UBUSHINJACYAHA v. BAGIRIMANA
Bagirimana Pierre transported a significant quantity of cannabis across the border, which constitutes drug trafficking under Rwandan law. The sentence imposed is the statutory minimum after mitigation and cannot be further reduced.
Source-derived case information.
- Citation
- RPAA00188/2025/CA
- Parties
- Applicant: Ubushinjacyaha; Respondent: Bagirimana Pierre
- Court
- Court of Appeal
- Jurisdiction
- Rwanda
- Judgment Date
- 29 September 2025
- Case Number
- RPAA00188/2025/CA
- Procedural Posture
- Criminal Appeal / Final Appellate Judgment
- Outcome
- appeal dismissed
- Legal Topics
- Drug Trafficking, Sentencing, Appeal Procedure
- Source Language
- rw
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Ubushinjacyaha
Applicant
Bagirimana Pierre
Respondent
Procedural Posture
Criminal Appeal / Final Appellate Judgment
Legal Issues
- 1 Whether the conviction should be for drug consumption rather than trafficking
- 2 Whether the sentence should be further reduced
Ratio Decidendi
Bagirimana Pierre transported a significant quantity of cannabis across the border, which constitutes drug trafficking under Rwandan law. The sentence imposed is the statutory minimum after mitigation and cannot be further reduced.
Court Disposition
appeal dismissed
Orders
- The judgment of the High Court, Musanze Chamber, is upheld.
- Bagirimana Pierre remains sentenced to 15 years imprisonment and a fine of 5,000,000 Frw.
Full Case Text
Judgment text and source record
18 paragraphs
# UBUSHINJACYAHA v. BAGIRIMANA
- Source: Amategeko - Section: Decisions (Judgements) - Date: 2025-09-29 - Case/document no.: RPAA00188/2025/CA - Collection: Court of Appeal
## Text
## Page 1
UBUSHINJACYAHA v. BAGIRIMANA [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RPAA00188/2025/CA (Umugwaneza, P.J.) 29 Nzeri 2025] Amategeko agenga imanza nshinjabyaha – Icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge – Ibikorwa bigize icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge – Icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge kigizwe n’igikorwa cyo gukura ibiyobyabwenge ahantu ubijyana ahandi, ubikoze akaba azi neza ko atwaye ibiyobyabwenge, ko ari icyaha kandi icyakozwe akaba ari igikorwa gihanwa n’amategeko. Amategeko agenga imanza nshinjabyaha – Igabanyagihano – Ntawasaba kongera kugabanyirizwa igihano mu gihe mu rukiko rubanza yagabanyirijwe bihagije, agahanishwa igihano gito ntarengwa giteganyijwe ku cyaha yakoze. Incamake y’ikibazo: Bigirimana yafashwe n’abashinzwe umutekano amaze kwambutsa ku mupaka wa Uganda urumogi rw’ibivunga (rw’ibibabi), ngo avuye kurugura n’abashumba baho ngo ajye arukoresha yivura. Yashyikirijwe Ubushinjacyaha bumurega mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze rumukurikiranyeho icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge (urumogi), aburana yemera ko yafatanwe urumogi. Urukiko Rwisumbuye rushingiye ku bimenyetso bitandukanye, rwemeje ko ahamwa n’icyo cyaha maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 15.000.000Frw. Uregwa yajuririye urwo rubanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze asaba kugabanyirizwa no gusubikirwa igihano kuko urumogi yafatanwe rwari urwo gukoresha yivura. Ubushinjacyaha bwasubije ubujurire bwe bumusabira kugabanyirizwa igihano agahanishwa igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 5.000.000Frw, ariko ko icyo gihano kidashobora gusubikwa kuko kirenze igifungo cy’imyaka itanu. Urukiko Rukuru rwasanze Uregwa akwiye kugabanyirizwa igihano kubera ko yaburanye akomeza kwemera icyaha agisabira imbabazi, kandi hakaba nta kigaragaza ko yari asanzwe yishora mu biyobyabwenge, rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 5.000.000Frw. Ku kibazo cyo kuba yasubikirwa ibihano, Urukiko Rukuru rwemeje ko nta mpamvu zifatika agaragariza ibimenyetso zatuma asubikirwa kandi akaba ahanishijwe igifungo kirenze imyaka itanu. Icyo cyemezo, Uregwa yakijuririye muri uru Rukiko rw’Ubujurire asaba ko inyito y’icyaha yahamijwe yahinduka kikaba kunywa ibiyobyabwenge aho kuba ku bitunda, kuko urumogi yafatanwe rwari urwo kunywa yivura munda, asaba kandi ko yagabanyirizwa ibihano. Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibikorwa Uregwa yakoze n’ibimenyetso bimushinja, inyito yahawe icyaha yahamijwe cyo gutunda ibiyobyabwenge (urumogi) ariyo ikwiye, ndetse akaba atakongera kugabanyirizwa igihano kuko yahanishijwe igihano gito giteganyijwe ku cyaha kimuhama. Bityo, ubujurire bwe bukaba nta shingiro bufite. Ibyo bibazo ni byo byasuzumwe muri uru rubanza, impande zombi zibijyaho impaka, mu kumenya niba hakurikijwe ibikorwa Uregwa yakoze ndetse hashingiwe no ku bimenyetso bibihamya, inyito y’icyaha ishobora guhinduka, agahamwa n’icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge aho kuba icyo kubitunda, ndetse akaba yagabanyirizwa n’ibihano. Incamake y’icyemezo: 1. Icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge kigizwe n’igikorwa cyo gukura ibiyobyabwenge ahantu ubijyana ahandi, ubikoze akaba azi neza ko atwaye ibiyobyabwenge, ko ari icyaha kandi icyakozwe akaba ari igikorwa gihanwa n’amategeko. 2. Ntawasaba kongera kugabanyirizwa igihano mu gihe mu rukiko rubanza yagabanyirijwe bihagije, agahanishwa igihano gito ntarengwa giteganyijwe ku cyaha yakoze. Ubujurire nta shingiro bufite.
## Page 2
Amategeko yashingiweho: Itegeko N° 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 2. Itegeko N°69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 11. Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263. Imanza zifashishijwe: RPAA01312/2024/CA, Ubushinjacyaha na Ugwaneza Sylvestre, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 18/07/2025. RPAA00738/2024/CA, Ubushinjacyaha na Uwayezu Félicien, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/04/2025. RPAA00725/2024/CA, Ubushinjacyaha buburana na Dusengimana Valens, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 28/03/2025. RPAA00496/2023/CA, Ubushinjacyaha na Uwiragiye Janvier alias Sharif, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 28/03/2025. RPAA 00752/2024/CA, Ubushinjacyaha na Nsekanabo Augustin rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 27/03/2025. RPAA00170/2023/CA, Ubushinjacyaha na Nyiraguhirwa Consolée rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 26/04/2024. RPAA00052/2021/CA, Ubushinjacyaha na Uwiringiye Franco. rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/07/2022. RPAA00408/2020/CA, Ubushinjacyaha na Niyitegeka Augustin, rwaciye n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 27/06/2022. Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Ku wa 13/11/2021, abashinzwe umutekano mu Mudugudu wa Gisovu, Akagali ka Kamanyana, Umurenge wa Cyanika, bahawe amakuru ko hari umuntu ugiye kwambutsa urumogi umupaka aruvana mu gihugu cya Uganda aruzana mu Rwanda, bagiye kureba uwo ariwe basanga ari Bagirimana Pierre afite urumogi rw’ibivunga (ibibabi) mu ishashi avuye kurugura muri Uganda amaze kurwambutsa umupaka, bahita bamufata bamushyikiriza Ubugenzacyaha atangira gukurikiranwa. [2] Ubushinjacyaha bwareze Bagirimana Pierre mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze, icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge (urumogi), aburana yemera ko yafatanwe urumogi yari yaguze n’abashumba muri Uganda kugira ngo arukoreshe yivura. [3] Mu rubanza RP01315/2021/TGI/MUS rwaciwe ku wa 17/02/2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rushingiye ku kuba Bagirimana Pierre yiyemerera ko yafatanwe urumogi aruvanye Uganda aruzanye mu Rwanda, imvugo z’abatangabuhamya bamufashe nabo babyemeza, rwamuhamije icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge (urumogi), rumuhanisha igifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 15.000.000Frw. [4] Bagirimana Pierre yajuririye urwo rubanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze asaba kugabanyirizwa no gusubikirwa igihano kuko urumogi yafatanwe rwari urwo gukoresha yivura. [5] Ubushinjacyaha bwavuze ko Bagirimana Pierre yagabanyirizwa igihano hashingiwe ku Itegeko Nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha
## Page 3
n’ibihano muri rusange, agahanishwa igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 5.000.000Frw, ariko ko icyo gihano kidashobora gusubikwa kuko kirenze igifungo cy’imyaka itanu. [6] Mu rubanza RPA00564/2022/HC/MUS rwaciwe ku wa 23/01/2025, Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, rwasanze Bagirimana Pierre akwiye kugabanyirizwa igihano kubera ko akomeje kwemera icyaha akagisabira imbabazi kandi hakaba nta kigaragaza ko yari asanzwe yishora mu biyobyabwenge, rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 5.000.000Frw. Ku bijyanye n’isubikagihano, Urukiko rwasanze Bagirimana Pierre atasubikirwa ibihano kubera ko nta mpamvu zifatika agaragariza ibimenyetso zatuma asubikirwa kandi akaba ahanishijwe igifungo kirenze imyaka itanu. [7] Bagirimana Pierre yajuririye Urukiko rw’Ubujurire, urubanza ruhabwa RPAA00188/2025/CA, ruburanishwa mu ruhame ku wa 12/09/2025, yunganiwe na Me Shema Gerard, Ubushinjacyaha buhagarariwe na Butera Oscar, Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu. [8] Mu myanzuro y’ubujurire no mu miburanire yabo, Bagirimana Pierre n’umwunganira basaba ko inyito y’icyaha yahamijwe yahinduka kikaba kunywa ibiyobyabwenge aho kuba ku bitunda kuko urumogi yafatanwe rwari urwo kunywa yivura munda, basaba kandi ko Bagirimana Pierre yagabanyirizwa ibihano hashingiwe ku ngingo ya 2 y’Itegeko N° 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. [9] Ubushinjacyaha buvuga ko ubujurire bwa Bagirimana Pierre nta shingiro bufite kuko harebwe ibikorwa yakoze n’ibimenyetso bimushinja biri muri dosiye, inyito yahawe icyaha yahamijwe cyo gutunda ibiyobyabwenge (urumogi) ariyo ikwiye, ndetse akaba atakongera kugabanyirizwa igihano kuko yahanishijwe igihano gito giteganyijwe ku cyaha kimuhama. [10] Hakurikijwe imiburanire y’impande zombi, muri uru rubanza harasuzumwa ibibazo bikurikira: A. kumenya niba hashingiwe ku bikorwa Bagirimana Pierre yakoze n’ibimenyetso bibihamya, akwiriye guhamywa icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge aho kuba icyo kubitunda; B. kumenya niba Bagirimana Pierre yagabanyirizwa igihano. II. ISESENGURA RY’IBIBAZO BIGIZE URUBANZA A. Kumenya niba hashingiwe ku bikorwa Bagirimana Pierre yakoze n’ibimenyetso bibihamya, akwiriye guhamywa icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge aho kuba icyo kubitunda [11] Bagirimana Pierre avuga ko yahamijwe icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge, nyamara urumogi yafatanwe rwari urwo kunywa yivura mu nda. Asobanura ko yarwaye munda abantu bamubwira ko urumogi rushobora kumuvura, ubwo yari ku mupaka wa Uganda abona abashumba baragiye inka bafite urumogi ararugura arushyira mu gashashi, igihe arimo ataha ararufatanwa, bityo ko Urukiko rwazabona ko icyaha yakoze kandi yemera ari icyo gufatanwa ibiyobyabwenge byo kunywa, maze rwemeze ko inyito y’icyaha ihindutse rumuhanire icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge aho kuba icyo gutunda ibiyobyabwenge. [12] Me Shema Gerard avuga ko Bagirimana Pierre yafatanwe urumogi rukeya, rungana n’udupfunyika 10, ko n’ubwo rwari ruvuye mu gihugu cya Uganda bitafatwa ko yarutunze cyangwa ko rwari urwo gucuruza kuko avuga ko rwari urwo kunywa yivura, Ubushinjacyaha bukaba butagaragaza uburyo yarucuruje, ariyo mpamvu asaba ko inyito y’icyaha yahinduka agahanirwa icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge aho kuba icyo kubitunda.
## Page 4
[13] Ubushinjacyaha buvuga ko ubujurire bwa Bagirimana Pierre busaba guhindurirwa inyito y’icyaha nta shingiro bufite kuko harebwe ibikorwa yakoze n’ibimenyetso bimushinja biri muri dosiye, birimo: kuba ubwe yaremeye icyaha abazwa mu nzego z’iperereza anaburana mu Rukiko ku rwego rwa mbere, akavuga ko yagiye Uganda agurayo urumogi atashye ararufatanwa; kuba hari ubuhamya bw’abantu bamufashe bamushinja ko bahawe amakuru ko hari umuntu uvuye Uganda afite urumogi baramutega baramufata basanga ari Bagirimana Pierre, agifatwa ababwira ko urwo rumogi ari urwo gucuruza no kuba inyandikomvugo y'ifatira n’ifoto iri muri dosiye bigaragaza ko Bagirimana Pierre yafatanywe urumogi rwinshi; inyito yahawe icyaha yahamijwe cyo gutunda urumogi ariyo ikwiye, bityo ikaba itagomba guhinduka. [14] Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko hazashingirwa ku murongo watanzwe mu rubanza RPAA00170/2023/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 26/04/2024 Ubushinjacyaha buburana na Nyiraguhirwa Consolée (igika cya 23), uvuga ko amagambo arebana no gufatanwa (avugwa mu gika cya mbere cy’ingingo ya 263), gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika (avugwa mu gika cya 3 cy’iyo ngingo) agomba kumvikana hakurikijwe ingano y’ibiyobyabwenge n’ikigiye gukoreshwa ibiyobyabwenge uregwa yafatanwe, yakoze, yahinze, yahinduye, yatunze, yabitse maze byagaragara ko kuri buri gikorwa muri ibyo ikigamijwe ari ukubikoresha ku giti cye (simple drug possession) uregwa agahabwa ibihano bito ariko byagaragara ko ingano y’ibiyobyabwenge yafatanwe ari nini bikaba byashingirwaho hemezwa ko atari ibyo gukoresha ku giti cye ahubwo ikigamijwe ari ugucuruza cyangwa gukwirakwiza (drugs trafficking/drug distribution) ibiyobyabwenge uregwa agahabwa igihano kiremereye; maze Urukiko rubone ko urumogi Bagirimana Pierre yafatanwe ari rwinshi, bityo ko ibikorwa yakoze bigize icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge. UKO URUKIKO RUBIBONA [15] Impaka kuri iyi ngingo zishingiye ku kumenya niba urumogi Bagirimana Pierre yafatanwe rwafatwa ko rwari urwo kwikoreshereza ku giti cye (simple drug possession) ku buryo inyito y’icyaha yahamijwe yahinduka kikaba icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge aho kuba kubitunda. [16] Ibijyanye n’igishingirwaho ngo Urukiko rwemeze ko ibiyobyabwenge uregwa yafatanwe atari ibyo kwikoreshereza ku giti cye (simple drug possession) ahubwo ari ibyo gucuruza cyangwa gukwirakwiza, byasobanuwe mu rubanza RPAA00408/2020/CA rwaciye n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 27/06/2022 haburana Ubushinjacyaha na Niyitegeka Augustin. Muri urwo rubanza Urukiko rwemeje ko amagambo arebana no gufatanwa (avugwa mu gika cya mbere cy’ingingo ya 2631), gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika (avugwa mu gika cya 3 cy’iyo ngingo) agomba kumvikana hakurikijwe ingano y’ibiyobyabwenge n’ikigiye gukoreshwa ibiyobyabwenge uregwa yafatanwe, yakoze, yahinze, yahinduye, yatunze, yabitse maze byagaragara ko kuri buri gikorwa muri ibyo ikigamijwe ari ukubikoresha ku giti cye (simple drug possession) uregwa agahabwa ibihano bito ariko byagaragara ko ingano y’ibiyobyabwenge yafatanwe ari nini bikaba byashingirwaho hemezwa ko atari ibyo gukoresha ku giti cye ahubwo ikigamijwe ari ugucuruza cyangwa gukwirakwiza (drugs trafficking/drug distribution)
1 Ingingo ya 263 y’Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko: Umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha. Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) cyangwa imirimo y’inyungu rusange. Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa: 1º igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye….”. Iyi ngingo yahindutse iya 11 y’Itegeko N°69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
## Page 5
ibiyobyabwenge uregwa agahabwa igihano kiremereye2. Uyu murongo washingiweho no muzindi manza zaciwe n’uru Rukiko, harimo urubanza RPAA00496/2023/CA rwaciwe ku wa 28/03/2025, haburana Ubushinjacyaha na Uwiragiye Janvier alias Sharif (igika cya 26), urubanza RPAA00738/2024/CA rwaciwe ku wa 29/04/2025 Ubushinjacyaha buburana na Uwayezu Félicien (igika cya 18) n’izindi. [17] Naho ibijyanye n’igikorwa cyo gutunda ibiyobyabwenge, nabyo basobanuwe mu rubanza RPAA00052/2021/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/07/2022, haburana Ubushinjacyaha na Uwiringiye Franco. Muri urwo rubanza, Urukiko rusobanura ko gutunda ibiyobyabwenge bivuze kubikura ahantu ukabijyana ahandi. Rushingiye kuri ibyo bisobanuro, rwasanze igikorwa Uwiringiye Franco yakoze cyo kuvana mu Gatsata udupfunyika 100 tw’urumogi yafatanwe akarugeza i Nyamirambo bigize igikorwa cyo gutunda3. Uwo murongo wagiye ukurikizwa no mu zindi manza zaciwe n’uru Rukiko harimo urubanza RPAA00725/2024/CA rwaciwe ku wa 28/03/2025, Ubushinjacyaha buburana na Dusengimana Valens4. [18] Nk’uko dosiye y’uru rubanza ibigaragaza, mu nkiko zibanza Bagirimana Pierre yahamijwe icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge hashingiwe ku kuba yiyemerera ko yafatanwe urumogi aruvanye mu gihugu cya Uganda n’imvugo z’abatangabuhamya CPL Habimana Frome na SGT Ntibiringirwa Jean Baptiste bahamije ko yafatanwe ibibabi by’urumogi aruvanye Uganda avuga ko ari urwo gucuruza. [19] Dosiye y’uru rubanza igaragaza ko kuva Bagirimana Pierre yatangira gukurikiranwa, haba mu Bugenzacyaha, mu Bushinjacyaha no mu nkiko yaburaniyemo, yeme ko yafatanwe urumogi rw’ibivuga (ibibabi) avuye kurugura n’abashumba muri Uganda, ariko akavuga ko rwari urwo kunywa yivura5. [20] Dosiye igaragaza kandi ubuhamya bwa CPL Habimana Frome n’ubwa SGT Ntibiringirwa Jean Baptiste bombi bababajijwe mu Bugenzacyaha ku wa 17/11/2021, bemeza ko ku itariki ya 13/11/2021 bari mu kazi bahawe amakuru ko hari umuntu uvuye Uganda uzanye urumogi, bajya kumutega basanga ari Bagirimana Pierre bamufatana urumogi ruri mu ishashi. Dosiye y’uru rubanza igaragaza kandi inyandikomvugo y’ifatira ryo ku wa 13/11/2021 igaragaza ko Bagirimana Pierre yafatanwe urumogi ruri mu ishashi ndetse n’ifoto yafotowe afite urwo rumogi ruri mu ishahi. [21] Urukiko rw’Ubujurire rushingiye ku mirongo watanzwe mu manza zibukijwe mu gika cya 16 n’icya 17 by’uru rubanza, rurasanga n’ubwo urumogi Bagirimana Pierre yafatanwe rutigeze rushirwa ku munzani ngo hagaragazwe uko rungana hagendewe ku biro rupima, ndetse rukaba rwari rutarafungwa mu dupfunyika ngo hagaragare niba ari udupfunyika tungahe, ariko kandi harebwe ubunini bw’igipfunyika cyarwo cyafatiriwe; Urukiko rurasanga ari rwinshi ku buryo rutafatwa ko ari urwo kwikoreshereza ku giti cye (simple drug possession) nk’uko ashaka kubyumvikanisha, ahubwo icyari kigamijwe ari ukuru gurisha cyangwa kurukwirakwiza (drugs trafficking/drug distribution). [22] Harebwa kuba urumogi Bagirimana Pierrre yafatanwe ari rwinci nk’uko bimeze kuvugwa mu gika kibanziriza iki, no kuba yararuvanye mu gihugu cya Uganda akaruzana mu Rwanda, Urukiko rugasanga bigize igikorwa cyo gutunda ibiyobyabwenge agamije kubikirirakwiza. Bityo ubujurire bwe busaba guhindura inyito y’icyaha bukaba nta shingiro bufite. B. Kumenya niba Bagirimana Pierre yagabanyirizwa igihano
2 Reba igika cya 14–18 cy’urubanza RPAA00408/2020/CA rwaciye n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 27/06/2022 haburana Ubushinjacyaha na Niyitegeka Augustin. 3 Reba igika cya 28 cy’urwo rubanza. 4Reba igika cya 15 cy’urwo rubanza. 5 Reba inyandikomvugo y’ibazwa rya Bagirimana Pierre mu Bugenzacyaha ku wa 17/11/2021, iyo mu Bushinjacyaha ku wa 18/11/2021, igika cya 6 cy’urubanza RP01315/2021/TGI/MUS rwaci we n’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze ku wa 17/02/2022 n’igika cya 6 cy’urubanza rujurirwa.
## Page 6
[23] Bagirimana Pierre n’umwunganira basaba ko yagabanyirizwa ibihano hashingiwe ku ngingo ya 2 y’Itegeko N° 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. [24] Ubushinjacyaha buvuga ko Bagirimana Pierre atakongera kugabanyirizwa igihano kuko yahanishijwe igihano gito giteganyijwe ku cyaha kimuhama. UKO URUKIKO RUBIBONA [25] Ikibazo kiri muri iyi ngingo, ni ukumenya niba igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000 Frw Bagirimana Pierre yahanishijwe kubera icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge bihambaye byo mu bwoko bw’urumogi, gishobora kongera kugabanywa. [26] Nk’uko imikirize y’urubanza rujuririrwa ibigaragaza, Bagirimana Pierre yagabanyirijwe igihano, kiva ku gifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 15.000.000Frw yari yahanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze, ahanishwa igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000Frw. [27] Ikibazo kijyanye no kumenya igihano gito gishobora guhabwa umuburanyi wahamijwe icyaha gihanishwa igifungo cya burundu mu gihe hari impamvu nyoroshyacyaha, cyatanzweho umurongo n’Urukiko rw’Ubujurire mu manza zitandukanye, harimo nk’urubanza RPAA00752/2024/CA6 n’urubanza RPAA01312/2024/CA7. Muri izo manza, Urukiko rwemeje ko igihe hari impamvu nyoroshyacyaha zemejwe n’umucamanza igihano cy’igifungo cya burundu gishobora kugabanywa ariko ntikijye munsi y’igifungo cy’imyaka cumi n’itanu (15), ko n’ihazabu iteganyijwe ishobora kugabanywa ariko ntijye munsi ya kimwe cya kane cy’ihazabu nto iteganyirijwe icyaha cyakozwe. [28] Hashingiwe ku murongo watanzwe mu manza zibukijwe mu gika kibanziriza iki, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000Frw Bagirimana Pierre yahanishijwe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze kitakongera kugabanywa kuko cyagabanyijwe bihagije kandi kikaba aricyo gihano gito ntarengwa giteganyijwe ku cyaha kimuhama cyo gutunda ibiyobyabwenge bihambaye byo mubwoko bw’urumogi, kikaba kidashobora kugibwa munsi. [29] Hashingiwe ku bisobanuro bimeze gutangwa, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga ubujurire bwa Bagirimana Pierre nta shingiro bufite urubanza yajuririye rukaba rudahindutse. III. ICYEMEZO CY’URUKIKO [30] Rwemeje ko ubujurire bwatanzwe na Bagirimana Pierre nta shingiro bufite. [31] Rwemeje ko urubanza RPA00564/2022/HC/MUS rwaciwe n’Urukiko Rukuru, Urugerekorwa Musanze ku wa 23/01/2025, rudahindutse. [32] Rwemeje ko igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 n’ihaza ya 5.000.000Frw Bagirimana Pierre yari yahanishijwe muri urwo rubanza kigumyeho. [33] Rutegetse ko Bagirimana Pierre asonewe gutanga amagarama y’urubanza kuko aburana afunze.
6 Reba igika cya 19 cy’urubanza RPAA00752/2024/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 27/03/2025, haburana Ubushinjacyaha na Nsekanabo Augustin. 7 Reba igika cya 15 cy’urubanza N° RPAA 01312/2024/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 18/07/2025, haburana Ubushinjacyaha na UGWANEZA Sylvestre 7