NTAGANZWA v. UBUSHINJACYAHA
The appeal grounds submitted by Ntaganzwa Alphonse were filed well beyond the statutory 30-day period after the judgment copy was made available, without a legally valid justification. Therefore, the grounds are inadmissible and the prior conviction and sentence remain in force.
Source-derived case information.
- Citation
- RPAA 00526/2022/CA
- Parties
- Appellant: Ntaganzwa Alphonse; Respondent: Ubushinjacyaha
- Court
- Court of Appeal
- Jurisdiction
- Rwanda
- Judgment Date
- 14 November 2025
- Case Number
- RPAA 00526/2022/CA
- Procedural Posture
- Criminal Appeal / Final Appellate Decision
- Outcome
- appeal dismissed
- Legal Topics
- Sexual Offences, Child Protection, Criminal Procedure, Appeal Timelines
- Source Language
- rw
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Ntaganzwa Alphonse
Appellant
Ubushinjacyaha
Respondent
Procedural Posture
Criminal Appeal / Final Appellate Decision
Legal Issues
- 1 Whether the grounds of appeal submitted by Ntaganzwa Alphonse after the statutory period could be accepted and examined
- 2 Whether the prosecution's response to the appeal was submitted out of time and its effect
- 3 Whether the right to legal representation was violated
Ratio Decidendi
The appeal grounds submitted by Ntaganzwa Alphonse were filed well beyond the statutory 30-day period after the judgment copy was made available, without a legally valid justification. Therefore, the grounds are inadmissible and the prior conviction and sentence remain in force.
Court Disposition
appeal dismissed
Orders
- The grounds of appeal submitted by Ntaganzwa Alphonse are inadmissible as they were filed out of time.
- The judgment of the High Court in RPA 00017/2020/HC/KIG dated 23/09/2022 is upheld in all its terms.
Full Case Text
Judgment text and source record
26 paragraphs
# NTAGANZWA v. UBUSHINJACYAHA
- Source: Amategeko - Section: Decisions (Judgements) - Date: 2025-11-14 - Case/document no.: RPAA 00526/2022/CA - Collection: Court of Appeal
## Text
## Page 1
NTAGANZWA v. UBUSHINJACYAHA [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RPAA 00526/2022/CA (Kanyange, P.J.,) 14 Ugushyingo 2025] Amategeko agenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha – Icyaha cyo gusambanya umwana – Iyakirwa y’impamvu z’ubujurire zatanzwe impitagihe – Ingingo iyo ariyo yose itanzwe nyuma y’ibihe ntarengwa byo kujurira ntiyakirwa uretse iyuzuza cyangwa isobanura iyatanzwe mu bihe byemewe byo kujurira. Incamake y’ikibazo: Umubyeyi w’umwana witwa B.B. yatanze ikirego mu Bugenzacyaha arega Ntaganzwa Alphonse ko yakoreye ibikorwa by’ishimishamubiri kuri uwo mwana we w’imyaka umunani (8) y’amavuko, maze atangira gukurikiranwa. Nyuma y’iperereza, Ubushinjacyaha bwareze Ntaganzwa Alphonse mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo icyaha cyo gusambanya umwana, bushingiye ku bimenyetso birimo inyandiko yanditse yemera icyaha, imvugo za nyina wa B.B. n’iz’umutangabuhamya, bumusabira guhanishwa igifungo cya burundu. Ntaganzwa Alphonse yaburanye ahakana icyaha, avuga ko ntacyo yavuga ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha kuko atari byo, ko nta n’ikigaragaza ko ibyo nyina w’umwana avuga ari ukuri. Urukiko rwasanze Ntaganzwa ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, rushingiye ku bimenyetso bigizwe n’imvugo za nyina wa B.B., hamwe n’ibindi bimenyetso bitandukanye maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka makumyabiri (20). Ntaganzwa yajuriye mu Rukiko Rukuru, avuga ko yahamijwe icyaha hashingiwe ku nyandiko yakoreye imbere y’ubuyobozi yemera icyaha kandi yaragaragaje ko nta cyaha yakoze, ko ahubwo yacyemeye kubera gutinya abantu kuko yabonaga ko atacyemeye bamugirira nabi, avuga kandi ko nta raporo ya muganga ibyemeza. Ubushinjacyaha bwavuze ko izo mpamvu z’ubujurire nta shingiro zifite, buvuga ko igihe Ntaganzwa abazwa yasobanuye ko inyandiko yakoze yemera icyaha yayanditse nta gahato ashyizweho. Urukiko Rukuru rwasanze nta kosa Urukiko rubanza rwakoze mu gushingira ku nyandiko Ntaganzwa yandikiye imbere y’Ubuyobozi yemera icyaha, no ku mvugo z’umwana wasambanyijwe, maze rwemeje ko ubujurire bwe nta shingiro bufite, hagumaho igifungo cy’imyaka makumyabiri (20) yahanishijwe. Ntaganzwa yajuriye nanone mu Rukiko rw’Ubujurire, agaragaza ko atishimiye imikirize y’urubanza, asaba ko inenge z’urubanza zakosorwa, naho mu mwanzuro w’inyongera, we n’umwunganira bavuga ko inkiko zabanje zaciye imanza zigenekereje nta kimenyetso na kimwe zishingiyeho, kandi ko hatafashwe ibizamini bya muganga ngo hagaragazwe ukuri.
## Page 2
Uhagarariye Ubushinjacyaha yatanze inzitizi yo kutakira ubujurire bwa Ntaganzwa kuko yajuriye ariko ntiyagaragaza icyo anenga urubanza ajuririra mu gihe cy’iminsi 30 iteganywa n’amategeko. Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga kandi ko ubujurire bwa Ntaganzwa budakwiye kwakirwa kuko ubujurire butangwa mu minsi 30, ujurira yaba atarabona kopi akabikora nyuma y’iminsi 30 kopi igeze muri dosiye, kandi muri icyo gihe akaba ari ho atanga impamvu z’ubujurire, Ntaganzwa n’umwunganira biregura nanone bavuga ko ubujurire bukwiye kwakirwa bugasuzumwa, kuko yajuriye yubahirije igihe, kandi ko Ubushinjacyaha bwatanze imyanzuro yo kwiregura bukererewe kuko bwagombaga gusubiza mu gihe kitarenze iminsi 30. Naho kuba yaratanze impamvu z’ubujurire akerewe, uregwa avuga ko byatewe n’uko nta mwunganizi yari afite. Ntaganzwa n’umwunganira bavuga kandi ko icyakereje uregwa gutanga impamvu z’ubujurire ni uko mu Igororero abarizwamo habayemo ibyorezo bya Covid-19 kandi ko nta mwunganizi yari afite, asaba ko igihe cyo gutanga impamvu z’ubujurire cyabarwa guhera igihe yabonaniye n’umwunganizi. Incamake y’icyemezo: Ingingo iyo ariyo yose itanzwe nyuma y’ibihe ntarengwa byo kujurira ntiyakirwa uretse iyuzuza cyangwa isobanura iyatanzwe mu bihe byemewe byo kujurira. Impamvu z’ubujurire ntizakiriwe. Amategeko yashingiweho: Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, ingingo ya 184. Imanza zifashishijwe: Urubanza RCOMAA 00071/2017/SC rwa Mbuto Aimable na BRD Ltd, rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 26/10/2018; Urubanza RPAA 00168/2024/CA rw’ Ubushinjacyaha na Tegibanze Vincent. rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 28/05/2025. Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Umubyeyi w’umwana witwa B.B.1 yatanze ikirego mu Bugenzacyaha arega Ntaganzwa Alphonse ko ku wa 18/02/2018 yakoreye ibikorwa by’ishimishamubiri kuri uwo mwana we w’imyaka umunani (8) y’amavuko, abimenya biturutse kuri uwo mwana wamubwiye ko ubwo yari avuye kuvoma yahuriye na Ntaganzwa Alphonse mu nzira atangira kumukorakora bigeze aho arasutama abwira uwo mwana ngo atandukanye amaguru, atangira kumukora ku gitsina, abonye
1 Amazina arahinwe kubera kamere y’icyaha n’imyaka y’uwahohotewe.
## Page 3
uwitwa Dukundemariya Jeanne d’Arc yerekeza aho bari aramurekura atangira kumwereka muri telefone ye. Uwo mubyeyi yahise abimenyesha abayobozi b'Akagari, babibajije Ntaganzwa Alphonse arabyemera, abishyira no mu nyandiko, atangira gukurikiranwa. [2] Nyuma y’iperereza, Ubushinjacyaha bwareze Ntaganzwa Alphonse mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo icyaha cyo gusambanya umwana, bushingiye ku bimenyetso birimo inyandiko yanditse yemera icyaha, imvugo za nyina wa B.B. n’iz’umutangabuhamya, bumusabira guhanishwa igifungo cya burundu. [3] Ntaganzwa Alphonse yaburanye ahakana icyaha, avuga ko ntacyo yavuga ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha kuko atari byo, ko nta n’ikigaragaza ko ibyo nyina w’umwana avuga ari ukuri. [4] Mu rubanza RP 00509/2019/TGI/GSBO rwaciwe ku wa 26/09/2019, Urukiko rwasanze Ntaganzwa Alphonse ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, rushingiye ku bimenyetso bigizwe n’imvugo za nyina wa B.B., ubuhamya bwa Dukundemariya Jeanne d'Arc wasanze Ntaganzwa Alphonse ari kumwe na B.B. bumva indirimbo muri telefone n’inyandiko Ntaganzwa Alphone yiyandikiye yemera icyaha, rumuhanisha igifungo cy’imyaka makumyabiri (20). [5] Ntaganzwa Alphone yajuriye mu Rukiko Rukuru, avuga ko yahamijwe icyaha hashingiwe ku nyandiko yakoreye imbere y’ubuyobozi yemera icyaha kandi yaragaragaje ko nta cyaha yakoze, ko ahubwo yacyemeye kubera gutinya abantu kuko yabonaga ko atacyemeye bamugirira nabi, ko n’imvugo z’umwana zitagombaga gushingirwaho ngo Urukiko rumuhamye icyaha kuko nta raporo ya muganga yemeza ko cyabayeho. [6] Ubushinjacyaha bwasubije ko izo mpamvu z’ubujurire nta shingiro zifite, kuko Ntaganzwa Alphonse abazwa yasobanuye ko inyandiko yakoze yemera icyaha yayanditse nta gahato ashyizweho, kandi ko atari cyo kimenyetso cyonyine cyashingiweho kuko hari n’ibindi byashingiweho birimo imvugo z’uwo mwana n’iz’umutangabuhamya. [7] Mu rubanza RPA00017/2020/HC/KIG rwaciwe ku wa 23/09/2022, Urukiko rwasanze nta kosa Urukiko rubanza rwakoze mu gushingira ku nyandiko Ntaganzwa Alphonse yandikiye imbere y’Ubuyobozi yemera icyaha, ko nta n’ikosa rwakoze gushingira ku mvugo z’umwana wasambanyijwe kuko nta cyabuza Urukiko gushingira ku buhamya bw’umwana iyo hari ibindi bimenyetso bibushyigikira22, ibyo bimenyetso bikaba bigizwe n’inyandiko yanditse yemera icyaha, ubuhamya bwa Dukundemariya Jeanne d'Arc wasanze ari kumwe n’uwo mwana; naho iby’uko ubuhamya bwa B.B. butashingirwaho ngo kuko nta raporo ya muganga yemeza ibyo yavuze nta shingiro bifite, kuko imvugo ze zihuza n’inyandiko Ntaganzwa Alphonse yiyandikiye n’ibyo umutangabuhamya yavuze. Rwemeje rero ko ubujurire bwe nta shingiro bufite, hagumaho igifungo cy’imyaka makumyabiri (20) yahanishijwe. [8] Ntaganzwa Alphonse yajuriye mu Rukiko rw’Ubujurire, urubanza ruhabwa RPAA 00526/2022/CA, iburanisha ribera mu ruhame ku wa 04/11/2025 Ntaganzwa Alphonse yunganiwe na Me Hategekimana Rugamba Bernard, Ubushinjacyaha buhagarariwe na Uwanziga Lydia, Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu.
2 Rwabishingiye ku murongo watanzwe mu rubanza RPAA 00025/2020/CA
## Page 4
[9] Mu nyandiko Ntaganzwa Alphonse yanditse ajurira ku wa 04/10/2022 yagaragaje ko atishimiye imikirize y’urubanza, ko inenge z’urubanza asaba ko zakosorwa n’ibibazo bigomba gusuzumwa azabyohereza mu mwanzuro w’inyongera amaze kubona kopi y’urubanza, naho mu mwanzuro w’inyongera wo ku wa 05/06/2024 n’uw’umwunganira washyizwe muri dosiye ku wa 26/09/2025, bavuga ko inkiko zabanje zaciye imanza zigenekereje nta kimenyetso na kimwe zishingiyeho, kandi ko hatafashwe ibizamini bya muganga ngo hagaragazwe ukuri. [10] Uhagarariye Ubushinjacyaha yatanze inzitizi yo kutakira ubujurire bwa Ntaganzwa Alphonse kuko yajuriye ariko ntiyagaragaza icyo anenga urubanza ajuririra mu gihe cy’iminsi 30 iteganywa n’amategeko. [11] Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira bavuga ko ubujurire bwe bukwiye kwakirwa bugasuzumwa, kuko yajuriye yubahirije igihe, ko kandi Ubushinjacyaha bwatanze imyanzuro yo kwiregura bukererewe kuko bwagombaga gusubiza mu gihe kitarenze iminsi 30. Naho kuba yaratanze impamvu z’ubujurire akerewe bikaba byaratewe n’uko nta mwunganizi yari afite ndetse n’ibyorero byari mu Igororero abarizwamo. [12] Ikibazo kigomba kubanza gusuzumwa ni icyo kumenya niba impamvu z’ubujurire Ntaganzwa Alphonse yatanze mu myanzuro y’inyongera zakwakirwa zigasuzumwa no kumenya niba Ubushinjacyaha bwaratanze umwanzuro wo kwiregura bukerewe. II. ISESENGURA RY’IKIBAZO KIRI MU RUBANZA
Kumenya niba impamvu z’ubujurire Ntaganzwa Alphonse yatanze mu myanzuro y’inyongera zakwakira zigasuzumwa, no kumenya niba Ubushinjacyaha bwaratanze umwanzuro wo kwiregura bukerewe [13] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga ko ubujurire bwa Ntaganzwa Alphonse budakwiye kwakirwa hashingiwe ku ngingo za 181 n’iya 183 z'Itegeko N°027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 zagaragajwe haruguru, kuko ubujurire butangwa mu minsi 30, ujurira yaba atarabona kopi akabikora nyuma y’iminsi 30 kopi igeze muri dosiye, kandi muri icyo gihe akaba ari ho atanga impamvu z’ubujurire, ariko ko urubanza Ntaganzwa Alphonse ajuririra rwaciwe ku wa 23/09/2022, kopi ishyirwa muri dosiye ku wa 28/09/2022, ajurira ku wa 04/10/2022, avuga ko impamvu z’ubujurire azazitanga amaze kubona kopi y’urubanza, bityo ko kuba yarajuriye ntagaragaze inenge cyangwa amakosa yaba yarakozwe n’uburyo akwiriye gukosorwa, bigaragara ko atubahirije ibiteganywa n’amategeko, kuko impamvu z’ubujurire yazitanze ku wa 05/06/2024, urubanza ajuririra rwaraciwe ku wa 23/09/2022, iminsi 30 yararenzeho hafi imyaka 2, ibazwe uhereye ku wa 28/09/2022, igihe kopi y’urubanza yagereye muri dosiye, bityo ubujurire bwe bukaba budakwiye kwakirwa. [14] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga kandi ko ibivugwa na Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira ko gutanga impamvu z’ubujurire akerewe byatewe n’uko yari atarabona umwunganizi nta shingiro bifite, kuko aho yaburanye hose yagiye avuga ko yisubiriza, adakeneye umwunganizi, ko rero iyo aba amukeneye akaba adafite ubushobozi, aba yaragaragaje ko atishoboye akamushakirwa, kandi ko amategeko adateganya ko impamvu z’ubujurire zitangwa ari uko ujurira abonye umwunganizi kuko uwaciriwe urubanza wese ajurira mu gihe cy’iminsi 30; ko
## Page 5
n’ibivugwa n’Umwunganira ko Ubushinjacyaha nabwo bwagombaga gutanga umwanzuro wo kwiregura mu gihe kitarenze iminsi 30 nta shingiro bifite, kuko bireba uwajuriye gusa, kubera ko hari ibikorwa n’Urukiko rugahamagaza urubanza, umwunganizi agatanga imyanzuro n’Ubushinjacyaha bukayireguraho. [15] Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira bavuga ko ubujurire yatanze bukwiye kwakirwa bugasuzumwa kuko yabutanze yubahirije igihe, kandi n’ubwo Ubushinjacyaha buvuga ko atagaragaje icyo anenga urubanza ajuririra mu gihe giteganyijwe n’amategeko, nabwo bwakerewe gutanga umwanzuro wo kwiregura kuko bwagombaga gusubiza mu gihe cy’iminsi 30 nk’uko biteganywa n’ingingo ya 94 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryavuzwe haruguru3, kubera ko ibigomba gukorwa mu gutanga ikirego ari nabyo gukurikizwa mu bujurire. [16] Bavuga kandi ko icyakereje Ntaganzwa Alphonse gutanga impamvu z’ubujurire, ari uko mu Igororero abarizwamo habayemo ibyorezo bya Covid-19 n’iseru, aza no kurwara amaso, kandi ko nta mwunganizi yari afite, bityo ko igihe cyo gutanga impamvu z’ubujurire kigomba kubarwa guhera igihe yabonaniye n’umwunganizi mu kwezi kwa 9/2025, hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 29 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, ivuga uburenganzira bwo kunganirwa mu mategeko, kuko yagombaga kunganirwa urubanza rugitangira nk’uko biteganywa n’ingingo ya 46 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ivuga ko Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha aribwo bumenya ko uregwa adafite ubushobozi bukamushakira umwunganira, kandi ko ubujurire bwa Ntaganzwa Alphonse bukwiye kwakirwa kuko bwanakiriwe n’Umwanditsi Mukuru w’uru Rukiko kandi ko Ubushinjacyaha ntacyo bwavuze kuri icyo cyemezo. UKO URUKIKO RUBIBONA [17] Impaka kuri iki kibazo zishingiye ku kumenya niba impamvu z’ubujurire zatanzwe na Ntaganzwa Alphonse mu mwanzuro w’inyongera zakwakirwa zigasuzumwa no kumenya niba Ubushinjacyaha bwarakerewe gutanga umwanzuro wo kwiregura. [18] Ikibazo kirebana n’impamvu z’ubujurire zitanzwe nyuma y’igihe cyemewe cyo kujurira cyatanzweho umurongo n’Urukiko rw’Ikirenga mu rubanza RCOMAA 00071/2017/SC rwaciwe ku wa 26/10/2018 haburana Mbuto Aimable na BRD Ltd, uwo murongo ukaba uvuga ko ingingo iyo ariyo yose itanzwe nyuma y’ibihe ntarengwa byo kujurira, uretse iyuzuza cyangwa isobanura iyatanzwe mu bihe byemewe byo kujurira, itagomba kwakirwa. Uyu murongo wanakurikijwe mu zindi manza uru Rukiko rwaciye, uruheruka gucibwa akaba ari urubanza RPAA 00168/2024/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 28/05/2025, haburana Ubushinjacyaha na Tegibanze Vincent. [19] Naho ku bijyanye n’uburyo umwanzuro w’ubujurire usubizwa, ingingo ya 184 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, iteganya ko: “Uregwa mu bujurire akora umwanzuro mu buryo bumwe n’uwajuriye. Umwanzuro wo
3 Iyo ngingo iteganya ko: “Imyanzuro yo kwiregura ikorwa mu gihe kitarenze iminsi mirongo itatu (30) kuva uregwa amenyeshejwe ko yarezwe”.
## Page 6
kwiregura usubiza kuri buri kibazo hakurikijwe urutonde rw’ibibazo byagaragajwe n’uwajuriye n’ibyo asaba urukiko”. [20] Iyi ngingo yumvikanisha neza ko ku bijyanye no kwiregura mu bujurire, nta gihe ntarengwa Itegeko riteganya ko bigomba kuba byakozwemo, ahubwo riha uregwa mu bujurire inshingano yo gusubiza ku bibazo byagaragajwe n’uwajuriye. [21] Nk’uko dosiye ibigaragaza, urubanza RPA00017/2020/HC/KIG Ntaganzwa Alphonse yajuririye muri uru Rukiko rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 23/09/2022, kopi yarwo ishyirwa muri dosiye (IECMS) ku wa 28/09/2022, Ntaganzwa Alphonse yandika ibaruwa y’ubujurire ku wa 04/10/2022 avuga ko atishimiye imikirize y’urubanza, ko inenge z’urubanza asaba ko zakosorwa n’ibindi bibazo bigomba gusuzumwa azabyohereza mu mwanzuro w’inyongera amaze kubona kopi y’urubanza, uwo mwanzuro awutanga ku wa 05/06/2024, umwunganira nawe atanga umwanzuro w’inyongera ku wa 26/09/2025. [22] Bigaragara kandi ko ikirego cy’ubujurire bwa Ntaganzwa Alphonse cyashyikirijwe uru Rukiko ku wa 10/10/2022, maze ku wa 13/10/2022 Umwanditsi Mukuru mu cyemezo N° 0723/2022/PEN/GCA yemeza ko ubujurire bwe buri mu bubasha bw’Urukiko rw’Ubujurire ashingiye ku ngingo ya 52 y’Itegeko N°30/2018 ryo ku wa 02/06/2018, rigena ububasha bw’inkiko, igika cya kabiri agace ka 944, ikirego cye cyandikwa ku wa 13/10/2022 gihabwa RPAA 00526/2022/CA, maze ku wa 15/10/2025 Ubwanditsi bw’Urukiko bumenyesha ababuranyi ko urubanza ruzaburanishwa ku wa 04/11/2025, Ubushinjacyaha butanga umwanzuro wo kwiregura ku wa 01/11/2025. [23] Ku bijyanye n’ibyo Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira bavuga ko Ubushinjacyaha bwakerewe kwiregura, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga nk’uko ingingo ya 184 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryavuzwe haruguru ibigaragaza nta gihe ntarengwa giteganyijwe uwiregura mu bujurire atagomba kurenza ngo abe yamaze gusubiza, ibyo rero bavuga ko Ubushinjacyaha bwagombaga kwiregura ku mpamvu zabo z’ubujurire mu gihe kitarenze iminsi 30 babishingiye ku biteganyijwe mu ngingo ya 94 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryavuzwe haruguru, bikaba nta shingiro bifite, kuko ibivugwa muri iyo ngingo birebana n’iyakirwa ry’imyanzuro yo kwiregura y’uregwa ku rwego rwa mbere, bivuze rero ko imyanzuro yo kwiregura y’Ubushinjacyaha irimo n’inzitizi bwatanze itaratanzwe ikerewe. [24] Ku bivugwa na Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira ko ubujurire yatanze bukwiye gusuzumwa kuko Umwanditsi Mukuru yafashe icyemezo cyo kwakira ubujurire bwe, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga nabyo nta shingiro bifite, kuko icyemezo cy’Umwanditsi Mukuru kitambura inteko iburanisha ububasha bwo gusuzuma iibirebana n’iyakirwa ry’ikirego, kubera ko icyemezo cye ari icyemezo cy’ubutegetsi kijyanye n’imitunganyirize y’akazi nk’uko byemejwe mu rubanza RPAA 00530/2018/CA5.
4 Iyo ngingo iteganya ko: “Urukiko rw’Ubujurire rufite kandi ububasha bwo kuburanisha mu rwego rw’ubujurire bwa kabiri imanza zaciwe n’Urukiko Rukuru, Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, iyo izo manza: 9° zagenwemo igifungo kingana nibura n’imyaka cumi n’itanu (15), no kuba mu manza nshinjabyaha igihano cy’igifungo cyagenwe ari cyo cyonyine gishingirwaho mu kugena ububasha bw’Urukiko rw’Ubujurire”.
5 reba urubanza rpaa 00530/2018/ca rwaciwe ku wa 01/11/2019 haburana ubushinjacyaha na ingabire dativa.
## Page 7
[25] Ku birebana n’ubujurire bwa Ntaganzwa Alphonse, bigaragara ko yajuriye yubahirije igihe cy’iminsi 30 iteganywa n’ingingo ya 181 y’Itegeko N° 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryavuzwe haruguru, akaba ariko yaragombaga no gutanga muri icyo gihe impamvu z’ubujurire bwe zisobanura icyo anenga urubanza ajuririra, keretse mu gihe yari kugaragaza impamvu yumvikana yatumye atacyubahiriza, bityo impamvu z’ubujurire yatanze mu mwanzuro w’inyongera ku wa 05/06/2024, iminsi 30 iteganyijwe n’Itegeko yararenze kuko hari hashize imyaka hafi ibiri, ibazwe uhereye ku wa 28/09/2022 igihe kopi y’urubanza yagereye muri dosiye, zikaba zitagomba kwakirwa ngo zisuzumwe, bitewe n’uko impamvu y’ubujurire itanzwe nyuma y’igihe giteganywa n’Itegeko yakirwa gusa iyo yuzuza cyangwa isobanura ingingo y’ubujurire yatanzwe hubahirijwe ibihe, nk’uko byatanzweho umurongo mu rubanza RCOMAA 00071/2017/SC rwavuzwe haruguru, nyamara Ntaganzwa Alphonse we ajurira ku wa 04/10/2022 akaba nta mpamvu n’imwe y’ubujurire yatanze. [26] Naho ibivugwa na Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira ko igihe cyo gutanga impamvu z’ubujurire cyabarwa uhereye igihe yaherewe umwunganizi, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga nta shingiro bifite kuko igihe cyo kujurira ari iminsi 30, muri icyo gihe akaba ari naho uwajuriye aba agomba gutanga impamvu z’ubujurire nk’uko byavuzwe haruguru, naho mu gihe umuburanyi yatinze kubona kopi, impamvu z’ubujurire zigatangwa mu gihe kitarenze iminsi 30 uhereye igihe kopi yashyiriwe muri IECMS6, bivuze rero ko igihe cyo gutanga impamvu z’ubujurire kitabarwa uhereye igihe ujurira yaboneye umwunganizi, kuko atariko amategeko abiteganya, cyane cyane ko n’igihe Ntaganzwa yatangaga impamvu z’ubujurire ku wa 05/06/2024 yari atarahabwa umwunganizi. [27] Na none ibivugwa na Ntaganzwa Alphonse n’umwunganira ko uburenganzira bwe bwo kunganirwa butubahirijwe kuko atashakiwe umwunganizi kuva urubanza rugitangira, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga nta shingiro bifite, kuko mu nyandikomvugo yakoreye mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha yabajijwe niba afite umwunganizi cyangwa niba yemera kwisubiriza atamufite, avuga ko nta mwunganizi afite kandi ko yemera kwisubiriza atamufite, no mu Nkiko zombi zabanje akaba yaremeye kuburana atagaragaje ko akeneye umwunganizi, bityo akaba atavuga ko uburenganzira bwe bwo kunganirwa bwahungabanyijwe mu gihe aho yabajijwe n’aho yaburaniye hose atigeze asaba gushakirwa umwunganira ngo abyangirwe. [28] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga kandi ibyo Ntaganzwa Alphonse avuga ko gutanga impamvu z’ubujurire akerewe byatewe n’uko mu Igororero abarizwamo habayemo ibyorezo bya Covid-19, n’iseru, kandi ko yarwaye amaso, nabyo nta gaciro byahabwa, kuko yanditse ibaruwa y’ubujurire ku wa 04/10/2022, ubuyobozi bw’Igororero buyakira uwo munsi, bigaragaza ko nta mpamvu yari ihari ibuza ihererekanya ry’inyandiko mu Igororero abarizwamo, ubwo buyobozi rero bukaba bwari no kwakira impamvu z’ubujurire iyo azitanga ku gihe, bityo ibyorezo n’uburwayi Ntaganzwa Alphonse avuga akaba atari byo byamukereje gutanga impamvu z’ubujurire, cyane cyane ko nta n’icyo agaragaza yaba yarakoze amenyesha ubuyobozi bw’Igororero imbogamizi avuga ko yahuye nazo ngo bubimufashemo.
6 reba urubanza rpa 00047/2021/ca rwaciwe ku wa 09/06/2023 haburana ubushinajcyaha bwa gisirikare na maj. (rtd) mudathiru habib alias mussa
## Page 8
[29] Urukiko rw’Ubujurire rurasanga rero, nta mpamvu y’ubujurire Ntaganzwa Alphonse yatanze mu gihe giteganywa n’amategeko, kuko nk’uko byagaragajwe izo yatanze mu mwanzuro w’inyongera ndetse n’izatanzwe n’umwunganira zatanzwe impitagihe, zikaba rero zitagomba kwakirwa, bityo hakaba hagumyeho imikirize y’urubanza ajuririra. III. ICYEMEZO CY’URUKIKO [30] Rwemeje ko impamvu z’ubujurire zatanzwe na Ntaganzwa Alphonse zitakiriwe kuko zatanzwe ibihe by’ubujurire byararangiye; [31] Rwemeje ko urubanza RPA 00017/2020/HC/KIG rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 23/09/2022, rugumanye agaciro mu ngingo zarwo zose; [32] Rutegetse ko igifungo cy’imyaka makumyabiri (20) ntaganzwa Alphonse yahanishijwe ku cyaha cyo gusambanya umwana, kigumyeho.