UBUSHINJACYAHA v. ISHIMWE
Urukiko rwemeje ko Ishimwe Mignone yemerewe kureka ubujurire bwe kuko ingingo ya 189 y’Itegeko Nº 027/2019 imwemerera kubikora igihe urubanza rutarapfundikirwa burundu; bityo ubujurire bwe nta shingiro bwari bukwiye kugira, naho imikirize y’urubanza RPA00224/2023/HC/MUS igomba kugumaho mu ngingo zose.
Source-derived case information.
- Parties
- Urubanza Rw’ubujurire: Ubushinjacyaha: Ubushinjacyaha; Uregwa / Uwajuriye: Ishimwe Mignone
- Jurisdiction
- Rwanda
- Procedural Posture
- Ubujurire Mu Rubanza Nshinjabyaha / Urukiko Rw’ubujurire Rwemeje Kureka Ubujurire
- Outcome
- ubujurire nta shingiro bufite; kureka ubujurire byemewe
- Legal Topics
- Kureka Ubujurire, Ibiyobyabwenge, Guhamwa N’icyaha Cyo Gutunda Ibiyobyabwenge, Igihano Cy’igifungo N’ihazabu
- Source Language
- rw
Source-derived case record
Summary, issues, holding and outcome
More case intelligence is available
Unlock the full research layer for this judgment.
Parties
Ubushinjacyaha
Urubanza Rw’ubujurire: Ubushinjacyaha
Ishimwe Mignone
Uregwa / Uwajuriye
Procedural Posture
Ubujurire Mu Rubanza Nshinjabyaha / Urukiko Rw’ubujurire Rwemeje Kureka Ubujurire
Legal Issues
- 1 Ese uwajuriye ashobora kureka ubujurire bwe aho urubanza rwaba rugeze hose mbere y’uko rupfundikirwa burundu?
- 2 Ese ubusabe bwa Ishimwe Mignone bwo kureka ubujurire bwe bugomba kwakirwa?
Ratio Decidendi
Urukiko rwemeje ko Ishimwe Mignone yemerewe kureka ubujurire bwe kuko ingingo ya 189 y’Itegeko Nº 027/2019 imwemerera kubikora igihe urubanza rutarapfundikirwa burundu; bityo ubujurire bwe nta shingiro bwari bukwiye kugira, naho imikirize y’urubanza RPA00224/2023/HC/MUS igomba kugumaho mu ngingo zose.
Court Disposition
ubujurire nta shingiro bufite; kureka ubujurire byemewe
Orders
- Rwemeje ko Ishimwe Mignone yemerewe kureka ubujurire bwe.
- Rwemeje ko imikirize y’urubanza RPA00224/2023/HC/MUS rwaciwe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze kuwa 29/04/2025, igumyeho mu ngingo zarwo zose.
Full Case Text
Judgment text and source record
2 paragraphs
UBUSHINJACYAHA v. ISHIMWE [Rwanda URUKIKO RW’UBUJURIRE – RPAA00715/2025/CA (Kaliwabo, J. P.) 06 Gashyantare 2026] Amategeko agenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha – Ubujurire – Kureka ikirego – Uwajuriye yemererwa kureka ubujurire bwe kuko ari uburenganzira ahabwa n’itegeko. Incamake y’ikibazo: Ishimwe yafatanywe ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, arakurikiranwa maze aregwa mu Rukiko Rwisumbuye rwa Rubavu aregwa icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge bihambaye byo mu bwoko bw’urumogi. Yahamijwe icyo cyaha, Urukiko rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000Frw, ajurira mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze narwo rumuhamya icyaha ndetse rugumishaho ibyo bihano. Uregwa yongeye kujurira bwa kabiri muri uru Rukiko rw’Ubujurire asaba ko yakongera kugabanyirizwa igihano, kuko yarangije kugororoka no kumenya ububi bw’icyaha. Mu iburanisha yavuze ko aretse ubujurire bwe kuko asanga ibihano yahawe bidashobora kugabanywa kubw’itegeko. Ubushinjacyaha bwasubije ko, kureka ubujurire ari uburenganzira yemererwa n’amategeko, bityo ko icyifuzo cy’ushinjwa cyahabwa ishingiro. Incamake y’icyemezo: Uwajuriye ashobora kureka ikirego cye cy’ubujurire aho urubanza rwaba rugeze hose, mu gihe urubanza rutarapfundikirwa. Ubujurire nta shingiro bufite. Amategeko yashingiweho: Itegeko No 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura ingingo ya 263 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 11. Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, ingingo ya 189. Nta manza zifashishijwe. Urubanza I. IMITERERE Y’URUBANZA [1] Ishimwe Mignone yakurikiranweho kuba ku wa 09/01/2023 yarakoze icyaha cyo gufatanwa no gutunda ibiyobyabwenge bihambaye byo mu bwoko bw’urumogi aregerwa Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu mu rubanza RP00011/2023/TGI/RBV rwaciwe ku wa 14/02/2023. [2] Muri urwo rubanza, Ishimwe Mignone yahamijwe icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge bihambaye byo mu bwoko bw’urumogi ahanishwa igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000Frw, 1
ajurira mu Rukiko Rukuru,Urugereko rwa Musanze narwo rumuhamya icyaha, rumuhamisha ku gifungo cy’ imyaka 15 n’ihazabu ya 5.000.000Frw. [3] Ishimwe Mignone yajuririye Urukiko rw’Ubujurire, ubujurire bwe bwandikwa kuri RPAA00715/2025/CA, iburanishwa rishyirwa ku wa 4/2/2026, uregwa yitaba yunganiwe na Me Munyansanga Amina Giselle naho Ubushinjacyaha buhagarariwe na Rudatinya N. Gaspard. [4] Mu mwanzuro we w’ubujurire Ishimwe Mignone nta kindi yasabye uretse kongera kugabanyirizwa igihano, kuko yarangije kugororoka no kumenya ububi bw’icyaha. Mu iburanisha ryo ku wa 04/02/2026, Ishimwe Mignone yunganiwe na Me Munyansanga Amina yavuze ko aretse ubujurire bwe kuko asanga ibihano yahawe bidashobora kugabanywa kubw’itegeko. [5] Ubushinjacyaha busubiza ko, kurega ubujurire ari uburenganzira yemererwa n’ingingo ya 189 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, bityo ko icyifuzo cy’ushinjwa cyahabwa ishingiro. UKO URUKIKO RUBIBONA [6] Ingingo ya 189 y’Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, mu gika cyayo cya 2 iteganya ko, Uwajuriye ashobora kureka ikirego cye cy’ubujurire aho urubanza rwaba rugeze hose rupfa gusa kuba rutarapfundikirwa burundu. [7] Urukiko, rushingiye ku ngingo y’Itegeko ivuzwe haruguru, rurasanga kureka ubujurire ari uburenganzira kuri Ishimwe Mignone, bityo ubusabe bwe akaba abyemerewe, hakagumaho urubanza RPA00224/2023/HC/MUS rwaciwe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze kuwa 29/04/2025, mu ngingo zarwo zose. II. ICYEMEZO CY’URUKIKO [8] Rwemeje Ishimwe Mignone yemerewe kureka ubujurire bwe. [9] Rwemeje ko imikirize y’urubanza RPA00224/2023/HC/MUS rwaciwe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze kuwa 29/04/2025, igumyeho mu ngingo zarwo zose. [10] Rutegetse ko igihano cy’igifungo cy’imyaka cumi n’itanu n’ihazabu y’amafaranga 5.000.000 Ishimwe Mignone yahanishijwe kubw’icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, kigumyeho. 2