobanuwe haruguru bikaba bitari ngombwa ko abanza gusaba ko amasezerano y’ubugure ateshwa agaciro, bityo nubwo urubanza rwajuririwe rugomba guteshwa agaciro ku birebana no gutesha agaciro amasezerano y’ubugure, ntacyo bihindura ku kuba Ntakirutinka yarahawe uruhare rwe ku mitungo Urukiko Rukuru rwasanze yarashakanye na Munyaneza Fabien. Kuba Urukiko rwaraciriye urubanza ku mitungo itari mu maboko y’abavuga ko bayishakanye [29] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko mu gihe Ntakirutinka Béatrice yari yamenye ko imitungo asaba kubonaho uruhare yagurishijwe, yagombaga gusaba ko igarurwa muri indivision aho kugira ngo Urukiko Rukuru rusese amasezerano y’ubugure ntawabiregeye, ariyo mpamvu urubanza rwajuririwe rwateshwa agaciro naho amasezerano y’ubugure akagumana agaciro kayo. [30] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko iyi mpamvu y’ubujurire nta shingiro ifite, kuko kuvuga ko haciriwe urubanza ku mitungo itakiri mu maboko y’abayishakanye kwaba ari ukwirengagiza ibisobanuro byatanzwe ku mpamvu ya kabiri y’ubujurire. Avuga kandi ko amasezerano y’ubugure yaburanyweho ko kandi nk’uko yabivuze haruguru, uwo aburanira yari afite inyungu zo gusaba ko ateshwa agaciro, cyane cyane ko Munyaneza Fabien yari azi ko Ntakirutinka Béatrice afite uburenganzira ku mutungo uburanwa, kuko ku wa 25/02/2010 1 ‘’Du point de vue procédural, l’action en revendication obéit au droit commun de la procédurale devant le tribunal de grande instance. Sa recevabilité n’est pas subordonnée à la publicité foncière de la demande. Elle ne requiert pas davantage l’annulation préalable de la vente de la chose d’autui lorsqu’elle est exercée contre l’acquéreur’’: Francois Terré, Droit civil, Les biens, Dalloz, 7e édition, p.406, n 521. ⁰ 2 2 Urubanza nº RCAA 00045/2016/SC rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 24/05/2019 hagati ya MUKARUHANGA Alexia, KOLD HANSEN na NYIRAHABIMANA Emertha
## Page 8
Munyaneza Fabien yagurishije inzu Kayitare Anicet (itari mu mitungo iburanwa), kandi Ntakirutinka Béatrice yemeye ko ubwo bugure buba. [31] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco avuga ko Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwabonye ko imitungo isabirwa kugabanywa yagurishijwe, akaba asanga icyo Urukiko Rukuru rwari gukora ari ukugabanya Ntakirutinka Béatrice na Munyaneza Fabien amafaranga yavuyemo, nabo bagafatanya kwishyura ideni rya banki, ko rero kuba urwo Rukiko rwarabagabanyije umutungo utari uwabo, rwanyuranyije n’ingongo ya 28 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ivuga ko umutungo w’umuntu ari ntavogerwa, n’ingingo ya 23 y’Iteka rya Minisitiri Nº 002/2008 ryo ku wa 01/04/2008 rivuga ku gaciro k’impapurompamo z’ubutaka. UKO URUKIKO RUBIBONA [32] Nubwo iyi mpamvu y’ubujurire idasobanutse neza kuko ivangamo ikibazo cyo gusesa amasezerano cyasesenguwe ku mpamvu y’ubujurire ya kabiri, icyo Munyaneza Fabien ashaka kumvikanisha ni uko hatari kugabanywa imitungo yagurishijwe, mu gihe nyamara icyo Ntakirutinka Béatrice yari agamije atanga ikirego, ari ukugira ngo hemezwe uruhare rwe ku mitungo avuga ko yashakanye na Munyaneza Fabien kugira ngo bayigabane, maze Urukiko Rukuru rusanga barabanye nk’umugabo n’umugore kuva ku wa 10/11/2016 ko kandi bashakanye imitungo igizwe n’inzu ziri mu bibanza nº 723, 6286 na 6287 bakaba bagomba kuzigabana. [33] Urukiko rurasanga kandi nkuko byasobanuwe ku mpamvu y’ubujurire ya kabiri, ntacyari kubuza ko Ntakirutinka Béatrice ahabwa uruhare rwe ku mitungo Urukiko Rukuru rwasanze yarashakanye na Munyaneza Fabien. Ku byerekeye indishyi [34] Uburanira Munyaneza avuga ko nyuma yo kugaragarizwa ko imitungo iburanwa yaguzwe na Hakuzimana, Urukiko Rukuru rwabirenzeho rutegeka Munyanneza kwishyura indishyi zinyuranye zingana na 1.200.000Frw n’amagarama angana na 40.000 Frw, akaba asanga izi ndishyi zigomba kuvaho. [35] Asanga ahubwo hashingiwe ku ngingo ya 111 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonnezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, Ntakirutinka yategekwa kwishyura y’indishyi z’akababaro kubera gushora Munyaneza mu manza, 1.000.000Frw y’insimburamubyizi, 200.000Frw y’ikurikiranarubanza, 1.000.000Frw y’igihembo cya Avoka na 50.000Frw y’igarama. [36] Uburanira Ntakirutinka avuga ko indishyi yahawe zifite ishingiro, kuko urukiko rwasanze hari uburenganzira yavukijwe, kandi hari ibyo yatanze kubera urubanza. Avuga kandi ko indishyi Munyaneza asaba nta shingiro zifite, kuko ari we wakoze amakosa, ko iyo yemera ko bagabana, nta rubanza rwari kubaho, ko rero atakuririra ku makosa ye ngo agire ibyo asaba. UKO URUKIKO RUBIBONA
## Page 9
[37] Ingingo ya 111 y’Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryavuzwe haruguru, iteganya ko ‘’ Ikirego cy’amafaranga y’ikurikiranarubanza ni ikirego gishamikiye ku kirego cy’iremezo kigamije kwishyuza ibyakoreshejwe mu rubanza’’. [38] Urukiko rurasanga ibivugwa na Munyaneza ko Ntakirutinka Béatrice atagombaga kugenerwa indishyi nta shingiro bifite, kuko nkuko byavuzwe haruguru, kuba urwo Rukiko rwaragaragaje ko hari imitungo bashakanye ko kandi bagomba kuyigabana, hatitawe kuba iyo mitungo yaragurishijwe, ntacyari kubuza ko agenerwa amafaranga yatanze agamije kurengera uburenganzira bwe, bityo amafaranga yagenewe akaba agomba kugumaho, ariko hakavamo 50.000Frw y’ikinyuranyo kiri hagati y’inyemezabwishyu irebena n’igenagaciro ry’imitungo iburanwa (100.000Frw) n’amafaranga urukiko rwagennye (150.000Frw), ni ukuvuga ko hagomba gusigara 1.150.000Frw. [39] Ku birebana n’indishyi z’akababaro Munyaneza Fabien zo gushorwa mu manza, Urukiko rurasanga atazigenerwa, kuko atagaragaza uburyo yashowe mu rubanza kuri uru rwego mu gihe ari we wajuriye, naho ku birebana n’amafaranga y’ikurikiranarubanza n’igihembo cya Avoka, nayo akaba atayagenerwa kuko n’ubwo hari icyo atsindiye mu bujurire, ntacyo gihindura cyane ku birebana n’ibyo Ntakirutinka Béatrice yatsindiye birebana n’uruhare rwe ku mutungo asaba ko bagabana. UBUJURIRE BWURIRIYE KU BUNDI BWA NTAKIRUTINKA Béatrice Kuba Urukiko Rukuru rwarakuye umutungo nº 722 mu bigabanwa [40] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko yagaragarije Urukiko Rukuru ibimenyetso bihagije bigaragaza ko yatangiye kubana na Munyaneza Fabien mu mwaka wa 2005 nkuko inyandiko y’Umudugudu wa Gatorwa ibigaragaza3, anarugaragariza umutungo wabonetse babana ariko rubirengaho ruvuga ko batangiye kubana ku wa 10/11/2006 (igika cya 19), bituma atagira uburenganzira ku nzu iri mu kibanza nº 722, kuko Urukiko rwavuze ko yaguzwe ku wa 30/03/2006 bataratangira kubana (igika cya 25), nyamara yasobanuye ko babanaga rwihishwa mbere y’aho, ari nabwo Ntakirutinka Béatrice yajyaga afata amafaranga yacuruje akayaha Munyaneza Fabien nkuko bigaragara mu gika cya 28 cy’urubanza rujuririwa, akaba rero asaba ko uwo mutungo nawo washyirwa mu yigomba kugabanywa. [41] Asobanura ko nta mpamvu inyandiko y’Umudugudu wa Gatorwa itahabwa agaciro, kuko yashingiye ku buhamya bwatanzwe na nyiri inzu bakodeshaga, kandi Ntakirutinka Béatrice akaba yaragize uruhare mu ishakwa ry’iyo nzu kuko yacuruzaga mu iduka yari afite mu Ruhengeri nk’uko byemejwe na raporo y’inzego z’ibanze4, ko kandi hatashingirwa ku gihe yaboneye ubutane n’umugabo we wa mbere, kuko yatangiye kubana na Munyaneza Fabien mbere y’uko batandukana. Akomeza avuga ko bagaragaje urubanza rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga rusa n’uruburanwa, aho rwasobanuye ko igihe batangiye kubana aricyo gihe bifatwa ko batangiye gushaka imitungo. 3 Attachment 11 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze 4 Attachment 5 Urukiko Rukuru
## Page 10
Ntakirutinka Béatrice yanongeyeho ko hari 500.000 Frw yagabanye n’umugabo we igihe cy’ubutane ubwo yabanaga na Munyaneza Fabien, nayo yafashije mu gushaka imitungo iburanwa. [42] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko inyandiko y’Umudugudu wa Gatorwa itagomba guhabwa agaciro, kuko yanditswe n’umukuru w’uwo Mudugudu uriho ubu, akaba atari we wawuyoboraga igihe Ntakirutinka Béatrice avuga ko yatangiye kubana na Munyaneza Fabien. Byongeye kandi, igihe uwo mutungo wagurwaga, hagaragara uwaguze n’uwagurishije, Ntakirutinka Béatrice akaba atagaragaza uruhare rwe. Na none kandi, urubanza rw’ubutane bwa Ntakirutinka Béatrice n’umugabo we wa mbere rwaciwe ku wa 29/03/2007, mu gihe nyamara avuga ko umutungo yagabanye n’uwo mugabo ariwo ukomokaho imitungo avuga ko asangiye na Munyaneza Fabien, kandi nyamara atari kugabana umutungo n’uwo mugabo bataratana. [43] Avuga kandi ko ubucuruzi Ntakirutinka Béatrice avuga ko yakoraga, yagombye kubugaragariza ipatante, ko kandi harebwe icyemezo cy’urubanza rw’ubutane (dispositif), bigaragara ko batandukanye mu mwaka wa 2007, bivuze ko ari nabwo bagabanye imitungo. [44] Ku kibazo cyo kumenya impamvu haregewe imitungo ibiri ariko mu rubanza hakagabanywa imitungo iri mu bibanza birenze bibiri, uburanira Ntakirutinka Béatrice yasobanuye ko umutungo wari ufite nº 723 ari wo wakaswemo ibibanza bitatu, uburanira Munyaneza Fabien nawe asobanura ko uyu yagurishije Hakuzimana Jean Bosco inzu iri mu kibanza nº 722 hamwe n’amazu ari mu kibanza cyari kitarabarurwa, uwaguze aba ari we ubaruza uwo mutungo uhabwa nomero eshatu (723, 6286 na 6287). UKO URUKIKO RUBIBONA [45] Imikirize y’Urubanza rwajurirwe igaragaza ko Urukiko Rukuru, rushingiye ku ngingo ya 3 y’Itegeko ryererekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo, rwasesenguye ibimenyetso biri muri dosiye mu rwego rwo kumenya igihe Munyaneza Fabien yatangiye kubana na Ntakirutinka Béatrice nk’umugabo n’umugore, rusanga baratangiye kubana ku mugaragaro ubwo yavaga mu rugo yabanagamo n’umugabo we Ngabonziza Valens akajya gucumbika wenyine mu ibereshi ku wa 10/11/2006, iyo tariki akaba ari yo igomba gufatwa ko batangiye kubana nk’umugabo n’umugore hashingiwe ku nyandiko y’ubuyobozi bw’aho babaga, inyandiko y’umwanditsi bw’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza yo ku wa 16/11/2006 wagiye guhesha Ngabonziza Valens ibintu Ntakirutinka Béatrice yari yasahuye, n’imvugo ya Ngabonziza Valens mu iburanisha ry’urubanza rw’ubutane, wavuze ko Munyaneza Fabien ari we wamutwariye umugore amukodeshereza inzu mu ibereshi. [46] Uru Rukiko narwo rurasanga ibimenyetso bimaze kuvugwa bihagije kwemeza ko Munyaneza Fabien na Ntakirutinka Béatrice batangiye kubana ku wa 10/11/2006, cyane cyane ko no mu iburanisha ry’urubanza rw’ubutane, Ntakirutinka Béatrice nawe yavuze ko nyuma y’inama y’umuryango yabaye ku wa 09/11/2006, bwakeye mu gitondo cyo ku wa 10/11/2006 ajya gushaka aho aba. [47] Ku birebana n’inyandiko y’Umudugudu wa Gatorwa, uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko igaragaza ko batangiye kubana mu mwaka wa 2005, Urukiko rurasanga usibye kuba ntawakwemeza ukuri kw’ibiyivugwamo bitewe n’uko hatagaragajwe ubuhamya uwayanditse
## Page 11
yashingiyeho, nta n’impamvu Ngabonziza Valens atari kuvuga ko umugore we yataye urugo kuva mu mwaka wa 2005. Byongeye kandi, kuba Ntakirutinka Béatrice avuga ko muri icyo gihe babanagarwihishwa, byumvikanisha ko batafatwa nk’ababanaga nk’umugabo n’umugore ku buryo bagira n’imitungo bahahana. [48] Hashingiwe ku bimaze gusobanura no ku biteganywa n’ingingo ya 3 y’Itegeko ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo yashingiweho n’Urukiko Rukuru, Urukiko rurasanga nta kimenyetso Ntakirutinka Béatrice yatanze mu bujurire kivuguruza ibyashingiweho n’Urukiko Rukuru ku birebana n’igihe yatangiye kubana na Munyaneza Fabien. Kumenya niba harabayeho kugabanya imitungo mu buryo butangana [49] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko Urukiko rwamugeneye inzu iri mu kibanza 723, Munyaneza Fabien ahabwa iziri mu bibanza bitatu, rukaba rwarabikoze rudashingiye ku iganagaciro kandi ariryo rigaragaza agaciro ka buri mutungo, rikaba ryari gutuma hakabaho kugabana nta busumbane. [50] Asobanura ko mu gihe nta kigaragaza uruhare bwa buri wese mu buryo budashidikanywaho, bagombaga kugabana mu buryo bungana, buri wese akabona 50%, ni ukuvuga ko Munyaneza Fabien agomba kugarurira Ntakirutinka Béatrice uruhare rwe rungana na 50% y’agaciro k’imitungo, atabishobora ikagurishwa bakagabana amafaranga avuyemo. [51] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko igenagaciro Ntakirutinka Béatrice ashingiraho asaba Urukiko kubagabanya imitungo bahahanye ku buryo bungana nta gaciro igomba guhabwa, kuko yakorewe ku mutungo wa Hakuzimana Jean Bosco, Munyaneza akaba atagomba kugabana umutungo utari uwe, ko yemera ko umutungo we bwite yawugurishije 22.000.000Frw yishyuwe na Kabera , umuvandimwe wa Hakuzimana, akaba ari yo yavuyemo ubwishyu bwa banki, ko rero niyo Ntakirutinka Béatrice yagaragaza uruhare rwe mu mitungo yagurishijwe, amafaranga yasigaye nyuma yo kwishyura umwenda ari yo yagabanywa. [52] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco avuga ko Urukiko rutagombaga kugabanya umutungo utakiri uw’ababurana. Asobanura ko ku birebana n’ubugure, umuvandimwe we Kabera uri mu mashuri ari we watanze amafaranga, ko ariko kugira ngo guhinduza imitungo bizashoboke, byasabye ko Hakuzimana Jean Bosco ari we ugirana amasezerano na Munyaneza Fabien. UKO URUKIKO RUBIBONA [53] Imikirize y’urubanza rwajuririwe igaragaza ko Urukiko Rukuru rwasuzumye ikibazo cyo kumenya niba Ntakirutinka Béatrice yaragize uruhare kugira ngo imitungo iburanwa iboneke, rusanga imitungo Munyaneza Fabien yabonye babana bagomba kuyigabana nk’uko ingingo ya 39 y’Itegeko n⁰ 59/2008 ryo ku wa 10/09/2010 rikumira kandi rihana ihohoterwa iryo ari ryo ryose rishingiye ku gitsina, ko rero inzu ziri ku bibanza 723, 6286 na 6287 bagomba kuzigabana, Ntakirutinka akegukana inzu iri mu kibanza n 723/MUS/MUH ifite UPI: 4/03/08/04/723 naho ⁰ Munyaneza akegukana inzu ziri mu bibanza 6286 na 6287, akanagumana iyo mu kibanza 722 yaguze atarabana na Ntakirutinka nk’umugabo n’umugore.
## Page 12
[54] Urukiko rurasanga ariko ntacyo Urukiko Rukuru rwashingiyeho mu kugabanya imitungo imaze kuvugwa mu buryo rwabigennye, ngo bigaragare ko hubahirijwe ingingo ya 39 y’Itegeko n⁰ 59/2008 ryo ku wa 10/09/2010 ryavuzwe hharuguru rwashingiyeho, iteganya ko igabana rikorwa mu buryo bungana, cyane cyane ko rwanategetse ko imitungo iburanwa ikorerwa igenagaciro. [55] Urukiko rurasanga harebwe igenagaciro ry’imitungo Urukiko Rukuru rwemeje ko Munyaneza Fabien agomba kugabana na Ntakirutinka Béatrice, rigaragaza ko umutungo rwageneye Ntakirutinka ufite agaciro ka 17.109.000Frw naho iyagenewe Munyaneza ifite agaciro ka 33.229.500Frw, nyamara mu gihe rwari rwabonye ko iyo mitungo bayishakanye, nta mpamvu rutagombaga kuyigabanya mu buryo bungana rushingiye ku igenagaciro rwari rwasabye, kuko nubwo bigaragara ko ryashyizwe muri dosiye na Ntakirutinka Béatrice nyuma yo gupfundikira iburanisha ntirigibweho impaka, ntacyo Munyaneza Fabien yarinenze kuri uru rwego ngo agaragaze ko agaciro imitungo yahawe atari ko, ahubwo avuga gusa ko ritashingirwaho kuko ryakorewe ku mutungo wa Hakuzimana Jean Bosco. [56] Urukiko rurasanga ariko mu gihe inzu zigomba kugabanwa ari eshatu bikaba bitashoboka ko zigabanywamo kabiri, buri wese yagumana umutungo yagenewe, ariko harebwe agaciro k’umutungo buri umwe yagenewe, Munyaneza Fabien agaha Ntakirutinka Béatrice 8.060.250 Frw kugira ngo buri wese agire umutungo ufite agaciro ka 25.169.255Frw, ni ukuvuga ½ cy’agaciro k’imitungo itatu kangana na 50.338.500Frw. Ku byerekeye amafaranga asabwa na NTAKIRUTINKA Béatrice [57] Uburanira Ntakirutinka Béatrice asaba ko Munyaneza Fabien yategekwa kwishyura 1.500.000Frw y’ikurikirnarubazna n’igihembo cya Avoka, yiyongera ku yategetswe n’Urukiko Rukuru. [58] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko kuba Ntakirutinka Béatrice atarakurije inzira yemewe n’amategeko, atakwitwaza amakosa ye ngo agire ibyo asaba uwo aburanira. UKO URUKIKO RUBIBONA [59] Ingingo ya 111 y’Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryavuzwe haruguru, iteganya ko ‘’ Ikirego cy’amafaranga y’ikurikiranarubanza ni ikirego gishamikiye ku kirego cy’iremezo kigamije kwishyuza ibyakoreshejwe mu rubanza’’. [60] Urukiko rurasanga amafaranga y’ikurikiranarubanza n’igihembo cya Avoka asabwa na Ntakirutinka atayagenerwa, kuko n’ubwo hari ibyo atsindiye mu bujurire, hari n’ibyo Munyaneza Fabien atsindiye. UBUJURIRE BWURIRIYE KU BUNDI BWA HAKUZIMANA Kuba Urukiko Rukuru rwaraciriye urubanza ku kitararegewe [61] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco avuga ko nk’uko yabisobanuye ku birebana n’ubujurire bwa Munyaneza Fabien, Urukiko Rukuru rwaciriye urubanza ku kitaregewe, kuko mu Rukiko Rwisumbuye hatigeze haregerwa ibyo gutesha agaciro amasezerano y’ubugure ; ko kandi mu gihe
## Page 13
ayo masezerano yateshwa agaciro, Hakuzimana Jean Bosco yasubizwa 22.000.000Frw yishyuye, hiyongereyeho agaciro yongeye ku mitungo kangana na 48.899.275Frw nkuko igenagaciro ryabigaragaje, yose akayishyurwa na Munyaneza na Ntakirutinka. [62] Uburanira Munyaneza Fabien avuga ko amasezerano y’ubugure akwiye kugumana agaciro kuko atigeze asabirwa guseswa. Byongeye kandi, amafaranga yavuyemo yishyuwe Banki. [63] Uburanira Ntakirutinka Beatrice avuga ko ibirebana n’agaciro k’amasezerano y’ubugure byaburanweho nk’uko bigaragazwa n’ikibazo cya gatatu urukiko rwasuzumye, kandi Hakuzimana Jean Bosco akaba yarireguye, ariko akaba atarigeze asaba ko mu gihe ayo masezerano yateshwa agaciro yahabwa indishyi, ko rero kuba abivugiye mu bujurire, ntibikwiye gusuzumwa. Asanga kandi agaciro k’umutungo gashobora kwiyongera bidatewe n’ibyawongeweho, cyane cyane ko nta bimenyetso yatanze bigaragaza ibyo yongeye ku mitungo avuga ko yaguze. [64] Avuga kandi ko n’ubwo ibyo asaba byasuzumwa kuri uru rwego, nta nyungu afite yo kugira icyo asaba kuko yivugiye ko amafaranga yo kugura yishyuwe na Kabera. UKO URUKIKO RUBIBONA [65] Urukiko rurasanga ikibazo cyo gucira urubanza ku kitararegewe cyasuzumwe haruguru ku birebana n’ubujurire bwa Munyaneza Fabien, ibisobanuro byatanzwe bikaba bifite agaciro no ku bujurire bwa Hakuzimana Jean Bosco. [66] Urukiko rurasanga ku birebana n’amafaranga Hakuzimana Jean Bosco asaba gusubizwa, bigaragara ko nta kirego cyayo yigeze atanga, akaba rero atayasabira kuri uru rwego kuko byaba binyuranye n’ingingo ya 154 y’Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/04/2018 ryavuzwe haruguru. Ku byerekeye indishyi [67] Uburanira Hakuzimana Jean Bosco avuga ko Urukiko rutamugeneye 1.000.000Frw y’indishyi z’akababaro yari yasabye kubera gushorwa mu manza, ko no kuri uru rwego asaba nkayo, na 1.000.000Frw y’igihembo cya Avoka mu Rukiko Rukuru na 1.000.000Frw kuri kuri uru rwego, yose akishyurwa na Ntakirutinka Beatrice kuko ari we nyirabayazana w’uru rubanza. [68] Uburanira Ntakirutinka Béatrice avuga ko Hakuzimana JeanBosco atashowe mu rubanza ku maherere ahubwo yazanwe mu rubazna kuko ari we warufite umutungu usabirwa kugabanywa. Byongeye kandi, hashingiwe ku Itegeko rigenga amasezerano, nta ndishyi z’akababaro zitangwa mu gihe nta hungabana ry’umubiri ryabayeho. [69] Ku birebana n’amafaranga y’igihembo cya Avoka, avuga ko atayahabwa nkuko byasobanuwe mu rubanza rwajuririwe, no kuri uru rwego akaba atayabahwa kuko byari ngombwa ko aza mu rubanza bitewe nuko kugobokeshwa kwe kwemewe. UKO URUKIKO RUBIBONA
## Page 14
[70] Urukiko rurasanga indishyi z’akababaro zisabwa na Hakuzimana Jean Bosco atazigenerwa, kuko adasobanuro akababaro yagize ako ariko n’aho ashingira mu rwego rw’amategeko asaba izo ndishyi. Ku birebana n’amafaranga y’igihembo cya Avoka, Urukiko rurasanga nayo atayagenerwa kuko uwo ayasaba atari we wajuriye ngo bibe byafatwa ko yatumye agira ibyo atanga. ICYEMEZO CY’URUKIKO [71] Rwemeje ko iyo mpamvu iri mu z’iteganywa n’ingingo imaze kuvugwa, ituma Urukiko rusuzuma ubujurire bwa kabiri, bivuze ko urubanza rwongera kuburanishwa umuburanyi agaragaza inenge ziri mu rubanza [72] Rwemeje ko ubujurire bwuririye ku bundi bwa Ntakirutinka Béatrice bufite ishingiro kuri bimwe ; [73] Rwemeje ko ubujurire bwuririye ku bundi bwa Hakuzimana Jean Bosco bufite ishingiro kuri bimwe ; [74] Rwemeje ko urubanza rwajuririwe ruteshejwe agaciro ku birebana n’iseswa ry’amasezerano y’ubugure hagati ya Hakuzimana Jean Bosco na Munyaneza Fabien ; [75] Rwemeje ko Ntakirutinka Béatrice ahabwa inzu iri mu kibanza n⁰ 723/MUS/MUH ibaruwe kuri UPI : 4/03/08/04/723, akanongererwaho 8.060.250Frw ; [76] Rwemeje ko Munyaneza Fabien agumana amazu ari mu bibanza nº 722, 6286 na 6287, ariko agaha Ntakirutinka Béatrice 8.060.250Frw ; [77] Rwemeje ko mu mafaranga 1.200.000Frw Munyaneza Fabien yategetswe kwishyura Ntakirutinka Béatrice, havamo 50.000 Frw, akamwishyurwa 1.150.000Frw nkuko byasobanuwe ; [78] Rwemeje ko amagarama yatanzwe aguma mu Isanduku ya Leta.