UBUSHINJACYAHA v. NAHIMANA
The conviction for defilement of a minor was improper due to insufficient admissible evidence of the complainant's age. However, the evidence established that Nahimana Muhamadi engaged in non-consensual sexual intercourse with the complainant, constituting rape under Article 134 of Law No. 68/2018. The sentence was...
Source-derived case information.
- Citation
- RPAA 00510/2021/CA
- Parties
- Prosecution: Ubushinjacyaha; Appellant: Nahimana Muhamadi
- Court
- Court of Appeal
- Jurisdiction
- Rwanda
- Judgment Date
- 29 August 2023
- Case Number
- RPAA 00510/2021/CA
- Procedural Posture
- Criminal Appeal / Court of Appeal Judgment
- Outcome
- Appeal allowed in part; conviction and sentence modified.
- Legal Topics
- Sexual Offences, Rape, Appeal, Evidentiary Requirements
- Source Language
- rw
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Ubushinjacyaha
Prosecution
Nahimana Muhamadi
Appellant
Procedural Posture
Criminal Appeal / Court of Appeal Judgment
Legal Issues
- 1 Whether the complainant was a minor at the time of the offence
- 2 Whether the conviction for defilement of a minor was proper
- 3 Whether the acts constituted rape (non-consensual sex)
Ratio Decidendi
The conviction for defilement of a minor was improper due to insufficient admissible evidence of the complainant's age. However, the evidence established that Nahimana Muhamadi engaged in non-consensual sexual intercourse with the complainant, constituting rape under Article 134 of Law No. 68/2018. The sentence was reduced to 10 years' imprisonment and a fine of 1,000,000 RWF, considering mitigating factors.
Court Disposition
Appeal allowed in part; conviction and sentence modified.
Orders
- Conviction for defilement of a minor set aside; conviction for rape substituted.
- Nahimana Muhamadi sentenced to 10 years' imprisonment and a fine of 1,000,000 RWF.
Full Case Text
Judgment text and source record
17 paragraphs
# UBUSHINJACYAHA v. NAHIMANA
- Source: Amategeko - Section: Decisions (Judgements) - Date: 2023-08-29 - Case/document no.: RPAA 00510/2021/CA - Collection: Court of Appeal
## Text
## Page 1
UBUSHINJACYAHA v. NAHIMANA [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RPAA 00510/2021/CA (Mukandamage, P.J.) 29 Kamena 2023] Amategeko agenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha – Inyito y’icyaha – Inkiko zifite inshingano yo guha ibikorwa bigize icyaha inyito ikwiye iteganywa n’amategeko –Inyito y’icyaha ishobora guhinduka igihe cyose Urukiko rutarafata icyemezo ndakuka. Incamake y’ikibazo: Uru rubanza rwatangiriye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, Ubushinjacyaha bukurikiranye uwitwa Nahimana Muhamadi ku cyaha cyo gusambanya umwana, buvuga ko ari kumwe na mugenzi we witwa Nishimwe Mutesa bahuye n’umwana w’umukobwa witwa I.L. wari uvuye mu Murenge wa Ruhuha aho yabaga kwa nyirakuru agiye kwa mubyara we i Mayange, maze imodoka irenga aho yajyaga, baramushuka bamujyana aho baba bamubwira ko bagiye kumucumbikira kuko bwari bwije, maze bamugejeje aho batuye Nahimana Muhamadi aramusambanya. Urwo Rukiko rwaciye urubanza rusanga uregwa ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka makumyabiri (20). Uregwa yajuririye Urukiko Rukuru avuga ko yemera icyaha aregwa cyo kuba yarararanye umwana I.L. akamusambanya, asaba ko igihano yahawe cyagabanywa. Urwo Rukiko rushingiye ku biteganywa n’itegeko ku cyaha cyo gusambanya umwana, rwasanze igihano yahawe kidashobora kugabanywa kubera ko yahanishijwe igihano gito giteganywa n’itegeko ku cyaha aregwa. Uregwa yajuririye na none Urukiko rw’Ubujurire avuga ko yahawe igihano kiremereye kandi yaraburanye yemera icyaha anasaba imbabazi, kandi ko hatakozwe iperereza kugirango hamenyekane imyaka y’ukuri umukobwa yari afite, kuko bakoze imibonano mpuzabitsina babyumvikanyeho nk’abantu bakuze, asaba ko igihano yahawe cyagabanywa. Ubushinjacyaha bwo buvuga ko impamvu y’ubujurire yatanzwe na Nahimana Muhamadi ishingiye ku gushidikanya ku myaka y’umukobwa wasambanyijwe nta shingiro ifite, kuko inyandiko y’amavuko yagaragaje imyaka y’umwana akaba atarayivuguruje, kandi ko igihano yahawe kidakwiye kongera kugabanywa kuko cyagabanyijwe mu nkiko zabanje. Incamake y’icyemezo: Inkiko zifite inshingano yo guha ibikorwa bigize icyaha inyito ikwiye iteganywa n’amategeko, bisobanuye ko inyito y’icyaha ishobora guhinduka igihe cyose Urukiko rutarafata icyemezo ndakuka. Ubujurire bufite ishingiro kuri bimwe; Urubanza ruhindutse ku bijyanye n’inyito y’icyaha n’ibihano. Amategeko yashingiweho: Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigena ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 134. Itegeko N° 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo, ingingo ya 35.
## Page 2
Imanza zifashishijwe: RS/INJUST/RP/ECON 00002/2022/CA, Ubushinjacyaha vs. Bimenyimana rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 17/03/2023. Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Ubushinjacyaha bwatanze ikirego mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo burega Nahimana Muhamadi icyaha cyo gusambanya umwana, buvuga ko ku wa 06/01/2019, ari kumwe na mugenzi we Nishimwe Mutesa bahuye n’umwana w’umukobwa witwa Iteriteka Laïla wari uvuye mu Murenge wa Ruhuha aho yabaga kwa nyirakuru agiye kwa mubyara we i Mayange, maze imodoka irenga aho yajyaga, baramushuka bamujyana aho baba bamubwira ko bagiye kumucumbikira kuko bwari bwije, maze bamugejeje aho batuye Nahimana Muhamadi aramusambanya. [2] Nahimana Muhamadi yaburanye ahakana icyaha aregwa, avuga ko yahuye n’uwo mwana ari kumwe na NISHIMWE Mutesa akamubaza aho ajya kandi ari nijoro, umwana akamusubiza ko ashaka akazi, hanyuma NISHIMWE Mutesa akamubwira ko yajya kumucumbikira, hanyuma barararana, bucyeye babona azanye n’Umukuru w’Umudugudu avuga ko yasambanyijwe. [3] Mu rubanza n° RP 00266/2019/TGI/GSBO rwaciwe ku wa 04/10/2019, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasanze hari ibimenyetso bidashidikanywaho bihamya Nahimana Muhamadi icyaha cyo gusambanya umwana, birimo imvugo z’umwana wavuze ko yasambanyijwe, raporo ya Muganga wo mu bitaro bya Nyamata wamusuzumye, imvugo za Uwizeyimana Sandrine mubyara w’umwana Iteriteka Laïla, n’inyandiko y’amavuko igaragaza ko ubwo uwo mwana yasambanywaga yari afite imyaka cumi n’ine (14) y’amavuko, maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka makumyabiri (20). [4] Nahimana Muhamadi yajuririye Urukiko Rukuru avuga ko yemera icyaha aregwa cyo kuba yarararanye umwana Iteriteka Laïla akamusambanya, asaba ko igihano yahawe cyagabanywa. [5] Mu rubanza n° RPA 01777/2019/HC/KIG rwaciwe ku wa 11/03/2021, Urukiko Rukuru, rushingiye ku biteganywa n’itegeko ku cyaha cyo gusambanya umwana, rwasanze igihano Nahimana Muhamadi yahawe kidashobora kugabanywa kubera ko yahanishijwe igihano gito giteganywa n’itegeko ku cyaha aregwa. [6] Nahimana Muhamadi yajuririye na none Urukiko rw’Ubujurire avuga ko yahawe igihano kiremereye kandi yaraburanye yemera icyaha anasaba imbabazi, kandi ko hatakozwe iperereza kugirango hamenyekane imyaka y’ukuri umukobwa yari afite, kuko bakoze imibonano mpuzabitsina babyumvikanyeho nk’abantu bakuze, asaba ko igihano yahawe cyagabanywa. [7] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga ko impamvu y’ubujurire yatanzwe na Nahimana Muhamadi ishingiye ku gushidikanya ku myaka y’umukobwa wasambanyijwe nta shingiro ifite,
## Page 3
kuko inyandiko y’amavuko yagaragaje imyaka y’umwana akaba atarayivuguruje, kandi ko igihano yahawe kidakwiye kongera kugabanywa kuko cyagabanyijwe mu nkiko zabanje. [8] Urubanza rwaburanishijwe mu ruhame ku wa 03/02/2023, Nahimana Muhamadi yunganiwe na Me Uwiduhaye Julienne, naho Ubushinjacyaha buhagarariwe na Niyonzima Vincent, Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, iburanisha rirasubikwa kugirango Ubushinjacyaha bushake inyandiko y’amavuko y’umwana Iteriteka Laïla itanzwe mu buryo bukurikije amategeko. [9] Ku wa 03/04/2023, iburanisha ryarasubukuwe, Nahimana Muhamadi yunganiwe na Me Muhire Jean Marie Eugène, naho Ubushinjacyaha buhagarariwe na Habineza Jean Damascène, Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, abwira urukiko ko icyagombwa cyasabwe kitaraboneka, ko hakiri imishyikirano igikorwa n’inzego z’Ubuyobozi z’Igihugu cy’u Burundi aho umwana yavukiye kugira ngo kiboneke, Ubushinjacyaha buhabwa ikindi gihe cyo kugishaka kugera ku wa 05/06/2023, uwo munsi Nkusi Faustin, Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu avuga ko bagikomeje gushakisha icyangombwa ku buryo gishobora kuboneka mu gihe kitarambiranye, iburanisha rirasozwa, ababuranyi bamenyeshwa ko urubanza ruzasomwa ku wa 28/06/2023, ariko uwo munsi ntirwasomwa kuko hari ikiruhuko, rusomwa ku wa 29/06/2023. IBIBAZO BIRI MU RUBANZA N’ ISESENGURA RYABYO Kumenya niba umukobwa I. L. wasambanyijwe na Nahimana Muhamadi yari umwana cyangwa niba yari yujuje imyaka y’ubukure igihe icyaha cyakorwaga [10] Nahimana Muhamadi avuga ko hari ukuvuguruzanya ku mavuko y’ukuri y’umukobwa Iteriteka Laïla aregwa ko yasambanyije, kuko mu Bugenzacyaha yavuze ko afite imyaka cumi n’ibiri (12) y’amavuko, ariko mu guca urubanza, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruvuga ko umukobwa wahohotewe yari afite imyaka cumi n’ine (14) y’amavuko. Avuga ko mu bujurire bwa mbere yasabye ko hakorwa iperereza ngo hamenyekane imyaka nyakuri y’uwo mukobwa, ariko ko ritakozwe, agasaba uru Rukiko ko ryakorwa, kuko kubwe abona ko basambanye bose ari bakuru kandi babyumvikanyeho, kuko uwo mukobwa yamubwiraga ko yujuje imyaka cumi n’umunani (18) y’amavuko. [11] Me Muhire Jean Marie Eugène, wunganira Nahimana Muhamadi, avuga ko abazwa mu Bugenzacyaha, umukobwa I. L. yavuze ko ari mwene Rutabinga Aboubakar na Umwiza Jeannine, naho mu nyandiko ye y’amavuko iri muri dosiye hakaba handitse ko ababyeyi be ari Nkurunziza Emile na Uwamwiza Jeannine, kandi ko iyo nyandiko yakorewe mu gihugu cy’u Burundi, ariko ntiyanyuzwa mu nzira zemewe n’amategeko, kugira ngo igire agaciro mu Rwanda. [12] Akomeza avuga ko hashingiwe ku ngingo ya 98 y’Itegeko nº 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango, n’ingingo ya 54 y‘Itegeko n° 13 bis / 2014 ryo ku wa 21/05/2014 rigenga umurimo w’Ubunoteri, asanga iyo nyandiko y’amavuko ya Iteriteka Laïla itari ikwiriye gushingirwaho n’Urukiko, kuko ibyo igaragaza binyuranye n’ibyo we yavuze ubwo yatangaga ikirego mu Bugenzacyaha, ko rero kuba hari ugushidikanya ku myaka y’umukobwa, Urukiko rwabanje rwari kwemeza ko nta kigaragaza ko icyaha Nahimana Muhamadi ashinjwa yagikoze, kuko nta kimenyetso simusiga kigaragaza ko uwo aregwa gusambanya yari akiri
## Page 4
umwana, ibyo rukabishingira ku biteganywa n’ingingo ya 111 y’Itegeko nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha. [13] Me Muhire Jean Marie Eugène yongeraho ko ibyavuye mu iperereza ryakozwe ku wa 16 - 17/02/2023 n’Ubushinjacyaha bidasobanura impungenge zagaragajwe, ko hari ugushidikanya gutewe n’uko guhindagurika kw’amazina y’ababyeyi b’umwana, agasaba ko urukiko rutabiha agaciro. [14] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga ko kubijyanye n’igihe uwahohotewe yavukiye bidakwiye kureberwa mu nyandikomvugo ye cyangwa mu nyandikomvugo y’undi muntu uwo ari we wese, mu gihe hari inyandiko y’amavuko ibigaragaza, kuko ariyo nyandiko-mpamo (authentic deed) kandi yatanzwe n’urwego rwo mu Burundi rubifitiye ububasha (Ushinzwe irangamimerere muri Komini Kirundo), nk’uko biteganywa n’ingingo ya 11 n’iya 13 z’Itegeko n° 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo, ko rero idakwiye kuvuguruzwa n’amagambo gusa, ahubwo ko hakwiye kugaragazwa indi nyandiko iyivuguruza yemewe n’amategeko, nk’uko umwuganizi wa Nahimana Muhamadi yabigaragaje mu mwanzuro, ashingiye ku ngingo ya 98 y’Itegeko nº 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango. Avuga kandi ko ingingo ya 54 y‘Itegeko n° 13 bis / 2014 ryo ku wa 21/05/2014 rigenga umurimo w’Ubunoteri itakoreshwa muri uru rubanza, kuko inyandiko ivugwa itanyujijwe kwa Noteri. [15] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga kandi ko mu iperereza ryakozwe ku wa 16 - 17/02/2023, abagize umuryango w’umwana wahohotewe basobanuye iby’ihindagurika ry’amazina ya se w’umwana n’imyaka y’umwana, bavuga ko avuka, se wa I. L. yiswe Rutabingwa Emile, agiye gufata ikarita ndangamuntu yandikisha amazina ya Nkurunziza Emile, ariko ko i Burundi bamwitaga Rutabingwa Aboubakar, naho ku myaka ya I. L. bakaba bavuze ko batayizi neza, ariko umwe mu babajijwe witwa Uwamariya Gerardine imyaka ye yabarwa haherewe ku mwana I. L. akurikira ufite imyaka makumyabiri (20) y’amavuko, ko rero Urukiko rudakwiye kugira urujijo ku wakorewe icyaha cyangwa ku cyaha cyakozwe, kuko kwibeshya mu myandikire bishoboka. UKO URUKIKO RUBIBONA [16] Impaka kuri iki kibazo zishingiye ku kumenya niba inyandiko y’amavuko ya I. L. yatanzwe n’Ubushinjacyaha burega Nahimana Muhamadi ari ikimenyetso cyagombaga gushingirwaho n’inkiko zabanje mu kugaragaza irangamimerere y’umukobwa wasambanyijwe, harimo amazina y’ukuri y’ababyeyi be ndetse n’igihe nyakuri yavukiye. [17] Ingingo ya 35 y’Itegeko n° 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo iteganya ibikurikira: “(…) Kopi idateyeho icyemezo cy’uko ihuye n’inyandiko y’umwimerere igira agaciro igihe yunganiwe n’ikindi kimenyetso kitabujijwe n’amategeko iyo inyandiko y’umwimerere idashobora kuboneka.” [18] Muri dosiye y’uru rubanza, harimo fotokopi ya kopi y’inyandiko y’amavuko ya Iteriteka Laïla (extrait de l’acte de naissance n° 114, volume n° 128) yakozwe ku wa 16/01/2012 na Révérien Habogorimana, Umwanditsi w’Irangamimerere wo muri Province ya Kirundo mu Gihugu cy’u Burundi, ivuga ko yavutse ku wa 16/09/2005, akaba umukobwa wa Nkurunziza
## Page 5
Emile na Uwamwiza Jeanine, icyo kimenyetso akaba aricyo cyatanzwe n’Ubushinjacyaha burega Nahimana Muhamadi icyaha cyo kuba yaramusambanyije kandi ari umwana, kinashingirwaho n’Urukiko Rukuru rumuhamya icyo cyaha runamugenera igihano, nyamara ubwo uwo mwana yabazwaga mu Bugenzacyaha yavuze ko yavutse mu mwaka wa 2006, ababyeyi be akaba ari Rutabinga Aboubacar na Umwiza Jeanine. [19] Mu ncamake y’ibyavuye mu iperereza ryakozwe n’Ubushinjacyaha ku wa 16 - 17/02/2023, abakomoka mu muryango wa se wa I. L. bavuze ko se avuka yiswe Rutabingwa Emile, agiye gufata irangamuntu yiyita Nkurunziza Emile, ko rero ayo mazina ari aye, ariko ko aba i Burundi bamwitaga Rutabingwa Aboubakar. [20] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga ikimenyetso kigaragaza amavuko ya Iteriteka Laïla cyavuzwe haruguru kitaragombaga guhabwa agaciro n’inkiko zabanje ngo zigishingireho zemeza ko yasambanyijwe ari umwana, kuko ari kopi y’inyandiko yakorewe mu mahanga idateyeho icyemezo cy’uko ihuye n’inyandiko y’umwimerere, kandi nta kindi kimenyetso gihari kicyunganira ku buryo cyahabwa agaciro nk’uko biteganywa n’ingingo ya 35 y’Itegeko n° 15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryavuzwe haruguru. [21] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga kandi, n’ubwo Ubushinjacyaha bwahawe igihe gihagije kugira ngo bushake inyandiko y’irangamimerere ikurikije amategeko, ntayo bwabashije kurushyikiriza, bityo Nahimana Muhamadi akaba ataragombaga guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana kubera ko nta kimenyetso gihari kigaragaza mu buryo budashidikanywaho umwirondoro n’imyaka umukobwa yasambanyije yari afite igihe icyaha cyakorwaga ku wa 06/01/2019. [22] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga rero kuri iyi ngingo, ubujurire bwatanzwe na Nahimana Muhamadi, bufite ishingiro. b. Kumenya niba Nahimana Muhamadi yarakoranye imibonano mpuzabitsina na I.L. ku bwumvikane cyangwa ku gahato, niba kandi ibikorwa yamukoreye byahindurirwa inyito [23] Mu myanzuro y’ubujurire, Nahimana Muhamadi avuga ko yahawe igihano kiremereye, nyamara mu bujurire yaraburanye yemera ko yasambanyije umukobwa Iteriteka Laïla babyumvikanyeho, kuko yamubwiraga ko akuze afite imyaka cumi n’umunani (18) y’amavuko, anasaba imbabazi ku myitwarire idahwitse yagize no kugabanyirizwa igihano yahawe ku rwego rwa mbere aho yari yaburanye ahakana icyaha kubera guhuzagurika, cyane cyane ko yaregwaga gusambanya umwana w’imyaka 12, ubundi ikaba 14 y’amavuko. [24] Me Muhire Jean Marie Eugène avuga ko Nahimana Muhamadi yaryamanye n’umukobwa azi ko ari mukuru kuko yabimwemereye amubwira ko afite imyaka 18, kandi ko yarebaga n’igihagararo akabona ari mukuru, ko rero mu gihe Urukiko rwabona koko uwo mukobwa yari umwana rwaca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano yahawe kuko yemera ko yaba yarakosheje. Avuga kandi ko icyo gihe akora icyaha yari akiri mu myaka y’ubusore ku buryo kwibeshya ku gikorwa nk’icyo yakoze byoroshye. [25] Ku kibazo cyo kumenya niba ibikorwa Nahimana Muhamadi yemera ko yakoze byahindurirwa inyito mu gihe byagaragara ko umukobwa yasamanyije yari mukuru, Me Muhire
## Page 6
Jean Marie Eugène avuga ko bitashoboka kuko atari cyo cyaha yarezwe, ko ahubwo yagirwa umwere, igihano yahawe kikavanwaho. [26] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga ko igihano Nahimana Muhamadi yahawe kitagabanywa, cyane cyane ko atemera icyaha aregwa cyo gusambanya umwana, kandi ko yahawe igihano kigabanyije, kuko igihano cy’igifungo cy’imyaka makumyabiri (20) ari cyo gito giteganywa n’amategeko ku cyaha yahamijwe. UKO URUKIKO RUBIBONA [27] Impaka kuri iki kibazo zishingiye ku kumenya niba Nahimana Muhamadi yarasambanyije I.L. byabyumvikanyeho kuko yari yujuje imyaka y’ubukure nk’uko abiburanisha, cyangwa niba yarabikoze ku gahato, niba kandi ibikorwa yemera ko yamukoreye bigize ikindi cyaha gihanwa n’amategeko. [28] Ingingo ya 134 y’Itegeko n° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigena ibyaha n’ibihano muri rusange ibikurikira: “Umuntu wese ukoresha undi kimwe mu bikorwa bikurikira nta bwumvikane bubayeho, hakoreshejwe imbaraga, iterabwoba, uburiganya, ububasha amufiteho cyangwa abikoze ku bw’intege nke z’uwakorewe icyaha, aba akoze icyaha: 1º gushyira igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’undi muntu (…); Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) (…)” [29] Nk’uko byagaragajwe haruguru, Nahimana Muhamadi yahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana, nyamara nta kimenyetso kigaragaza ko umukobwa yemera ko bakoranye imibonano mpuzabitsina yari umwana, ahubwo avuga ko yari yujuje imyaka y’ubukure, ko kandi bakoze imibonano mpuzabitsina babyumvikanyeho. Ibyo niko yabyemeye mu nkiko zabanje, n’ubu akaba ariko akomeje kubiburanisha, asaba imbabazi no kugabanyirizwa igihano. [30] Bigaragara ariko ko, ubwo Iteriteka Laïla yatangaga ikirego mu Bugenzacyaha yavuze ko yari avuye Ruhuha ahunga umukecuru babanaga wamutukaga, agiye kwa mubyara we, maze asinzirira mu modoka arenga aho yajyaga, aho imodoka yamusize ahura na Nahimana Muhamadi amwemerera kumucumbikira, bageze aho aba amwereka aho aryama, ariko bigeze mu rukerera yifuza kujya mu bwiherero (W.C) undi aramwangira, ahubwo aramusambanya, bucyeye aramusohora, nawe ahita ajya kubibwira Umuyobozi w’Umudugudu. [31] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga ibyo Nahimana Muhamadi avuga ko yakoranye n’uwo mukobwa imibonano mpuzabitsina babyumvikanyeho nta shingiro bifite, kuko iyo bumvikana, ntabwo I.L. aba yaragiye kumurega ku Muyobozi w’Umudugudu, ahubwo yamusambanyije ku gahato.
## Page 7
[32] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga, rushingiye ku rubanza n° RS/INJUST/RP/ECON 00002/2022/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 17/03/2023, haburana Ubushinjacyaha na Bimenyimana Martin, aho rwasobanuye ko inkiko zifite inshingano yo guha ibikorwa bigize icyaha inyito ikwiye iteganywa n’amategeko, bisobanuye ko inyito y’icyaha ishobora guhinduka igihe cyose Urukiko rutarafata icyemezo ndakuka, ibyo Nahimana Muhamadi yemera ko yasambanyije umukobwa Iteriteka Laïla ubwo yari yamujyanye iwe kumucumbikira bwije, ariko akabikora batabyumvikanyeho, bigomba guhabwa inyito ikwiye iteganywa n’amategeko. [33] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga rero, ibikorwa Nahimana Muhamadi yakoze bitagize icyaha cyo gusambanya umwana yahamijwe n’Urukiko Rukuru nk’uko byasobanuwe haruguru, ahubwo bigize icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato giteganywa kandi kigahanwa n’ingingo ya 134 y’Itegeko n° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 ryavuzwe haruguru. [34] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga icyaha Nahimana Muhamadi yakoze cyo gukoresha Iteriteka Laïla imibonano mpuzabitsina ku gahato ari icyaha cyamuhungabanyije, kuko yamufatiranye nyamara yari akeneye icumbi, aho kumufasha akamukoresha imibonano mpuzabitsina batabanje kubyumvikanaho, ariko kuba yarakoze icyaha ari mu myaka y’ubuto, kuko yari afite imyaka cumi n’icyenda (19) y’amavuko ndetse akaba ari ubwa mbere akurikiranywe n’inkiko ku buryo buzwi, byamubera impamvu nyoroshyacyaha yatuma agabanyirizwa ibihano, maze agahabwa igihano gito giteganywa n’itegeko cy’imyaka icumi (10) y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1.000.000 Frw). [35] Urukiko rw’Ubujurire, rushingiye ku ngingo z’amategeko zavuzwe haruguru no ku bimaze gusobanurwa, rurasanga ubujurire bwa Nahimana Muhamadi bufite ishingiro kuri bimwe, bityo urubanza yajuririye rukaba rugomba guhinduka kubijyanye n’inyito y’icyaha n’igihano. III. ICYEMEZO CY’URUKIKO [36] Rwemeje ko ubujurire bwatanzwe na Nahimana Muhamadi bufite ishingiro kuri bimwe; [37] Rwemeje ko imikirize y’urubanza nº RPA 01777/2019/HC/KIG rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 11/03/2021 ihindutse ku bijyanye n’inyito y’icyaha n’ibihano; [38] Rwemeje ko Nahimana Muhamadi ahamwa n’icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato; [39] Rutegetse ko Nahimana Muhamadi ahanishijwe igifungo cy’imyaka icumi (10) n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1.000.000 Frw); [40] Ruvuze ko amagarama y’urubanza aherera ku Isanduku ya Leta, kubera ko Nahimana Muhamadi yajuriye afunze, akaba asonewe kuyatanga.