UBUSHINJACYAHA v. HABINEZA N’UNDI
Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko ibikorwa byagaragajwe bigize icyaha cy’ubujura bukoreshejwe intwaro byateje urupfu aho kuba ubujura bukoreshejwe intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu; ko Ntamugabumwe adashobora kongererwa igihano kuko ari we wari wajuriye wenyine, bityo igihano cye cya imyaka 15...
Source-derived case information.
- Parties
- Umurega: Ubushinjacyaha; Uregwa/ujuriye: Habineza Jean Pierre; Uregwa/ujuriye: Ntamugabumwe
- Jurisdiction
- Rwanda
- Procedural Posture
- Ubujurire Mu Rubanza Nshinjabyaha / Urukiko Rw’ubujurire Rwasuzumye Ubujurire Bw’abaregwa Ku Mwanzuro W’urukiko Rukuru
- Outcome
- Ubujurire nta shingiro bufite
- Legal Topics
- Guhindura Inyito Y’icyaha, Ubujura Bukoreshejwe Intwaro Byateje Urupfu, Ubufatanyacyaha, Icyaha Gikozwe N’igihiriri, Agaciro K’icyemezo Cyo Kwemera Icyaha Mu Ipererereza, Kudongera Igihano Ku Wajuriye Wenyine
- Source Language
- rw
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Ubushinjacyaha
Umurega
Habineza Jean Pierre
Uregwa/ujuriye
Ntamugabumwe
Uregwa/ujuriye
Procedural Posture
Ubujurire Mu Rubanza Nshinjabyaha / Urukiko Rw’ubujurire Rwasuzumye Ubujurire Bw’abaregwa Ku Mwanzuro W’urukiko Rukuru
Legal Issues
- 1 Niba inyito y’icyaha yahinduka ikava ku b’ubujura bukoreshejwe intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu ikaba ubujura bukoreshejwe intwaro byateje urupfu
- 2 Niba Ntamugabumwe yagabanyirizwa ibihano
- 3 Niba ibimenyetso byashingiweho mu guhamya Habineza Jean Pierre byari bihagije
Ratio Decidendi
Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko ibikorwa byagaragajwe bigize icyaha cy’ubujura bukoreshejwe intwaro byateje urupfu aho kuba ubujura bukoreshejwe intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu; ko Ntamugabumwe adashobora kongererwa igihano kuko ari we wari wajuriye wenyine, bityo igihano cye cya imyaka 15 kigumaho; kandi ko Habineza Jean Pierre ahamwa n’icyaha kuko yiyemereye mu bugenzacyaha ko yari azi umugambi wo kwiba kandi yari mu bari bagize uruhare mu bikorwa by’icyaha, nubwo yaje guhindura imvugo imbere y’urukiko.
Court Disposition
Ubujurire nta shingiro bufite
Orders
- Ubujurire bwa Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bwanzwe
- Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bahamwa n’icyaha cy’ubujura bukoreshejwe intwaro byateye urupfu
Full Case Text
Judgment text and source record
8 paragraphs
UBUSHINJACYAHA v. HABINEZA N’UNDI [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RPAA00408/2025/CA na RPAA00416/2025/CA (Ndahayo, J. P.) 28 Mutarama 2026] Amategeko agenga imanza nshinjabyaha – Inyito y’icyaha – Guhindura inyito y’icyaha – Guhindura inyito y’icyaha ni impamvu ndemyagihugu ishobora kubyutswa aho urubanza rwaba rugeze hose, yaba ibyukijwe n’umuburanyi cyangwa n’umucamanza abyibwirije ikakirwa. Amategeko agenga imanza nshinjabaya – Inyito y’icyaha – Guhindura inyito y’icyaha mu bujurire – Nta cyabuza umucamanza wo mu rukiko rwajuririwe guhindura inyito y’icyaha kabone n’ubwo iyo nyito yaba ikwiye guhanishwa igihano kiruta icyo uregwa yari yarahanishijwe mbere, ariko hakazirikanwa ko iyo uregwa ariwe wajuriye wenyine, urukiko rwajuririwe rudashobora kumwongerera igihano yahawe mu rubanza rwajuririwe, ahubwo hagumaho icyo gihano cyangwa kikagabanywa. Amategeko agenga imanza nshinjabyaha – Icyaha gikozwe n’abantu benshi mu gihiriri – Uruhare rw’ukurikiranweho icyaha gikozwe n’abantu benshi mu gihiriri – Ku cyaha cyakozwe n’igihiriri cy’abantu benshi bayobowe n’uburakari, cyane cyane icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ndetse no kwica, si ngombwa ko ugikurikiranyweho aba nawe yafashe intwaro ngo ateme cyangwa ngo akubite kugira ngo aryozwe icyo cyaha, apfa gusa kuba yari muri iyo mbaga kandi icyaha kikaba cyakozwe. Amategeko agenga imanza nshinjabyaha – Ukwemera icyaha – Agaciro k’imvugo yo kwemera icyaha –Umucamanza uburanisha urubanza mu mzizi ni we ureba agaciro imvugo y’uwiyemereye icyaha mu rwego rw’ipererza ifite, kabone n’iyo nyirayo yageze imbere y’Urukiko akayihindura. Incamake y’ikibazo: Habineza na Ntamugabumwe bagiye kwiba amabuye bitwaje intwaro gakondo mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro, bahasanga abazamu baharinda barabakubita, umwe muri abo bazamu bimuviramo gupfa, ubwo yari kwa muganga mu bitaro bya CHUK. Nyuma y’iperereza, Ubushinjacyaha bwareze aba bombi mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, bubakurikiranyeho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu n’ubujura bukoreshejwe intwaro. Urukiko Rwisumbuye rwabahamije ibyo byaha baregwa, rubahanisha igifungo cy’imyaka 25. Abaregwa bombi bajuririye mu Rukiko Rukuru, Ntamugabumwe asaba kugabanyirizwa ibihano, naho Habineza ajurira asaba kugirwa umwere. Urukiko Rukuru rwaciye urubanza rwemeza ko Abaregwa bombi bahamwa n’icyaha bakurikiranyweho, rwemeza ariko ko bagabanyirizwa ibihano, rubahanisha igihano cy’igifungo kingana n’imyaka 15 kuri buri wese. Ntamugabumwe na Habineza bongeye kujuririra Urukiko rw’Ubujurire, Habineza avuga ko yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu ndetse n’ubujura bwitwaje intwaro nyamara ngo nta ruhare rugaragara yagize mu ikowa ry’ibyo byaha, kuko atigeze yinjira mu kirombe cyangwa ngo yitwaze intwaro, ahubwo yatwaje abakoze ibyo byaha ibyo bari bibye. Ntamugabumwe we yajuriye asaba kongera kugabanyirizwa ibihano kuko kuva mu nzego z’iperereza kugera no muri uru Rukiko yaburanye yemera icyaha, kandi akaba ari ubwa mbere akurikiranyweho icyaha ku buryo buzwi.
Muri uru rubanza Ubushinjacyaha buvuga ko inyito y’icyaha Abaregwa bahamijwe y’ubujura bwitwaje intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu igomba guhinduka ikaba ubujura bwitwaje intwaro byateye urupfu, ariko Abaregwa bo bavuga ko guhindura inyito y’icyaha nta kamaro byaba bifite kuko batigeze babyisobanuraho. Ubushinjacyaha buvuga ko Urukiko Rukuru nta kosa rwakoze mu guhamya icyaha Habineza kuko adahakana ko yajyanye na bagenzi be ku kirombe, ibyo avuga ko we atigeze yitwaza intwaro ndetse ko n’uwishwe atari ahari nta shingiro byahabwa, mu gihe yagiye ku kirombe abizi neza ko abagiyeyo bagiye kwiba ndetse akanabatwaza ibyo bibye, bigaragaza umugambi we wo gukora icyaha. Buvuga ko mu mwanzuro bwari bwatanze mbere bwari bwasabiye Ntamugabumwe kuba yagabanyirizwa ibihano, ko ariko kuri ubu imbere y’urukiko busaba ko atagomba kugabanyirizwa ibihano, kuko atagaragaza kwicuza icyaha yakoze ahubwo agenda ahinduranya imvugo ze. Incamake y’icyemezo: 1. Guhindura inyito y’icyaha ni impamvu ndemyagihugu ishobora kubyutswa aho urubanza rwaba rugeze hose, yaba ibyukijwe n’umuburanyi cyangwa n’umucamanza abyibwirije ikakirwa. 2. Nta cyabuza umucamanza wo mu rukiko rwajuririwe guhindura inyito y’icyaha kabone n’ubwo iyo nyito yaba ikwiye guhanishwa igihano kiruta icyo uregwa yari yarahanishijwe mbere, ariko hakazirikanwa ko iyo uregwa ariwe wajuriye wenyine, urukiko rwajuririwe rudashobora kumwongerera igihano yahawe mu rubanza rwajuririwe, ahubwo hagumaho icyo gihano cyangwa kikagabanywa. 3. Ku cyaha cyakozwe n’igihiriri cy’abantu benshi bayobowe n’uburakari, cyane cyane icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ndetse no kwica, si ngombwa ko ugikurikiranyweho aba nawe yafashe intwaro ngo ateme cyangwa ngo akubite kugira ngo aryozwe icyo cyaha, apfa gusa kuba yari muri iyo mbaga kandi icyaha kikaba cyakozwe. 4. Umucamanza uburanisha urubanza mu mzizi ni we ureba agaciro imvugo y’uwiyemereye icyaha mu rwego rw’ipererza ifite, kabone n’iyo nyirayo yageze imbere y’urukiko akayihindura. Ubujurire nta shingiro bufite. Amategeko yashingiweho: Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryahinduwe kugeza ubu, ingingo ya 61, 121 n’iya 170. Imanza zifashishijwe: RPA0010/06/CS - RPA0011/06/CS - RPA0012/06/CS, Ubushinjacyaha v. Sgt Ntaganira na bagenzi be, rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 18/07/2008. RPA0121/07/CS, Ubushinjacyaha v. Munyampundu na Muvunyi Edouard, rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 18/04/2008. RPAA00204/2024/CA, Ubushinjacyaha v. Senyana Bunane n’undi rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/05/2025. RPAA00198/2024/CA, Ubushinjacyaha v. Gatesi Hasina rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 17/04/2025. RPAA00582/2021/CA, Ubushinjacyaha v. Nyiraminani Julienne rwaciwe n’Urukiko rw’ubujurire ku wa 25/02/2025.
RPAA00424/2023/CA, Ubushinjacyaha v. Nkundimana Emmanuel bita Kibamba, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 31/01/2025. RPAA00019/2024/CA, Ubushinjacyaha v. Kigenza Charles bita Toto, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 25/09/2024. RPAA00116/2023/CA, Ubushinjacyaha v. Hakizimana Emmanuel rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/05/2024. RPAA00225/2020/CA, Ubushinjacyaha v. Tuyishimire rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 24/05/2022. Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Ku wa 18/07/2022 abantu baragiye kwiba amabuye ya zahabu mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cy’uwitwa Habineza Jean Marie Vianney giherereye mu mudugudu wa Kagote, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Miyove, mu Karere ka Gicumbi, bakaba bari bitwaje intwaro gakondo zirimo “Fer à béton”, inyundo, inkoni n’ihame, muri ibyo bikorwa by’ubujura bakaba barakubise abazamu barinda icyo kirombe biviramo urupfu uwitwa Iratureba Fulgence waje kwitaba Imana aguye mu bitaro bya CHUK. [2] Abaketswe ko bakoze ibyo bikorwa ni Habineza Jean Pierre na Ntamugabumwe, iperereza rirangiye ubushinjacyaha bwabareze mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, bubakurikiranaho icyaha cy’ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu n’ubujura bukoreshejwe intwaro, aribwo mu rubanza RP00856/2022/TGI/GIC- RP00993/2022/TGI/GIC rwaciwe ku wa 28/12/2022, hemejwe ko bahamwa n’ibyo byaha baregwa, rubahanisha igihano k’igifungo kingana n’imyaka 25. [3] Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bajuririye Urukiko Rukuru, Ntamugabumwe asaba kugabanyirizwa ibihano naho Habineza Jean Pierre we asaba ko hemezwa ko ari umwere. [4] Mu rubanza RPA00273/2023/HC/KIG – CMB RPA00959/2023/HC/KIG rwaciwe ku wa 21/3/2025 hemejwe ko abaregwa bombi bahamwa n’icyaha bakurikiranyweho, rwemeza ariko ko bagabanyirizwa ibihano, rubahanisha igihano cy’igifungo kingana n’imyaka 15 kuri buri wese. [5] Mu gufata icyemezo, Urukiko rwasobanuye ko abaregwa bagiye bavuguruzanya kandi icyaha bakoze bakaba baragikoze ari agatsiko k’abantu benshi kishyize hamwe, akaba ariyo mpamvu bahamwe n’icyaha cy’ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu uwitwa Iratureba Fulgence. Urukiko rwasanze ariko bagomba kugabanyirizwa ibihano mu rwego rwo guhuza igihano n’uburemere bw’icyaha kandi akaba ari ubwa mbere bahaniwe icyaha no kuba mu bujurire bwabo bemera icyaha bagasaba imbabazi. [6] Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bongeye kujuririra Urukiko rw’Ubujurire, urubanza ruhabwa RPAA00408/2025/CA na RPAA00416/2025/CA ruburanishwa ku wa 09/01/2026, Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bunganiwe na Me Ruberwa n. Silas, Ubushinjacyaha buhagarariwe na Mbaragijimana Desire Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu.
[7] Mu mwanzuro utanga ubujurire wa Habineza Jean Pierre n’umwunganizi we avuga ko yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu ndetse n’ubujura bwitwaje intwara nyamara ngo nta ruhare rugaragara yagize mu ikowa ry’icyaha, hakaba nta batangabuhamya bamushinja, ahubwo ko ngo we icyo yemera ari uko yahamagawe nabari bagiye kwiba iyo zahabu bamusaba kubatwaza ibyo bari bibye, ko kandi ubwo abandi binjiraga mu kirombe, we yasigaye hejuru, akaba atagomba kubazwa ibyo abaregwa bakoreye imbere bakubita umuntu kuko we atigeze amanuka mu kirombe ndetse akaba nta bujura yakoze kuko nta ntwaro yari yitwaje. [8] Ntamugabumwe n’umwunganizi we yajuriye asaba kugabanyirizwa ibihano kuko yemeye icyaha kuva mu nzego z’iperereza mu bugenzacyaha, n’ubushinjacyaha ndetse no mu nkiko kandi akaba ari ubwa mbere akurikiranyweho icyaha ku buryo buzwi. [9] Uhagarariye ubushinjacyaha avuga ko hakurikijwe ibikorwa byakozwe n’abaregwa, asanga inyito y’icyaha bahamijwe y’ubujura bwitwaje intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu igomba guhinduka ikaba ubujura bwitwaje intwaro byateye urupfu. Asobanura ko kandi Ntamugabumwe atagomba kugabanyirizwa ibihano kuko bigaragara ko ataragororoka kuko agenda yivuguruza. [10] Ubushinjacyaha busobanura ko nta kosa Urukiko Rukuru rwakoze mu guhamya icyaha Habineza Jean Pierre kuko no mu ubugenzacyaha yemeye icyaha. bukomeza buvuga ko kuba HABINEZA yaragiye aho ku kirombe abizi neza ko abagiyeyo bagiye kwiba ndetse akanabatwaza ibyo bibye, bigaragaza umugambi we wo gukora icyaha. Naho ibyo avuga ko nta ntwaro yari afite, bikaba nta shingiro byahabwa kuko agomba kuryozwa icyaha hashingiye ku mugambi mubisha uhuriweho ((Joint Criminal Enterprise), bigize ubufatanyacyaha. [11] Ikibazo kigomba gusuzumwa akaba ari ukumenya niba hashingiwe ku bikorwa abaregwa bakoze, inyito y’icyaha yahinduka ikaba ubujura bwitwaje intwaro byateye urupfu, kumenya niba Ntamugabumwe yagabanyirizwa ibihano no kumenya niba Habineza Jean Pierre yarahamijwe icyaha nta bimenyetso bikimushinja. II. ISESENGURA RY’IBIBAZO BIGIZE URUBANZA 1) Kubijyanye no kumenya niba inyito y’icyaha abaregwa bakurikiranyweho yahinduka [12] Uhagarariye Ubushinjacya avuga ko hakurikijwe ibikorwa abaregwa bakoze n’uburyo babikozemo aho bagiye kwiba bitwaje intwaro, muri uko kujya kwiba bakaba barakubise umurinzi wari urinze ikirombe bikamuviramo urupfu, asanga ibikorwa bakoze bigize icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu, aho kuba icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu bari bahamijwe n’inkiko zibanza, asaba ko ariko kuba abaregwa batarajuriye, n’ubwo icyaha bakoze giteganyirizwa igihano kinini, ariko hazirikanwa ko ubushinjacyaha butigeze bujurira hanyuma hakagumishwaho igihano bari bahawe mbere. [13] Abaregwa n’umwunganizi wabo basobanura ko guhindura inyito y’icyaha nta kamaro byaba bifite kuko ibyo ubushinjacyaha buvuga ko icyaha cyahinduka kikaba ubujura bwitwaje intwaro byateye urupfu, abaregwa batigeze babyisobanura. UKO URUKIKO RUBIBONA
[14] Hakurikijwe imiburanire y’impande zombi ikibazo kigomba gusuzumwa ni ukumenya niba ibijyanye no guhindura inyito y’icyaha byasuzumwa ndetse no kumenya niba hakurikijwe ibikorwa byakozwe n’abaregwa inyito y’icyaha bahamijwe yahinduka. [15] Ikibazo kijyanye no kumenya niba ibijyanye no gusuzuma inyito y’icyaha byazamurwa aho urubanza rwaba rugeze hose, byasesenguwe mu rubanza RPAA00225/2020/CA, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 24/05/2022, Ubushinjacyaha buburana na Tuyishimire (igika cya 13). Urubanza RPAA00204/2024/CA, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 29/05/2025, Ubushinjacyaha buburana na Senyana Bunane n’undi (igika cya 19), aho Urukiko rwemeje ko guhindura inyito y’icyaha ari impamvu ndemyagihugu ishobora kubyutswa aho urubanza rwaba rugeze hose, yaba ibyukijwe n’umuburanyi cyangwa n’umucamanza abyibwirije ikakirwa. [16] Naho ikibazo kijyanye no kumenya niba umucamanza wo mu bujurire yemerewe guhindura inyito y’icyaha kabone n’ubwo iyo nyito yaba ikwiye guhanishwa igihano kiruta icyo uregwa yari yarahanishijwe mbere, byasesenguwe mu rubanza RPAA00424/2023/CA, rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 31/01/2025, Ubushinjacyaha buburana na Nkundimana Emmanuel bita Kibamba, Urukiko rwasanze nta cyabuza umucamanza wo mu rukiko rwajuririwe guhindura inyito y’icyaha kabone n’ubwo iyo nyito yaba ikwiye guhanishwa igihano kiruta icyo uregwa yari yarahanishijwe mbere, ariko hakazirikanwa ko iyo uregwa ariwe wajuriye wenyine, urukiko rwajuririwe rudashobora kumwongera igihano yahawe mu rubanza rwajuririwe, ahubwo hagumaho icyo gihano cyangwa kikagabanywa. [17] Dosiye igaragaza ko abaregwa kuva mu ubugenzacyaha kugeza mu nkiko zombi baburaniyemo bari bakurikiranweho icyaha cy’ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu, n’ubujura bukoreshejwe intwaro. [18] Urukiko rurasanga ariko hakurikijwe umurongo wagaragajwe haruguru, nta cyabuza urukiko rwajuririwe gusuzuma ibijyanye n’inyito y’icyaha, kuko ari impamvu ndemyagihugu kandi ikaba isuzumwa aho urubanza rwaba rugeze hose yaba izamuwe n’umuburanyi cyangwa se Urukiko rubyibwirije, bityo rero ibivugwa n’abaregwa ndetse n’umwunganizi wabo ko iyo mpamvu itagomba gusuzumwa kuko batigeze biregura ku bikorwa bigize icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu, ntashingiro bifite. [19] Urukiko rukaba rugiye gusuzuma niba ibikorwa byakozwe n’abaregwa bigize icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu nk’uko ubushinjacyaha busaba ko ariyo abaregwa bahanirwa hakurikjwe ibikorwa bakoze. [20] Ingingo ya 170 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko Umuntu wese wiba akoresheje intwaro, aba akoze icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro. Iyo kwiba hakoreshejwe intwaro byateje urupfu cyangwa iyo byakozwe n’agatsiko kishyize hamwe, igihano kiba igifungo cya burundu. [21] Ingingo ya 61 y’Itegeko rimaze kuvugwa iteganya ko habaho impurirane y’ibyaha iyo umuntu umwe (1) yakoze ibyaha byinshi kandi nta na kimwe muri byo cyaciriwe urubanza rwabaye ndakuka. Impurirane y’ibyaha ishobora kuba mbonezamugambi cyangwa mbonezabyaha. Impurirane mbonezamugambi ibaho iyo: igikorwa kimwe ubwacyo gikubiyemo ibyaha byinshi.
[22] Dosiye igaragaza ko ibikorwa bigize icyaha abajuriye barezwe n’ubushinjacyaha ari uko ukujya kwiba mu kirombe gicukurwamo zahabu bitwaje intwaro gakondo, banafite imfunguzo bafunguza aho zahabu iherereye noneho kugirango bagere ku mugambi wabo wo kwiba bakaba barabanje gukubita abazamu barindaga icyo kirombe, bamaze kubakubita barinjira babona kwiba. Muri uko kubakubita rero akaba ariho haviriyemo urupfu umuzamu witwa Iratureba Fulgence. [23] Urukiko ruhereye ku bimaze kuvugwa haruguru byanemejwe n’abaregwa n’ubushinjacyaha, rurasanga icyaha cyakozwe ari ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu giteganyijwe mu ngingo ya 170 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, bityo inyito y’icyaha bahamijwe y’ubujura bwitwaje intwaro ndetse no gukubita no gukomeretsa byateye urupfu ikaba igomba guhinduka. 2) Kumenya niba Ntamugabumwe yagabanyirizwa ibihano [24] Ntamugabumwe n’umwunganizi we basaba ko yagabanyirizwa ibihano kuko yemeye icyaha, akaba ari ubwa mbere akurikiranweho icyaha mu nkiko. Naho ubushinjacyaha buvuga ko mbere mu mwanzuro ubushnjacyaha bwari bwatanze, nabo bari basabye ko Ntamugabumwe yagabanyirizwa ibihano, ko ariko kuri ubu imbere y’urukiko basaba ko atagomba kugabanirizwa ibihano kuko atagaragaza kwicuza icyaha yakoze ahubwo agenda ahinduranya imvugo ze. [25] Urukiko rushingiye ku miburanire y’impande zombi, ikibazo kigomba gusuzumwa akaba ari ukumeynya niba igihano Ntamugabumwe yahanishijwe cyagabanywa hashingiwe ku nyito y’icyaha yahamijwe yagaragajwe haruguru. UKO URUKIKO RUBIBONA [26] Urukiko rurasanga nk’uko byavuzwe mu ngingo ya 170 y’Itegeko No 68/2018 ryavuzwe haruguru riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko iyo kwiba hakoreshejwe intwaro byateje urupfu cyangwa iyo byakozwe n’agatsiko kishyize hamwe, igihano kiba igifungo cya burundu. [27] Urukiko rurasanga rero hakurikijwe ibikorwa Ntamugabumwe yahamijwe bigize icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu, kandi iki cyaha kikaba giteganyirizwa igifungo cya burundu nk’uko bimaze gusobanurwa haruguru dusanga igihano yahanishijwe kingana n’imyaka 15 kitagomba kugabanywa kuko icyaha yahamijwe giteganyirizwa ibihano biruta icyo yahanishijwe, ndetse kikaba kitanagomba kongerwa nk’uko byasesenguwe haruguru mu murongo wibukikjwe haruguru kuko uregwa ariwe wajuriye wenyine. 3) Kumenya niba ibimenyetso byashingiweho mu guhamya icyaha Habineza Jean Pierre bitari bihagije [28] Habineza Jean Pierre n’umwunganira bavuga ko yahamijwe icyaha atakoze kuko we icyo yemera ari uko yahamagawe n’uwitwa Bazavugande ngo aze amutwaze imicanga, aribwo yahise aza abasanga ku kirombe imicanga iri hejuru ahita ayitwara, bakomeza bavuga ko abitwa Dusabimana Jean Claude, Uwiduhaye na Phillipe bari bafashe abazamu mu maboko, abandi bagiye mu kirombe kuzamura imicanga, bayicagura mu dufuka, babanza kumubaza uwamuhamagaye aramubabwira. Bavuga rero ko ngo yabatwaje baragenda, uwapfiriye mu kirombe akaba ataramubonye kuko we atageze hasi ngo arebe ibiri kuhabera.
[29] Uhagarariye Ubushinjacyaha avuga ko ubujurire bwa Habineza Jean Pierre nta shingiro bufite kuko adahakana ko yajyanye na nagenzi be ku kirombe, ibyo avuga ko we atigeze yitwaza intwaro ndetse ko n’uwishwe atari ahari ngo nta shingiro byahabwa kuko kuba yaragiye aho ku kirombe abizi neza ko abagiyeyo bagiye kwiba ndetse akanabatwaza ibyo bibye, bigaragaza umugambi we wo gukora icyaha. Naho ibyo avuga ko nta ntwaro yari afite, bikaba nta shingiro byahabwa kuko agomba kuryozwa icyaha hashingiye ku mugambi mubisha uhuriweho. UKO URUKIKO RUBIBONA [30] Impaka kuri iki kibazo zishingiye ku kumenya niba ibimenyetso byagaragajwe mu rubanza rwajuririwe bitari gushingirwaho mu kwemeza niba Habineza Jean Pierre yarakoze icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu. [31] Mu kubisuzuma hashingirwa ibyemejwe ku bijyanye n’icyaha gikozwe n’abantu benshi mu gihiriri, byasobanuwe mu rubanza RPA0121/07/CS rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 18/04/2008, haburana Ubushinjacyaha na Munyampundu na Muvunyi Edouard, aho rwatanze umurongo ukurikira: ku cyaha cyakozwe n’igihiriri cy’abantu benshi bayobowe n’uburakari, cyane cyane icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ndetse no kwica, si ngombwa ko ugikurikiranyweho aba nawe yafashe intwaro ngo ateme cyangwa ngo akubite kugira ngo aryozwe icyo cyaha, apfa gusa kuba yari muri iyo mbaga kandi icyaha kikaba cyakozwe. Uyu murongo kandi wakomeje gukurikizwa mu manza zaciwe n’uru Rukiko, mu ziheruka gucibwa twavuga nk’urubanza RPAA00116/2023/CA rwaciwe ku wa 29/05/2024 haburana Ubushinjacyaha na Hakizimana Emmanuel (igika cya 14) n’urubanza RPAA00019/2024/CA rwaciwe ku wa 25/09/2024 haburana Ubushinjacyaha na Kigenza Charles bita Toto (igika cya 16) ndetse n’urubanza RPAA00582/2021/CA rwaciwe n’Urukiko rw’ubujurire ku wa 25/02/2025 haburana Ubushinjacyaha na Nyiraminani Julienne (igika cya40). [32] Naho ibijyanye n’agaciro gahabwa imvugo z’uwiyemereye icyaha mu nzego z’iperereza yagera imbere y’urukiko akazihakana, byatanzweho umurongo mu rubanza RPA0010/06/CS - RPA0011/06/CS - RPA0012/06/CS, rwaciwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 18/07/2008, haburana Ubushinjacyaha na Sgt Ntaganira na bagenzi be (igika cya 46), aho Urukiko rwemeje ko Umucamanza uburanisha urubanza mu mzizi ari we ureba agaciro imvugo y’uwiyemereye icyaha mu rwego rw’ipererza ifite, kabone n’iyo nyirayo yageze imbere y’Urukiko akayihindura. Uyu murongo ukaa waragiye ukurikizwa mu manza zitandukanye zaciw en’Uru rukiko nk’urubanza RPAA00198/2024/CA rwaciwe n’Urukiko rw’Ubujurire ku wa 17/04/2025 haburana Ubushinjacyaha na Gatesi Hasina. [33] Ubujurire bwa Habineza Jean Pierre bugamije kumvikanisha ko nta ruhare yagize mu bikorwa byakozwe by’ubujura bwitwaje intwaro byateje urupfu, akaba avuga ko we n’ubwo yari aho ku kirombe ariko atigeze amanuka ngo agemo kuko we yaje gutwara iyo micanga bari bavanye mu kirombe, akaba yari hejuru y’ikirombe akabona abazamu barinda aho ku kirombre bafashwe ndetse ko n’uwishwe atamenya uko yishwe kuko yiciwe imbere mu kirombe. [34] Dosiye igaragaza inyandikomvugo y’ibazwa rya Habineza Jean Pierre mu Bugenzacyaha yo ku wa 22/09/2022 aho yasobanuye uburyo bagiye ku kirombe kwibamo, aho ku gisubizo cya 3 yasobanuye ko uwitwa Habimana Bazavugande yamuhamagaye amubwira ko hari ahantu ashaka kumujyana hakava amafaranga, ko yagiye kumureba mu masaha ya saa mbiri z’ijoro (20:00)
asanga yageze ku kirombe n’abandi bose bahageze, bakaba bari abantu bagera ku icyenda (9). Yakomeje asobanura ko we yari afite itoroshi yamurikishaga ndetse ko yasigaye inyuma n’abandi bacungiye umutekano abari binjiye mu kirombe, kandi zahabu zavuye muri uwo mucanga baje kuzigurisha bamuhamo amafaranga 58.000Frw bamukata amafaranga 2.000Frw kuko we atinjiye mu kirombe. [35] Urukiko rurasanga kuba Habineza Jean Pierre nawe yaragize uruhare mu ikorwa ry’icyaha bigaragazwa n’imvugo ze yiyemereye mu bugenzacyaha aho yasobanuye neza uburyo yagiye ku kirombe abizi neza ko bagiye kwiba, ndetse akaba yariyemereye ko uruhare rwe ari uko ari mu bagumye inyuma barindiye umutekano abari binjiye mu kirombe afite isitimu agenda abamurikiye, ko kandi amaze kwikorera umufuka umwe w’umucanga warimo izo zahabu bari bibye, bagiye kugurisha izo zahabu bamuhamo igihembo kingana n’amafaranga 58.000Frw. [36] Hashingiwe rero ku bisobanuro byose byatanzwe mu bika bibanziriza iki, no ku mirongo yavuzwe haruguru mu gika cya 31 cy’uru rubanza, Urukiko rw’Ubujurire rurasanga Habineza Jean Pierre ahamwa n’icyaha cy’ubujura bukoresheje intwaro byateje urupfu bityo kuvuga ko nta bimenyetso bimuhamya icyo cyaha bikaba nta shingiro bifite, urubanza rwajuririwe ku bimwerekeye rukaba rugomba kugumana agaciro karwo. III. ICYEMEZO CY’URUKIKO [37] Rwemeje ko ubujurire bwa Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre nta shingiro bufite. [38] Rwemeje ko Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bahamwa n’icyaha cy’ubujura bukoreshejwe intwaro byateye urupfu. [39] Rwemeje ko urubanza RPA00273/2023/HC/KIG - CMB RPA00959/2023/HC/KIG, rwaciwe n’Urukiko Rukuru ku wa 21/03/2025 ruhindutse ku bijyanye n’icyaha Ntamugabumwe na Habineza Jean Pierre bahamijwe naho ku bijyanye n’ibihano bahanishijwe by’igifungo kingana n’imyaka 15 bikaba bigumyeho.